• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»POLITIKI»Akanama k’Abaminisitiri ka EAC kajyanywe mu nkiko gashinjwa kutubahiriza amasezerano agenga umuryango

Akanama k’Abaminisitiri ka EAC kajyanywe mu nkiko gashinjwa kutubahiriza amasezerano agenga umuryango

Editorial 24 Jan 2020 POLITIKI

Urugaga rw’Abavoka bo mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (EALS), rwajyanye mu nkiko akanama k’Abaminisitiri b’Umuryango wa Afurika y’Iburasirzuba (EAC) gashinjwa kwica ingingo zitandukanye zikubiye mu masezera yawo.

Akanama k’abaminisitiri ka EAC gasanzwe gafata umwanzuro ku ngingo zitandukanye zireba uyu muryango uhuriweho n’ibihugu bitandatu, karezwe mu rukiko rw’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazub (EACJ) rufite icyicaro Arusha muri Tanzania kuri uyu wa Kane.

EALS ivuga ko inama, ibyemezo n’imyanzuro bikunze gukorerwa muri EAC, akenshi bikorwa Intumwa Nkuru z’ibihugu binyamuryango nta ruhare zabigizemo nyamara atari uko amasezerano yawo abiteganya.

Itangazo EALS yagenewe abanyamakuru rivuga ko nk’urwego rufata ibyemezo muri EAC, akanama k’Abaminisitiri gakwiye kuba ku isonga mu kubahiriza no gushyira mu bikorwa amategeko agenga umuryango nta rwitwazo na rumwe.

Riti “Ikirego cyacu ni uko Inama y’Abaminisitiri yananiwe kubahiriza ibisabwa kuri iyi ngingo.”

EALS ivuga ko gukora inama zitagizwemo uruhare n’Intumwa Nkuru z’ibihugu binyamuryango byatumye habaho ubukererwe mu kugera ku ntego z’amasezerano yawo kandi bigateza amakimbirne n’urujijo mu rugendo rwo kwihuza.

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Ubutwererane n’Umuryango w’Ibihugu bya Afurika y‘Iburasirazuba, akaba ari nawe uyoboye inama y’abaminisitiri bawo, Amb. Nduhungirehe Olivier, yavuze ko nta cyo yavuga ku ngingo yamaze kugezwa mu rukiko.

Mu minsi yashize kandi abanyamategeko bo muri EAC bavuze ko kumurikira Inteko y’uwo muryango (EALA) umushinga w’itegeko watangijwe n’Inama y’Abaminisitiri usanga bigoye mu gihe uba utaremezwa n’Inama ya EAC ishinzwe amategeko n’ubutabera.

Iyi nama igizwe n’Intumwa Nkuru z’ibihugu binyamuryango, abaperezida b’Inkiko z’Ikirenga, Abaminisitiri bashinzwe Ubutabera n’Itegeko Nshinga. Umushinga w’Itegeko ugomba kubanza gusuzumwa n’iryo tsinda mbere y’uko ushikirizwa EALA.

Inama y’Abaminisitiri ya EAC kandi ishinjwa kutubahiriza amasezerano y’umuryango, igategura inama ndetse zigafatirwamo imyanzuro kandi umubare w’abagomba kuba bitabiriye kugira ngo hafatwe umwanzuro utuzuye.

Indi ngingo iyi nama y’Abaminisitiri ivugwaho kwica amasezerano, ni uko ngo yashyizeho komisiyo ishinzwe gutanga ibizamini (Ad Hoc EAC Service Commission) itaremerejwe mu nama y’abakuru b’ibihugu.

Itangazo rya EALS rikomeza rigira riti “Turashaka ko imyanzuro yose Inama y’Abaminisitiri yafashe ihabanye n’amasezerano, cyane cyane irebana n’inama ya 39 yabaye mu Ugushyingo 2019 iteshwa agaciro.”

EALS ivug ko iki kirego kigamije kugira ngo abantu bo muri EAC bajye baha agaciro kandi bubahirize amategeko y’umuryango kugira ngo buri wese abone akamaro ko kwihuriza hamwe.

2020-01-24
Editorial

IZINDI NKURU

U Rwanda kuva muri CEEAC ntacyo ruhombye ahubwo CEEAC niyo ihombye

U Rwanda kuva muri CEEAC ntacyo ruhombye ahubwo CEEAC niyo ihombye

Editorial 10 Jun 2025
Urukiko rwateye utwatsi ubusabe bwa Uganda ku kirego gisaba ko Museveni atongera kwiyamamaza

Urukiko rwateye utwatsi ubusabe bwa Uganda ku kirego gisaba ko Museveni atongera kwiyamamaza

Editorial 23 Feb 2020
Besigye yanenze umunyamakuru wavuze ko pasiporo yahawe Mukankusi wo muri RNC ari impimbano

Besigye yanenze umunyamakuru wavuze ko pasiporo yahawe Mukankusi wo muri RNC ari impimbano

Editorial 21 Mar 2019
Save: ishyaka Green Party  ryakubise igihwereye aho ryagombaga Kwiyamamariza

Save: ishyaka Green Party ryakubise igihwereye aho ryagombaga Kwiyamamariza

Editorial 23 Aug 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Nkurunziza akomeje guhamagarira abayobozi muri leta ye kwikoma u Rwanda
INKURU NYAMUKURU

Nkurunziza akomeje guhamagarira abayobozi muri leta ye kwikoma u Rwanda

Editorial 13 Dec 2018
Urusobe rw’ibibazo PAC yagaragaje byamunze REB
Mu Mahanga

Urusobe rw’ibibazo PAC yagaragaje byamunze REB

Editorial 13 Oct 2016
Igihugu cy’Ubwongereza gishishikajwe no gukomeza gufatanya n’u Rwanda guhangana n’icyorezo cya Coronavirus
Amakuru

Igihugu cy’Ubwongereza gishishikajwe no gukomeza gufatanya n’u Rwanda guhangana n’icyorezo cya Coronavirus

Editorial 10 Dec 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru