• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»ITOHOZA»Al Gore, Blair, Kofi Annan n’abaperezida batanu bategerejwe i Kigali mu nama yiga ku buhinzi

Al Gore, Blair, Kofi Annan n’abaperezida batanu bategerejwe i Kigali mu nama yiga ku buhinzi

Editorial 07 Aug 2018 ITOHOZA

Abakuru b’ibihugu na za Guverinoma, abaherwe n’abandi banyapolitiki bakomeye ku Isi barenga 300, bagiye guhurira i Kigali, mu nama mpuzamahanga yiga ku kurengera ibidukikije no guteza imbere ubuhinzi muri Afurika, iteganijwe ku wa 3-7 Nzeri 2018.

Iyo nama mpuzamahanga y’ihuriro Nyafurika ryita ku bidukikije, Africa Green Revolution Forum (AGRF), biteganijwe ko Al Gore wahoze ari Visi Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Kofi Annan, wahoze ari Umunyamabanga mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, Tony Blair wabaye Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza n’abandi bakomeye bazatangamo ibiganiro.

Iyi nama izahuza abakuru b’ibihugu bari hagati ya batatu na batanu, abahagarariye za Guverinoma bagera kuri 15, n’abandi baherwe bakomeye ku Isi nk’Umunyamerika Howard Buffett, Umunya-Zimbabwe Strive Masiyiwa, Umunya-Algeria Issad Rebrab, Umuhinde Sunny Verhese, Umunya Nigeria Aliko Dangote n’abandi.

Uretse abo, iyi nama ishobra kuzitabirwa n’Umuherwe ukomeye ku Isi, Umunya-Amerika Bill Gates, umugore we Melinda Gates n’abahagarariye Rockefeller Foundation igamije guteza imbere imibereho myiza y’abatuye Isi ari nawo wateye inkunga iri huriro rya 2018, rigiye kuba ku nshuro ya Karindwi.

Biteganijwe abazaryitabira bazahuriza hamwe ibitekerezo bizabafasha mu gushakisha miliyoni $30 yo gukora ubuhinzi bugamije impinduka ku mugabane wa Afurika.

Inama nk’izi ebyiri ziheruka zabereye muri Kenya na Côte d’Ivoire, zakusanyirijwemo miliyoni 36$ yo kuzamura ishoramari, kongera umusaruro, guhanga amahirwe y’ishoramari ku bacuruzi baciritse n’abafite imishinga y’ubuhinzi muri Afurika mu gihe cy’imyaka 10.

Umuyobozi w’iryo huriro, Dr. Agnes Kalibata, yabwiye KT Press ko kuba u Rwanda rwaratoranyijwe kwakira inama y’uyu mwaka ari amahirwe yo kugaragaza iterambere rugezeho mu buhinzi no kubona inkunga yo gufasha abikorera bafite imishinga ibushamikiyeho.

Muri iyi nama kandi Komite yigenga ishinzwe gutanga ibihembo, ikuriwe na Olusegun Obasanjo wahoze ayobora Nigeria, biteganijwe ko izatanga igihembo ku muntu cyangwa ikigo cyahize ibindi mu bikorwa bigamije impinduka mu buhinzi muri Afurika.

Biteganijwe ko Perezida Kagame azatangaza inyandiko y’ibyemerejwe i Kigali ‘The Kigali Declaration’, ishishikariza ibihugu gushyira hamwe kugira ngo bigere ku iterambere n’ahazaza heza.

2018-08-07
Editorial

IZINDI NKURU

Turebere hamwe Uruhare rw’izahoze ari Ingabo z’u Rwanda mu itegurwa rya Jenoside yakorewe Abatutsi

Turebere hamwe Uruhare rw’izahoze ari Ingabo z’u Rwanda mu itegurwa rya Jenoside yakorewe Abatutsi

Editorial 04 Mar 2024
Perezida Kenyatta yasoje uruzinduko yagiriraga mu Rwanda

Perezida Kenyatta yasoje uruzinduko yagiriraga mu Rwanda

Editorial 11 Mar 2019
Umuvugizi w’Umwami Kigeli, Benzinge  yahungiye mu Bwongereza, menya impamvu zabyo

Umuvugizi w’Umwami Kigeli, Benzinge yahungiye mu Bwongereza, menya impamvu zabyo

Editorial 13 Nov 2016
FLN [ Force De Libération National ] Umutwe Wa Gisirikare W’impuzamashyaka Ugamije Guhungabanya Umutekano W’u Rwanda

FLN [ Force De Libération National ] Umutwe Wa Gisirikare W’impuzamashyaka Ugamije Guhungabanya Umutekano W’u Rwanda

Editorial 16 Jul 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

CECAFA : Amavubi yatsinze umukino wa mbere, atsinze Tanzania ntibyayabuza gusezererwa
IMIKINO

CECAFA : Amavubi yatsinze umukino wa mbere, atsinze Tanzania ntibyayabuza gusezererwa

Editorial 09 Dec 2017
U Bufaransa : Urukiko rurumva ubujurire ku rubanza rwa Padiri Wenceslas Munyeshyaka
Mu Mahanga

U Bufaransa : Urukiko rurumva ubujurire ku rubanza rwa Padiri Wenceslas Munyeshyaka

Editorial 08 Nov 2017
Ambasaderi Bazivamo yakurikiye umukino APR WVC yatsinzemo Carthage yo muri Tunisia mu irushanwa Nyafurika riri kubera muri Nigeria
Amakuru

Ambasaderi Bazivamo yakurikiye umukino APR WVC yatsinzemo Carthage yo muri Tunisia mu irushanwa Nyafurika riri kubera muri Nigeria

Editorial 03 Apr 2025

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru