• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Akaga ba mukerarugendo bahura nako kubera ruswa yayogoje inzego za Uganda ku mipaka.

Akaga ba mukerarugendo bahura nako kubera ruswa yayogoje inzego za Uganda ku mipaka.

Editorial 01 Jul 2019 HIRYA NO HINO, INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE, Mu Mahanga

Umwera uturutse ibukuru ngo bucya wakwiriye hose. Mu gihe mu nzego z’ubuyobozi bwo hejuru muri Uganda buregwa ruswa, uri ku isonga akaba Perezida Museveni na Sam Kahamba Kutesa Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga ndetse Abadepite mu nteko nshinga mategeko muri Uganda bakaba barasabye ko Sam Kutesa yakwegura nyuma yaho agaragaweho ruswa yahawe muri 2016. Iyo ruswa bayimuhaye ubwo yari Perezida w’inama rusanga y’umuryango w’abibumbye maze ayo mafaranga anoherezwa muri Uganda.

Si uyu muyobozi wa Uganda gusa uvugwaho ruswa kuko hari n’abandi byabayeho; muri Mata uyu mwaka, umunyamabanga wa Leta ushinzwe umurimo n’inganda muri Uganda, Herbert Kabafunzaki, yatawe muri yombi na polisi afatiwe mu cyuho yakira ruswa ayihawe n’umwe mu baherwe bakomeye muri Uganda.

Ubu rero noneho Ruswa iravuza ubuhuha mu nzego za Uganda zikorera ku mipaka Uganda ihuriyeho n’uRwanda. Urugero ni akaga ba mukerarugendo bahura nako kubera ruswa yayogoje inzego za Uganda ku mipaka.

Umutangabuhamya akaba umwe muri ba mukerarugendo basuye Uganda, yanditse amarorerwa yahuye nayo yakwa ruswa mu buryo bukabije ubwo we na mugenzi we bambukaga umupaka bava mu Rwanda berekeza muri Uganda.

Nyirukwandika ibyamubayeho na mugenzi we yavuze ko kuva mu Rwanda byari byoroshye, hakurikijwe ibisabwa. Ibintu byaje guhinduka ubwo bakandagiraga ku butaka bwa Uganda. Umukozi w’umugore w’urwego rushinzwe abinjira n’abasohoka muri Uganda yarebye pasiporo zabo maze azishyikiriza police ikorera k’umupaka. Kasim na mugenzi we batekereje ko ari ibisanzwe ariko ibyo batekerezaga byaje guhinduka ukundi.

Ako kanya babwiwe ko bidashoboka kwambuka, ko tugomba gusubira inyuma tukajya kunyura ku kibuga cy’indege i Kigali niba dushaka kwinjira muri Uganda, ariko bwari uburyo bwo kubatera ubwoba ngo babone icyuho cyo kubaka ruswa.

Nyuma baje kubwirwa ko visa bari bafite (East African Tourist visa) itemewe gukoreshwa kubaca ku mipaka y’ubutaka.

Kasim na mugenzi we bakomeje gusobanura ariko biba iby’ubusa. Kasim ntiyakozwaga igitekerezo cyo gutanga ruswa ngo bakomeze urugendo rwabo ariko mugenzi we amwereka ko nta mahitamo uretse gusubira i Kigali. Nibwo bahise babaza uwo mupolice wa Uganda uburyo bafashwa namafaranga batanga.

Uwo mu police yahise agaragaza akanyamuzena ku maso bitandukanye n’isura yari yafunze ubwo yababwiraga ko batinjira; maze bamuha amadolari 20 kuri we na mugenzi we wa imigration, wahise ayatera utwatsi asaba amadolari 200! Bamusobanuriye ko iyo baza kugira amadolari 200 bari gufata indege batari kwirirwa baca k’umupaka wo hasi.

Kasim na mugenzi we bongeye kugerageza kubaha ibihumbi 25 by’amanyarwanda (bingana n’amadolari 27) ariko biranga biba iby’ubusa.

Bategereje isaha irenga, nyuma yuko abandi bagenzi bamaze kurangiza ibisabwa byo kwinjira muri Uganda, bo basigara bonyine.

Byaje kugera aho mugenzi wa Kasim amwaka ama pound 50 (angana n’amadolari 63) kugirango bayatange abagande bayagabane, ubwo ninako aba police baje kuba batatu buri wese agenda agira umubare w’amafaranga (ruswa) yaka.

Baje guha ama pound 50 umwe mu ba police, nawe ayashyira wa mugore wo muri imigration wagombaga kubonaho akabona kubaterera uruhushya (stamp) rubemerera kwinjira.

Mu gihe bari biruhukije ko bikemutse batanze ruswa bagiye gukomeza, umwe muri baba police yaje abakirikiye abaka ya mafaranga y’amanyarwanda, bitaba ibyo agatesha agaciro uruhushya (stamp) bari bamaze kubona.

Yaje gufata pasiporo ya Kasim maze asiba stamp yari irimo, biba ngombwa ko bamwongera ama pound 16 kugirango Kasim abone indi stamp.

Nguwo rero wa mwera uturutse ibukuru…Umushinjacyaha w’umunyamerika yahamije ibyaha abagabo babiri guha ruswa ministiri  muri leta ya Uganda ushinzwe ububanyi n’amahanga Sam Kahamba Kutesa n’undi muyobozi mu gihugu cya Chad.

Dr. Chi Ping Patrick Ho, ufite imyaka 68 akaba umwenegihugu wa  Hong Kong, na  Cheikh Gadio, ufite imyaka 61, akaba umunya Senegal bahamijwe n’urukiko rwa Manhattan muri New York nyuma yo guha ruswa y’amadolari 500,000 (miliyari imwe na miliyoni Magana umunani mu mashilingi ya Uganda).

2019-07-01
Editorial

IZINDI NKURU

Itangazo ryo kubika ryasohowe na FDLR rijijisha urupfu rwa Ge. Mudacumura

Itangazo ryo kubika ryasohowe na FDLR rijijisha urupfu rwa Ge. Mudacumura

Editorial 19 Sep 2019
Uganda: ni mpamvu ki ibinyoma ku Rwanda bikomeje kwiyongera?

Uganda: ni mpamvu ki ibinyoma ku Rwanda bikomeje kwiyongera?

Editorial 21 Nov 2017
Nyarugenge: Urubyiruko rw’abaskuti  rwakanguriwe kurwanya icuruzwa y’abantu

Nyarugenge: Urubyiruko rw’abaskuti rwakanguriwe kurwanya icuruzwa y’abantu

Editorial 25 Jan 2016
u Rwanda rwashyizwe ku mwanya wa mbere muri Afrika mu bijyanye no kugendera ku mategeko

u Rwanda rwashyizwe ku mwanya wa mbere muri Afrika mu bijyanye no kugendera ku mategeko

Editorial 15 Oct 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Twitege iki kuri guverinoma nshya ya Perezida Tshisekedi yuzuyemo abanyabyaha ruharwa?
Amakuru

Twitege iki kuri guverinoma nshya ya Perezida Tshisekedi yuzuyemo abanyabyaha ruharwa?

Editorial 24 Mar 2023
Pablo Morchon wari umutoza wungirije muri APR FC, yatandukanye nayo asimbuzwa umunya Tunisia Jamel Eddine Neffati w’imyaka 32
Amakuru

Pablo Morchon wari umutoza wungirije muri APR FC, yatandukanye nayo asimbuzwa umunya Tunisia Jamel Eddine Neffati w’imyaka 32

Editorial 26 Jul 2021
Bugesera: Polisi yafashe moto yibwe i Kigali igiye kugurishwa i Burundi
Mu Mahanga

Bugesera: Polisi yafashe moto yibwe i Kigali igiye kugurishwa i Burundi

Editorial 23 Jan 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru