• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Abatuye muri Kirehe bakanguriwe kwitabira gahunda zigamije kurwanya Maraliya

Abatuye muri Kirehe bakanguriwe kwitabira gahunda zigamije kurwanya Maraliya

Editorial 21 Sep 2016 Mu Mahanga

Umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda mu karere ka Kirehe, Superintendent of Police (SP) James Rutaremara yakanguriye abagatuyemo kwitabira gahunda za Leta zigamije kurwanya Maraliya zirimo iyo gutera umuti mu mazu wica umubu uyitera.

Ibi yabivuze ku itariki 19 Nzeri mu nama we n’Umuyobozi w’aka karere wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage, Mukandarikanguye Jerardine n’uyobora 53 Infantry Battalion, Lt Col. Richard Mundore bagiranye n’abaturage basaga 1500 bo mu mirenge ya Kirehe na Kigina, yo mu karere ka Kirehe.

Abitabiriye iyo nama yabereye mu kagari ka Nyabikokora, ho mu murenge wa Kirehe babanje gukora urugendo rureshya na kilometero imwe rwo gukangurira abantu gufata ingamba zo kwirinda Maraliya.

Mu butumwa bwe, SP Rutaremara yababwiye ati:” Maraliya n’ubundi burwayi ni imbogamizi ku mutekano urambye mu muryango n’iterambere ryawo. Birakwiye rero ko abantu bafata ingamba zituma bagira ubuzima buzira umuze kuko ari wo musingi w’ubuzima bwiza.”

Mu byo yabakanguriye gukora harimo kurara mu nzitiramubu iteye umuti, gutema ibihuru biri hafi y’amazu, no gusiba ibyobo bishobora kurekamo amazi yakororokeramo imibu itera ubwo burwayi.

Yabasabye kandi kwirinda ingengabitekerezo y’ubutagondwa n’ubuhezanguni, kandi bakagira uruhare mu kubirwanya batanga amakuru y’abayifite cyangwa abayikwirakwiza.

Mu ijambo yagejeje kuri abo baturage, Mukandarikanguye yabasabye kwitabira iyo gahunda yo gutera umuti mu mazu ababwira ko nta ngaruka mbi ugira ku buzima.

Yababwiye ati:”Uburwayi butuma umuntu adakora ngo yiteze imbere. Mukwiriye kurangwa n’isuku kugira ngo mubwirinde, bityo mugire ubuzima buzira umuze.” Yabasabye kubahiriza no gukurikiza amabwiriza y’iyo gahunda.

-4122.jpg

Umubu utera Malariya

RNP

2016-09-21
Editorial

IZINDI NKURU

‘Ntabwo tuzakomeza kwihanganira umuco wo gutanga Serivisi mbi’ – Minisitiri Murekezi

‘Ntabwo tuzakomeza kwihanganira umuco wo gutanga Serivisi mbi’ – Minisitiri Murekezi

Editorial 01 Feb 2017
Gicumbi: Abanyeshuri bigishijwe amategeko y’umuhanda n’imikoreshereze yawo

Gicumbi: Abanyeshuri bigishijwe amategeko y’umuhanda n’imikoreshereze yawo

Editorial 20 Oct 2016
Rusizi:FARDC yashyikirije RDF abarwanyi bo mu mutwe wa CNRD bagera hafi kuri 300

Rusizi:FARDC yashyikirije RDF abarwanyi bo mu mutwe wa CNRD bagera hafi kuri 300

Editorial 16 Dec 2019
Impamvu  Oda GASINZIGWA yirukanywe muri Guverinoma

Impamvu Oda GASINZIGWA yirukanywe muri Guverinoma

Editorial 24 Mar 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umuzima n’uwande ?Uwapfuye ni Uwande ? (1Abami 3:16-28)-Pastor Ev. Habimana Francois
Mu Mahanga

Umuzima n’uwande ?Uwapfuye ni Uwande ? (1Abami 3:16-28)-Pastor Ev. Habimana Francois

Editorial 17 May 2016
Diane Rwigara n’Umuryango we nyuma  yo guhatwa ibibazo  baraye basubijwe murugo na Polisi
ITOHOZA

Diane Rwigara n’Umuryango we nyuma yo guhatwa ibibazo baraye basubijwe murugo na Polisi

Editorial 05 Sep 2017
Sobanukirwa impamvu iteka Umushakashatsi Tom Ndahiro adafata Ingabire Victoire Umuhoza nk’Umunyapolitike ahubwo akamufata nk’Umujenosoideri w’Umugome
Amakuru

Sobanukirwa impamvu iteka Umushakashatsi Tom Ndahiro adafata Ingabire Victoire Umuhoza nk’Umunyapolitike ahubwo akamufata nk’Umujenosoideri w’Umugome

Editorial 09 Sep 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru