• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»POLITIKI»Ab’i Rusororo basabye Abakandida depite ba FPR ubuvugizi ku kibazo cy’amazi

Ab’i Rusororo basabye Abakandida depite ba FPR ubuvugizi ku kibazo cy’amazi

Editorial 31 Aug 2018 POLITIKI

Abaturage bo mu Murenge wa Rusororo muri Gasabo, basabye abakandida b’Abadepite bahagarariye Umuryango FPR-Inkotanyi n’amashyaka bifatanyije ko nibatorwa, bazabakorera ubuvugizi bakegerezwa amazi meza.

Iki cyifuzo bagitanze kuri uyu wa Kane tariki ya 30 Kanama 2018, ubwo aba bakandida bari mu bikorwa byo kwiyamamaza mu Karere ka Gasabo.

Umuturage witwa Bugingo Faustin, yavuze  ko mu Kagari ka Bisenga batuyemo kugira ngo babone amazi bibasaba kujya kuyashaka mu Karere ka Rwamagana.

Yagize ati “Twe icyo twifuza ni uko bazadukorera ubuvugizi tukegerezwa amazi nk’abandi kuko iyo tuyashatse bidusaba kujya i Rwamagana.”

Mukandahiro Salama we yagize ati “Tubonye amazi byadufasha cyane kuko dukora urugendo rurerure tujya kuyashakira i Rwamagana, ikindi tubifuzaho ni ukudufasha tukabona isoko kuko tujya kuriremera i Nyagasambu.”
Umukandida Depite, Cecile Murumunawabo, yemeza ko nibatorwa bazakorera ubuvugizi aba baturage ku buryo ibibazo byabo bikemuka.

Yagize ati “Nidutorwa tuzabakorera ubuvugizi nk’uko twari dusanzwe tubikora ku buryo ikibazo cy’amazi kizaba amateka muri uyu murenge, n’aho iby’amashuri n’isoko byo twizeye ko mu gihe cya vuba bizaba byakemutse kuko biri mu igenamigambi ry’Akarere.”

Meya w’Akarere ka Gasabo Rwamurangwa Stephen, yabwiye aba baturage bo mu Kagari Bisenga ko bashonje bahishiwe.

Yagize ati “Nibyo hari ikibazo cy’amazi ariko turabizeza ko mu mwaka utaha kandi mu mezi ya vuba bazaba bamaze kuyabona.”

Ibikorwa remezo birimo imihanda, amazi meza n’amashanyarazi ntibyasigaye inyuma mu masezerano abaturage bahawe na FPR.

Mu mihigo iteganyijwe mu rwego rw’imibereho myiza y’abaturage muri gahunda ya Guverinoma, harimo ko amazi n’amashanyarazi bizagezwa kuri bose (100%).

Mu bukungu, hazarangizwa imihanda ya kaburimbo ihuza uturere ireshya na kilometero (km) 800 mu gihugu cyose.

Binateganyijwe ko hazubakwa hakanasanwa imihanda mihahirano ireshya na km 2,655; hubakwe imihanda mishya ya kaburimbo ireshya na km 280 mu Mujyi wa Kigali, imijyi iwunganira n’indi mijyi mito.

Nta kabuza ko aba badepite bazagenzura ko ibi bigerwaho.

 

 

Abanyamuryango ba FPR Inkotanyi bitabiriye uyu muhango ari benshi cyane

 

Hari itorero ryasusurukije abanyamuryango ba FPR Inkotanyi

 

Iki gikorwa cyatangijwe n’akarasisi ka za moto nyinshi

 

Ubwo abakandida Depite biyamamazaga

 

Uko byari byifashe mu gikorwa cyo kwamamaza abakandida Depite b’Umuryango wa FPR Inkotanyi mu Karere ka Gasabo

 

Umukandida Depite, Cecile Murumunawabo ari kwiyamamaza

 

Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali wungirije ushinzwe ubukungu, Busabizwa Parfait, nawe yari yitabiriye iki gikorwa

 


2018-08-31
Editorial

IZINDI NKURU

IMPAMVU ZIKOMEYE ZIKWIYE GUSUBIZA INGABIRE VICTOIRE MURI GEREZA

IMPAMVU ZIKOMEYE ZIKWIYE GUSUBIZA INGABIRE VICTOIRE MURI GEREZA

Editorial 19 Jun 2025
Dr. Justin Nsengiyumva wagizwe Minisitiri w’Intebe ni muntu ki?

Dr. Justin Nsengiyumva wagizwe Minisitiri w’Intebe ni muntu ki?

Editorial 24 Jul 2025
Burundi: Umucamanza wigeze intebe y’umukuru w’igihugu ari mu mazi abira

Burundi: Umucamanza wigeze intebe y’umukuru w’igihugu ari mu mazi abira

Editorial 10 Jan 2019
Rukutana yavuguruje Kutesa, ubufatanye bwa Uganda na FDLR bukomeza kujya ahagaragara

Rukutana yavuguruje Kutesa, ubufatanye bwa Uganda na FDLR bukomeza kujya ahagaragara

Editorial 20 Dec 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umujenosideri Yussuf Munyakazi apfuye atarangije igifungo cy’imyaka 25 yari yarakatiwe n’Urukiko Mpuzamahanga Rwashyiriweho u Rwanda.
Amakuru

Umujenosideri Yussuf Munyakazi apfuye atarangije igifungo cy’imyaka 25 yari yarakatiwe n’Urukiko Mpuzamahanga Rwashyiriweho u Rwanda.

Editorial 13 Dec 2020
Geoffrey Zawadi yatorewe kuba Visi Perezida wa FRVB asimbuye Jado Castar, ibyavuye mu nama y’intekorusange y’umukino wa Volleyball
Amakuru

Geoffrey Zawadi yatorewe kuba Visi Perezida wa FRVB asimbuye Jado Castar, ibyavuye mu nama y’intekorusange y’umukino wa Volleyball

Editorial 18 Mar 2023
Abayobozi b’u Burundi barashinja Abagande kutagira ibanga
INKURU NYAMUKURU

Abayobozi b’u Burundi barashinja Abagande kutagira ibanga

Editorial 16 Dec 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru