• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Abavuga rikumvikana bo muri Gasabo bahawe ubumenyi ku bukangurambaga bw’isuku n’umutekano

Abavuga rikumvikana bo muri Gasabo bahawe ubumenyi ku bukangurambaga bw’isuku n’umutekano

Editorial 01 Aug 2016 Mu Mahanga

Polisi y’u Rwanda yasabye abavuga rikumvikana bo mu karere ka Gasabo n’abagatuyemo muri rusange kugira uruhare mu kubungabunga umutekano no kwimakaza isuku, ibi bikaba bigamije guteza imbere imibereho myiza y’abaturage.

Ubu butumwa bukurikira igikorwa cy’ubukangurambaga bw’amezi atandatu ku mutekano n’isuku bwatangijwe mu ntangiro z’Ukwakira uyu mwaka ku bufatanye bw’Umujyi wa Kigali na Polisi y’u Rwanda bukaba bugamije gukangurira abantu kurangwa n’isuku no kugira uruhare mu gusigasira umutekano.

Iki gikorwa cy’ubukangurambaga cyo muri Gasabo cyabaye ku itariki 29 Nyakanga, kikaba cyaritabiriwe n’abagera ku 2000 baturuka mu murenge wa Remera barimo abajyanama b’ubuzima, abikorera, abayobozi barimo ab’ibigo nderabuzima, ab’ibigo by’amashuri, n’abayobozi b’amadini.

Mu ijambo yagejeje ku bagize ibi byiciro, ushinzwe imikoranire ya Polisi y’u Rwanda n’abaturage ndetse n’izindi nzego hagamijwe ubufatanye mu kubungabunga umutekano muri aka karere, Inspector of Police (IP) Joseph Nzabonimpa yababwiye ko nta mahoro n’umutekano bishobora kuba ahatari imibereho myiza.

Yagize ati:”Abantu barangwa n’isuku nke baba bafite ibyago byo kwandura indwara zitandukanye. Nk’abavuga rikumvikana murasabwa gufata iya mbere mu gukangurira abaturanyi banyu kurangwa n’isuku ibihe byose.”

Imirenge y’indashyikirwa muri ubu bukangurambaga bugamije kwimakaza isuku no gusigasira umutekano mu Mujyi wa Kigali ihabwa ibihembo bitandukanye.

IP Nzabonimpa yababwiye kandi ati:” Umutekano n’isuku ni magirirane kugira ngo umuntu abashe gutanga serivisi nziza. Ni yo mpamvu bigomba buri gihe kwitabwaho.”

Muri iyo nama, ushinzwe isuku n’isukura mu karere ka Gasabo, Vivine Tuyizere yasabye abagize ibyo byiciro gukangurira abantu kurangwa n’isuku aho bari hose.

Yagize ati:”Isuku ihera mu muryango aho buri wese mu bawugize akwiye kurangwa na yo hanyuma igakomereza n’ahandi. Ndahamya ndashidikanya ko nidukurikiza aya mahame tuzagera kuri byinshi.”

Tuyizere yabibukije ko umutekano n’isuku ari inkingi za mwamba z’iterambere rirambye, bityo ko bitewe n’umuvuduko w’iterambere mu Mujyi wa Kigali abafatanyabikorwa bose bagomba kugira uruhare mu kubumbatira umutekano no kurangwa n’isuku.

Hagati aho, aba bagize ibi byiciro bifatanyije n’abandi batuye mu murenge wa Remera gusibura imiyoboro y’amazi yo ku mihanda no gusiga amarangi kuri zimwe mu nkuta zo ku mihanda.


RNP

2016-08-01
Editorial

IZINDI NKURU

Depite Bob Wine agiye kurega polisi ya Uganda

Depite Bob Wine agiye kurega polisi ya Uganda

Editorial 20 Oct 2017
Kicukiro: Abantu 150 bagize ibyiciro bitandukanye basabwe gushyiraho ingamba zo kwirinda inkongi z’imiriro

Kicukiro: Abantu 150 bagize ibyiciro bitandukanye basabwe gushyiraho ingamba zo kwirinda inkongi z’imiriro

Editorial 01 Apr 2016
“Quartier miroir” i Bujumbura: Amazu y”akataraboneka y’Abajenosideri ba FDLR

“Quartier miroir” i Bujumbura: Amazu y”akataraboneka y’Abajenosideri ba FDLR

Editorial 21 Dec 2024
Himbara yanenzwe bikomeye nyuma yo kwibasira abadepite b’abagore mu Rwanda

Himbara yanenzwe bikomeye nyuma yo kwibasira abadepite b’abagore mu Rwanda

Editorial 03 Oct 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Angola: Bwa mbere kuva mu 1979 hagiye kuba amatora Perezida Dos Santos atazitabira
Mu Rwanda

Angola: Bwa mbere kuva mu 1979 hagiye kuba amatora Perezida Dos Santos atazitabira

Editorial 22 Aug 2017
Shadyboo yamennye ibanga rituma abahanzi baza mu Rwanda bifuza kumubona imbona nkubone
INKURU ZAKUNZWE CYANE

Shadyboo yamennye ibanga rituma abahanzi baza mu Rwanda bifuza kumubona imbona nkubone

Editorial 13 Mar 2018
Nyakwigendera Pierre Buyoya wigeze kuba Perezida w’u Burundi yashyinguwe I Bamako muri Mali, Nta ntumwa y’u Burundi yitabiriye uyu Muhango wo kumuherekeza
Amakuru

Nyakwigendera Pierre Buyoya wigeze kuba Perezida w’u Burundi yashyinguwe I Bamako muri Mali, Nta ntumwa y’u Burundi yitabiriye uyu Muhango wo kumuherekeza

Editorial 30 Dec 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru