• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Abasirikari b’u Burundi mu bikorwa by’ubucengezi bugamije kwica abaturage mu bice bigenzurwa na M23.

Abasirikari b’u Burundi mu bikorwa by’ubucengezi bugamije kwica abaturage mu bice bigenzurwa na M23.

Editorial 11 May 2024 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, ITOHOZA, Mu Mahanga

Burya ibanga rya gisirikari riba gusa mu ngabo zikora kinyamwuga, kandi biracyari kure nk’ukwezi mu gisoda cy’u Burundi.

Nguko uko hamenyekanye umugambi w’intwaramuheto, wo gucengera no gutera ibisasu bya “grenades”, ahateranira abantu benshi mu bice bigenzurwa n’umutwe wa M23.

Ibi ni ibyemejwe mu nama yabaye rwihishwa mu mujyi wa Gitega, igahuza Perezida Evariste Ndayishimiye n’abasirikari bakuru, barimo Gen. Prime Niyongabo, Umugaba Mukuru w’igisirikari cy’u Burundi.

Bamaze kubona ko batakaza abasirikari benshi mu ntambara yo muri Kongo, kandi ko nta yandi mayeri yo guhangana na M23, uretse gushakira igisubizo mu bwinshi bw’abayigabaho ibitero icyarimwe, hafashwe imyanzuro irimo kohereza izindi batayo 2 z’abasirikari b’Abarundi mu burasirazuba bwa Kongo, ni ukuvuga ababarirwa hagati y’1500 n’ibihumbi 2.000.

Hemejwe ko abasirikari b’u Burundi bazifashisha FDLR, (kuko imenyereye gucengera kandi ikaba izi neza utwo duce), maze bagacengera mu turere M23 igenzura,kugirango batere izo “grenades” ahateraniye abantu benshi, ndetse banatege za “mines”ahantu henshi nyabagendwa, ku buryo bihitana imbaga.

Ibyo ngo bizagaragaza ko M23 idashoboye kurinda abaturage bayo, maze batangire kuyihunga, ndetse nayo icike intege zo gufata imisozi itagira abantu.

Ibi byemezo birafatwa mu gihe abasirikari b’uBurundi bakomeje kugwa ku rugamba ari benshi cyane, barimo n’abafite amapeti yo mu rwego rwa ofisiye. Ababarirwa mu ijana baherutse kwicirwa i Rubaya honyine, agace gakungahaye mu bukungu, M23 yigaruriye mu cyumweru gishize.

Abamaze gukomereka kimwe n’abafashwe mpiri, kuva Perezida Ndayishimiye yakohereza ingabo kurwanirira Tshisekedi, bo ntibabarika.

Uretse imibare itangwa n’abanyamakuru ndetse n’imiryango mpuzamahanga ishobora kugera ahabera imirwano, Leta y’uBurundi yo ntijya itinyuka gutangaza umubare w’abasirikari bayo badasiba kwicwa no gufatwa bugwate na M23. Iyo imiryango ibajije amakuru y’ababuriwe irengero nyuma yo koherezwa mu butumwa muri Kongo, ubutegetsi bubeshya ko bagiye mu mitwe yitwaje intwaro nka M23, RED-TABARA, TWIRWANEHO n’iyindi.

Uko wahisha amakuru kose ariko, burya inkuru mbi ntiyoberana, kandi ntawe utwika inzu ngo ahishe umwotsi. Iyo miryango iratinda ikamenya ko abayo bahuriye n’akaga mu mashyamba ya Kongo.

Amakuru yizewe ava i Burundi, aravuga ko ubutegetsi bufite impungenge ko mu gihe gito hirya no hino mu gihugu hashobora kuba imyigaragambyo karundura y’ababuze ababo.

Magingo aya ndetse Imbonerakure, rwa rubyiruko rwa CNDD-FDD, ngo zamaze guhabwa amabwiriza, imyitozo n’ibikoresho byo kuburizamo iyo myivumbagatanyo, ishobora kuzagwamo abantu benshi.

Birabe ibyuya!

2024-05-11
Editorial

IZINDI NKURU

Minisitiri wa Siporo Nelly Mukazayire yacyeje  Amavubi yatsinze South Sudan 2-1

Minisitiri wa Siporo Nelly Mukazayire yacyeje Amavubi yatsinze South Sudan 2-1

Editorial 29 Dec 2024
Mu isozwa rya CAVB Zone 5 Club Championship 2023 ryitabiriwe na Minisitiri Aurore Mimosa, Police VC na Pipeline WVC zegukanye ibikombe

Mu isozwa rya CAVB Zone 5 Club Championship 2023 ryitabiriwe na Minisitiri Aurore Mimosa, Police VC na Pipeline WVC zegukanye ibikombe

Editorial 20 Nov 2023
U Burundi: Imiryango itari iya leta yabujijwe gukora mu mezi atatu

U Burundi: Imiryango itari iya leta yabujijwe gukora mu mezi atatu

Editorial 28 Sep 2018
Ariko abategetsi b’u Burundi bita Perezida Kagame “umwanzi “, bajya bibuka ko biteranya n’amateka?

Ariko abategetsi b’u Burundi bita Perezida Kagame “umwanzi “, bajya bibuka ko biteranya n’amateka?

Editorial 15 Jan 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda: Dr Stella Nyanzi ufunze yaje mu rukiko atwawe mu maboko nyuma yo kwitura hasi
Mu Rwanda

Uganda: Dr Stella Nyanzi ufunze yaje mu rukiko atwawe mu maboko nyuma yo kwitura hasi

Editorial 10 May 2017
Umunyarwandakazi wa mbere  yambitswe ikamba rya gikomando mu ngabo z’ Amerika zirwanira mu kirere
ITOHOZA

Umunyarwandakazi wa mbere yambitswe ikamba rya gikomando mu ngabo z’ Amerika zirwanira mu kirere

Editorial 31 May 2017
Mu myaka 7 u Rwanda rushobora kuzaba rufite ibikorwa remezo bikomeye
Amakuru

Mu myaka 7 u Rwanda rushobora kuzaba rufite ibikorwa remezo bikomeye

Editorial 26 Sep 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru