• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»ITOHOZA»Akavuyo mu miryango mpuzamahanga ikorera mu Burundi kubera iturufu y’amoko mu kugena abakozi

Akavuyo mu miryango mpuzamahanga ikorera mu Burundi kubera iturufu y’amoko mu kugena abakozi

Editorial 24 Jan 2019 ITOHOZA

Abashinzwe gutera inkunga mu Burundi ntibavuga rumwe ku cyifuzo cya Leta cyerekeranye n’uko imiryango mpuzamahanga itabogamiye kuri leta mu gutanga amakuru arebana n’ubwoko bw’abakozi bayo, kuberako hari urujijo ku miryango yaba yemerewe kuhakorera, bityo bikaba birimo kudindiza ibikorwa by’iterambere.

“Aha niho tudashobora kurenga, kuko dutanga akazi dushingiye ku bunararibonye, n’ubunyamwuga, ntidushingira ku bwoko.” -Dominique Delvigne, Umuyobozi muri , Handicap International

Mu Ukwakira 2018, abayobozi bo mu Burundi bahagaritse ibikorwa byose by’imiryango itegamiye kuri Leta mu gihe cy’amezi atatu (3), bavuga ko iyo miryango ingomba kubahiriza amategeko, bitaba ibyo bakimwa uruhushya rwo gukorera mu Burundi. Cyane cyane, abo bayobozi bashatse gukoresha itegeko ryo muri 2017, reba itegeko rivuga ko [ 2017, rivuga ko  ] abakozi bakorera imiryango itegamiye kuri Leta bagomba kuba bangana na 60% by’abahutu, naho abatutsi bakangana na 40%. Akaba aricyo gipimo gisanzwe gikoreshwa mu gihe gisaga imyaka 10, kuva hasinywa amasezerano ya Arusha y’amahoro, amasezerano yafashije mu guhagarika intambara yari imaze imyaka 12. Imiryango mpuzamahanga ikaba yaramenyeshejwe ko igomba gutanga amakuru y’abakozi bayikorera yerecyeranye n’ubwoko bwabo, banahabwa n’igihe ntarengwa cya 2021.

Imiryango imwe nimwe ikaba yaratanze ayo makuru, ariko kubera imyiryane ishingiye ku moko, iyindi ikaba ifite impungenge y’uko aya makuru ashobora gukoreshwa nabi. Inzego zo mu Burundi zikaba zarabwiye Devex ko imiryango igera ku 10 yamaze kugenda, harimo na Handicap International aho kugirango ikurikize iryo tegeko. Indi miryango nka  Medecins Sans Frontieres [Médecins Sans Frontières], abaganga batagira imipaka ntibaramenya uko bizabagendekera, nyuma yo kwanga kubahiriza iryo tegeko, nubwo bagikorera muri icyo gihugu, aho abaturage bagera kuri miliyoni  3.6, cyangwa kimwe cya gatatu cy’abaturage bose bakeneye ubufasha.

Imiryango mpuzamahanga itegamiye kuri Leta ikorera mu Burundi  mu gihe harimo kujujubya sosiyete sivile

Leta y’UBurundi yahagaritse ibikorwa by’imiryango mpuzamahanga ikorera mu Burundi mu gihe cy’amezi atatu (3), bitwaje ko iyo miryango yananiwe gukurikiza itegeko ryo muri 2017, ariko bamwe bakaba babibona nko gucecekesha sosiyete sivile.

Abaterakunga nabo bakaba batavuga rumwe kuri iki cyibazo, aho imiryango mpuzamahanga ibwira Devex ko imiryango mpuzamahanga iterwa inkunga na Leta Zunze Ubumwe za Amerika bishoboka ko yo yakwemera icyo gipimo cyigena umubare w’abakozi, bihabanye n’icyemezo cyafashwe na bagenzi babo bo mu Burayi. Umuryango mpuzamahanga wa Amerika (USAID) ntiwabashije kugira icyo ubivugaho.

“Imiryango myinshi yo muri Amerika cyangwa se iterwa inkunga na Amerika yabwiwe ko ivangura ridatera ingaruka mbi ntacyo ritwaye, bikaba ari ibyavuzwe n’umudipolomati ukomoka mu Burayi uri mu Burundi.

Ibihabanye nibi, Uwo mudipulomati w’iburayi yavuze ko za Leta zo mu Burayi zikaba zarihanije iyo miryango ko baramutse batanze ayo makuru yerekeranye n’ubwoko bw’abakozi biyo miryango, ko baramutse babikoze, batazongererwa kontaro i Burundi. Umuvugizi wa Minisiteri y’ububanyi n’amahanga y’UBubiligi yavuze ko imiryango igera kuri  20 idashobora gutanga amakuru kandi ko nta numwe wigeze ayatanga.

 

2019-01-24
Editorial

IZINDI NKURU

Rugema Kayumba amaze iminsi mu buroko, ntiyemerewe gukora mu bihugu bya Scandinavia byose

Rugema Kayumba amaze iminsi mu buroko, ntiyemerewe gukora mu bihugu bya Scandinavia byose

Editorial 31 Dec 2019
Maj. Gen. Bayingana wagizwe Umugaba Mukuru w’Ingabo zirwanira mu Kirere ni muntu ki ?

Maj. Gen. Bayingana wagizwe Umugaba Mukuru w’Ingabo zirwanira mu Kirere ni muntu ki ?

Editorial 03 Sep 2019
Ese icyiswe umugambi wo guhirika ubutegetsi bwa Tshisekedi, si ikinamico nka bya bitero byo mu Burundi?

Ese icyiswe umugambi wo guhirika ubutegetsi bwa Tshisekedi, si ikinamico nka bya bitero byo mu Burundi?

Editorial 19 May 2024
Ibinyoma Kongo ihimbira u Rwanda ntibishingiye ku rwango gusa, binafitanye isano n’ubuswa.

Ibinyoma Kongo ihimbira u Rwanda ntibishingiye ku rwango gusa, binafitanye isano n’ubuswa.

Editorial 20 Jul 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Human Rights Watch ikomeje kwifashisha nkana abatangabuhamya b’ibicupuri mu guharabika u Rwanda
Amakuru

Human Rights Watch ikomeje kwifashisha nkana abatangabuhamya b’ibicupuri mu guharabika u Rwanda

Editorial 10 Oct 2023
Pascal Nyamurinda niwe utorewe kuyobora Umujyi wa Kigali
Mu Mahanga

Pascal Nyamurinda niwe utorewe kuyobora Umujyi wa Kigali

Editorial 17 Feb 2017
Urubanza rwa Sosthène Munyemana rukomeje mu bujurire mu Bufaransa
Amakuru

Urubanza rwa Sosthène Munyemana rukomeje mu bujurire mu Bufaransa

Administrator 15 Oct 2025

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru