• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»POLITIKI»Afurika y’Epfo yagennye Ambasaderi mushya wayo mu Rwanda

Afurika y’Epfo yagennye Ambasaderi mushya wayo mu Rwanda

Editorial 27 Jan 2020 POLITIKI

Afurika y’Epfo yamaze kugena Ambasaderi mushya wayo mu Rwanda, nyuma y’umwaka nta ambasaderi igira usimbura George Nkosinati Twala.

Mu Ukuboza 2018 nibwo uwari Ambasaderi wa Afurika y’Epfo mu Rwanda, George Nkosinati Twala yahamagajwe i Pretoria, nyuma y’uko manda ye yari yararangiye.

Icyo gihe hari hashize iminsi hari umwuka mubi wakuruwe n’ibitutsi bivugwa ko byatutswe uwari Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Afurika y’Epfo, Lindiwe Sisulu, biturutse mu Rwanda.

Umunyamabana wa Leta ushinzwe umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, Olivier Nduhungirehe yabwiye The East African ko Afurika y’Epfo yamaze kuboherereza amazina ya ambasaderi mushya, gusa yirinda kumutangaza kuko u Rwanda “atari rwo rugena itariki nyayo azagerera i Kigali”.

Ibihugu byombi byamaze kwemeranya kuri ambasaderi mushya gusa nta na kimwe kiremera gutangaza uwo ari we.

Ikinyamakuru The East African cyatangaje ko gifite amakuru yizewe y’uko Mandisi Mpahlwa w’imyaka 60 ari we wagizwe Ambasaderi mushya wa Afurika y’Epfo mu Rwanda. Cyavuze ko yemejwe mu Ukwakira umwaka ushize, isaha n’isaha akaba yagera i Kigali agatangira imirimo.

Mpahlwa asanzwe ari ambasaderi wa Afurika y’Epfo muri Mozambique, manda ye muri icyo gihugu irarangira muri uyu mwaka.

Yigeze kuba Minisitiri w’ubucuruzi, anakora mu yindi myanya muri Guverinoma ya Afurika y’Epfo guhera mu 2004.

Nduhungirehe yavuze ko umubano w’u Rwanda na Afurika y’Epfo umeze neza, ndetse ngo n’ibibazo bihari bari kubikemura.

Yagize ati “Umubano wacu na Afurika y’Epfo ni mwiza. Twagize ibibazo mu minsi yashize ariko turi gukorana ngo tubikemure. Ambasaderi wacu mushya muri Afurika y’Epfo yakiriwe neza i Pretoria, na ambasaderi wabo mu Rwanda yeremewe.”

Nduhungirehe yavuze ko bari no gukemura ibindi bibazo biri hagati y’ibihugu byombi.

Mu Ukwakira 2019, Perezida Paul Kagame yakiriye Jeff Radebe, intumwa yihariye ya Perezida wa Afurika y’Epfo, Cyril Ramaphosa. Nyuma y’aho abakuru b’ibihugu bombi Kagame na Ramaphosa bahuriye i Sochi mu Burusiya bagirana ibiganiro aho bari bitabiriye inama ihuza u Burusiya na Afurika.

Muri Nyakanga 2019, u Rwanda rwasimbuje uwari Ambasaderi warwo muri Afurika y’Epfo, Vincent Karega wari uhamaze imyaka umunani, asimburwa na Ambasaderi mushya, Eugène Kayihura.

Nubwo umubano w’u Rwanda na Afurika y’Epfo ugenda ugarura isura, hari ibitaranoga, cyane cyane ko Afurika y’Epfo icumbikiye Kayumba Nyamwasa ukuriye RNC n’Umutwe w’abarwanyi wa P5, uhuriweho n’amashyaka atanu arwanya Leta y’u Rwanda.

Uyu mutwe wakomeje gutegura ibikorwa bigamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda no kugirira nabi ubutegetsi buriho ndetse bamwe mu bari bawugize barimo umuyobozi wabo Rtd Major Mudathiru Habib, barimo kuburanishwa n’inkiko za gisirikare mu Rwanda, nyuma yo gufatwa n’ingabo za RDC, abandi bakishyikiriza MONUSCO.

Kugeza ubu kandi Abanyarwanda bakomeje kugorwa no kubona viza zo kwerekeza muri Afurika y’Epfo, ikibazo Perezida w’icyo gihugu, Cyril Ramaphosa aheruka kuvuga ko kigiye gukemurwa, ariko imyaka igiye kuba ibiri bitarashoboka.

2020-01-27
Editorial

IZINDI NKURU

U Rwanda rwanzuye kutavugurura amasezerano y’imikoranire na Human Rights Watch

U Rwanda rwanzuye kutavugurura amasezerano y’imikoranire na Human Rights Watch

Editorial 06 Mar 2018
Burundi: Ntagitunguranye CNDD-FDD yihaye imyanya yose mu matora atarimo abo bari bahanganye

Burundi: Ntagitunguranye CNDD-FDD yihaye imyanya yose mu matora atarimo abo bari bahanganye

Editorial 12 Jun 2025
Perezida Kagame mu guharanira Amahoro ni Indashyikirwa “Emir wa Qatar”

Perezida Kagame mu guharanira Amahoro ni Indashyikirwa “Emir wa Qatar”

Administrator 21 Nov 2025
Nahimana Thomas ntahejwe gutaha mu Rwanda amarembo arakinguye

Nahimana Thomas ntahejwe gutaha mu Rwanda amarembo arakinguye

Editorial 27 Jan 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

CHAN 2018: U Rwanda rwatsinze Guinée Equatoriale
IMIKINO

CHAN 2018: U Rwanda rwatsinze Guinée Equatoriale

Editorial 20 Jan 2018
Zambia ntiyisubize mu mwiryane nk’uwo muri za 90
Mu Rwanda

Zambia ntiyisubize mu mwiryane nk’uwo muri za 90

Editorial 18 Aug 2016
Isano ya Museveni n’urupfu rwa Kirumira rwashegeshe imitima y’Abanya-Uganda
INKURU NYAMUKURU

Isano ya Museveni n’urupfu rwa Kirumira rwashegeshe imitima y’Abanya-Uganda

Editorial 12 Sep 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru