• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ushobora gusiga ikikwirukaho, ariko ntiwasiga ikikwirukamo. Abajenosideri isi yababanye nto, bahora bikanga kugarurwa mu Rwanda.Nta gahinda nko kwikanga gusubira iwanyu!   |   21 Jan 2021

  • Ingabo z’u Rwanda zifite inshingano zidasanzwe zo kurindira umutekano Perezida wa Centrafrique kugera ku muturage wo hasi no gukumira ibitero by’inyeshyamba   |   21 Jan 2021

  • Ibyo umushakashatsi wemerewe kureba inyandiko za Mitterrand yiboneye n’amaso ye, yemeza ko Ubufaransa bwagize uruhare muri Jenoside Yakorewe Abatutsi   |   19 Jan 2021

  • U Burundi bwakajije ingamba zo kwirinda icyorezo cya COVID 19 nyuma y’iminsi bagisuzugura   |   18 Jan 2021

  • Umunyarwanda ati:”Umutindi umuha amata akaruka amaraso”. Patrick Habamenshi, ubuparmehutu buranze burakokamye?!   |   18 Jan 2021

  • Ikipe y’igihugu ya Zimbabwe “The Warriors” yashinje amarozi n’ubupfumu ikipe ya Cameroon yakiriye amarushanwa   |   17 Jan 2021

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Gikomero: Hatashywe sitasiyo ya Polisi yubatswe ku bufatanye n’abaturage

Gikomero: Hatashywe sitasiyo ya Polisi yubatswe ku bufatanye n’abaturage

Editorial 18 Jun 2016 Mu Mahanga

Kuri uyu wa gatanu taliki ya 18 Kamena 2016, hatashywe sitasiyo ya Polisi mu murenge wa Gikomero , mu karere ka Gasabo ikaba yarubatswe ku bufatanye bw’ubuyobozi bw’umurenge wa Gikomero n’abaturage bawo.

Umuyobozi mukuru wa Polisi wungirije ushinzwe ubutegetsi n’abakozi, DIGP Juvenal Marizamunda ari nawe wari umushyitsi mukuru muri uwo muhango, mu ijambo yagejeje ku baturage bagera ku 2000 n’abandi bayobozi b’ibanze bari bahari, yavuze ko, ibi ari ibyiza biva ku bufatanye bwa Polisi n’abaturage ndetse n’izindi nzego.

DIGP Marizamunda yagize ati:”Ibi byose rero ntibyizanye ahubwo ni ku bw’ubuyobozi bwiza bw’igihugu burangajwe imbere n’umukuru w’igihugu cyacu, Nyakubahwa Paul Kagame, mu murongo aduha wo kwishakamo ibisubizo, nta kabuza n’ibitari ibi bizagerwaho dufatanyije.”

Yakomeje agira ati:” Mu izina rya Polisi y’u Rwanda kandi, turashima abaturage nk’abafatanyabikorwa bacu ba mbere kuri byinshi byagezweho dufatanyije, nibyo byabashishije Polisi y’u Rwanda kuba rumwe mu nzego zituma u Rwanda ruba mu bihugu bike bitekanye ku isi, ni ikintu twese dukwiye kwishimira.”

Umuyobozi w’akarere ka Gasabo wungirije ushinzwe ubukungu, Raymond Chretien Mberabahizi mu ijambo rye, yashimye Polisi y’u Rwanda ku buryo yafashije akarere ka Gasabo mu rwego rwo guha abaturage umutekano no kubaha ubukangurambaga butuma bawugira uwabo.
Yagize ati:”Mu minsi mike ishize, aka karere kagizwe n’imirenge 15, kari gafite sitasiyo za Polisi eshatu zonyine, kandi kangana na 58,2% by’umujyi wa Kigali, ibyaha byari byinshi, turashimira cyane ubuyobozi bwa Polisi y’u Rwanda, kuko ubu ibyaha byagabanutse cyane.”

Mberabahizi yagereranyije Polisi mu karere abereye umuyobozi nk’amaraso atembera mu mubiri kubera akamaro ibafitiye, aho yavuze ko ku italiki 3Kamena, akarere kemeje ko mu mpera z’umwaka wa 2017, buri murenge wa Gasabo uzaba ufite inyubako ya sitasiyo ya Polisi ifite n’amacumbi y’abapolisi arimo n’ibikoresho by’ibanze by’ubuzima bwa buri munsi harimo murandasi, n’ibindi.

Yaboneyeho kandi gusaba abaturage ayoboye gukorana bya hafi na Polisi batayishisha kuko aribo ihabereye, akaba yagize ati:” Aya mahirwe mufite yo kugira abapolisi hafi yanyu ntimuyapfushe ubusa, ntimukabagane ari uko mufite ibibazo gusa kuko ari n’abajyanama banyu.”
Yarangije avuga ko ubushake bwo gufatanya buhari ku mpande zombi kandi ko bukwiye gukomeza kuko ibivamo bifitiye akamaro abaturage.

Sitasiyo yatashywe igizwe n’ibiro by’umuyobozi wayo, iby’umugenzacyaha, iby’uwakira ibibazo by’abakorewe ihohoterwa(anti-GBV office), ibyumba bibiri byakira abafungwa b’ibitsina byombi, icyumba cy’ubuhuzabikorwa by’inzego z’umutekano zikorera mu murenge(operation and control room), ari naho hareberwa amashusho ava ku ngenzuramashusho(control camera) enye ziri kuri iyo nyubako, ikaba kandi irimo ibikoresho by’ibanze birimo mudasobwa , intebe n’ameza n’ibindi,….byose bifite agaciro ka miliyoni 9,800 000 z’amafaranga y’u Rwanda.

-3015.jpg

Uyu muhango kandi witabiriwe n’umuyobozi w’inkeragutabara mu Mujyi wa Kigali , Brig.General R.Gacinya , umuyobozi w’ubugenzacyaha muri Polisi y’u Rwanda, Assistant Commissionner of Police(ACP) Theos Badege, umuyobozi wa Polisi mu Mujyi wa Kigali, ACP Felix Bahizi Rutagerura n’abandi.

RNP

2016-06-18
Editorial

IZINDI NKURU

Mu mihango y’amakwe hari aho usanga twimakaza umuco w’ibinyoma

Mu mihango y’amakwe hari aho usanga twimakaza umuco w’ibinyoma

Editorial 15 Jan 2016
Polisi y’u Rwanda n’iya Ecosse byiyemeje ubufatanye mu kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina

Polisi y’u Rwanda n’iya Ecosse byiyemeje ubufatanye mu kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina

Editorial 07 Feb 2017
CIA yemeje ko Khashoggi yicishijwe n’Igikomangoma cya Arabie Saoudite

CIA yemeje ko Khashoggi yicishijwe n’Igikomangoma cya Arabie Saoudite

Editorial 17 Nov 2018
Itorero rya Pantekote mu karere ka Rubavu rikomeje ibikorwa by’ubukangurambaga byo kurwanya ikoreshwa n’itundwa ry’ibiyobyabwenge

Itorero rya Pantekote mu karere ka Rubavu rikomeje ibikorwa by’ubukangurambaga byo kurwanya ikoreshwa n’itundwa ry’ibiyobyabwenge

Editorial 30 Aug 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Hashinzwe Fondasiyo yigenga ikora ubushakashatsi kuri Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse no kurwanya abayihakana

Hashinzwe Fondasiyo yigenga ikora ubushakashatsi kuri Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse no kurwanya abayihakana

12 Jan 2021
Abapolisi benshi cyane muri Washington DC bambariye urugamba, Abantu Bane bamaze gupfa nyuma yuko abashyigikiye Trump binjiye ku ngufu muri Kongere

Abapolisi benshi cyane muri Washington DC bambariye urugamba, Abantu Bane bamaze gupfa nyuma yuko abashyigikiye Trump binjiye ku ngufu muri Kongere

07 Jan 2021
U Rwanda rwahawe igihembo kubera ingamba zihamye zo kurwanya COVID-19 , abirirwaga bakoronga ngo amabwiriza yo kwirinda icyo cyorezo abangamiye uburenganzira bwa muntu bakorwa n’ikimwaro!!

U Rwanda rwahawe igihembo kubera ingamba zihamye zo kurwanya COVID-19 , abirirwaga bakoronga ngo amabwiriza yo kwirinda icyo cyorezo abangamiye uburenganzira bwa muntu bakorwa n’ikimwaro!!

16 Oct 2020
Judi Rever Umunya Canada wahagurukiye guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi, yahawe akato, ahezwa mu ruhando rw’abanyamakuru b’ibihangange!!

Judi Rever Umunya Canada wahagurukiye guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi, yahawe akato, ahezwa mu ruhando rw’abanyamakuru b’ibihangange!!

07 Oct 2020
Ibihe by’Ingenzi byaranze Inkotanyi/RPA ku rugamba intambwe ku yindi

Ibihe by’Ingenzi byaranze Inkotanyi/RPA ku rugamba intambwe ku yindi

02 Oct 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Inzego z’Ubutabazi zo muri Indoneziya zakuye ibice by’imibiri, imyenda ndetse n’ibisigazwa by’ibyuma mu nyanja ya Java, nyuma y’umunsi umwe Boeing 737 ikoze impanuka muri iki gihugu

Inzego z’Ubutabazi zo muri Indoneziya zakuye ibice by’imibiri, imyenda ndetse n’ibisigazwa by’ibyuma mu nyanja ya Java, nyuma y’umunsi umwe Boeing 737 ikoze impanuka muri iki gihugu

10 Jan 2021
Ikigo nderabuzima cya Mbuye muri Ruhango cyahawe ingobyi itwara abarwayi (Ambulance) bemerewe na Ministiri Shyaka Anastase, Abaturage barishimira ko umubare w’ababuraga ubuzima ugiye kugabanuka by’Umwihariko Abana n’Ababyeyi

Ikigo nderabuzima cya Mbuye muri Ruhango cyahawe ingobyi itwara abarwayi (Ambulance) bemerewe na Ministiri Shyaka Anastase, Abaturage barishimira ko umubare w’ababuraga ubuzima ugiye kugabanuka by’Umwihariko Abana n’Ababyeyi

06 Jan 2021
Minisitiri w’intebe w’Ubwongereza yatangaje Ingamba zirimo Guma mu rugo kubera ko icyorezo cya Covid-19 kimaze gufata indi ntera

Minisitiri w’intebe w’Ubwongereza yatangaje Ingamba zirimo Guma mu rugo kubera ko icyorezo cya Covid-19 kimaze gufata indi ntera

05 Jan 2021
Urwego rushinzwe imfungwa n’abagororwa(RCS) rwashyizeho umuvugizi mushya

Urwego rushinzwe imfungwa n’abagororwa(RCS) rwashyizeho umuvugizi mushya

22 Jul 2020
Indwara y’uburenge yongeye kugaragara mu Ntara y’Uburasirazuba

Indwara y’uburenge yongeye kugaragara mu Ntara y’Uburasirazuba

02 Jul 2020
Nyuma yo gukubitirwa muri Kongo, Paul Rusesabagina yacuditse na Manyinya kugirango arebe ko bwacya kabiri

Nyuma yo gukubitirwa muri Kongo, Paul Rusesabagina yacuditse na Manyinya kugirango arebe ko bwacya kabiri

25 Jun 2020
Abatavuga rumwe n’ubutegetsi muri Uganda barabaza Perezida Museveni inyungu afite mu gushotora Rwanda

Abatavuga rumwe n’ubutegetsi muri Uganda barabaza Perezida Museveni inyungu afite mu gushotora Rwanda

16 Jun 2020

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru