• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»POLITIKI»Amaburakindi: Abambari ba FDU bashimuse mugenzi wabo babeshya ko Police yamufashe

Amaburakindi: Abambari ba FDU bashimuse mugenzi wabo babeshya ko Police yamufashe

Editorial 25 Sep 2016 POLITIKI

Taliki ya 18 Nzeri 2016, Ishyaka FDU-Inkingi igice cya Ingabire Victoire cyatangaje ko umurwanashyaka wacyo yaburiwe irengero ashimuswe na Police y’u Rwanda ariko nyuma haje kumenyekana ko Boniface Twagirimana, Visi Perezida wa mbere wa FDU-Inkingi ariwe wamuteje abambari be baramushimuta iminsi ibiri bamufungiye mu nzu iri hafi y’akabari kitwa Belle Etoile ku Gisozi azira ideni afitiye Twagirimana Boniface.

Amakuru y’ishimutwa rya Theophile yahakanywe n’umuvugizi wa Police watangarije Ikinyamakuru Jeune Afrique ko Police itigeze ifunga Theophile ndetse ko nta cyaha na kimwe akurikiranyweho cyatuma atabwa muri yombi.

Ni iki kibyihishe inyuma?

Nkuko biri kugenda bigaragara muri iyi minsi, amashyaka ya Opposition ari kugenda akora ibikorwa (udukoryo) byo gushaka kugaragara mu ruhando mpuzamahanga ngo bagaragaze ko Leta y’u Rwanda ibabangamiye muri iki gihe igihugu cyitegura kujya mu matora y’umukuru w’Igihugu muri 2017.

Si ubwa mbere Boniface agaragaje ibikorwa nkibi kugirango yigaragaze imbere mu gihugu kuko no muri 2015 abambari ba FDU-Inkingi batumwe na Boniface basakuje mu bitangazamakuru ko Police yamufunze ariko icyo gihe Ishami rishinwe Iperereza rya Polisi y’u Rwanda (CID) ryari ryamuhase ibibazo ku byaha yakekwagaho.

Mu gihe bimwe mu bitangazamakuru byavugaga ko Twagirimana afunzwe kuva ku wa 04 Ukuboza 2015, Polisi y’u Rwanda taliki ya 5 Ukuboza 2015 yatangaje ko nyuma yo kumuhata ibibazo no kumuha gasopo bamuretse agataha. Nubwo Polisi itasobanuye ibyo yahatwagaho ibibazo, biravugwa ko yaba ashinjwa ibikorwa bihungabanya umutekano w’igihugu.

-4125.jpg

Theophile Ntirutwa (ibumoso) washimuswe na bagenzi be batumwe na Twagirimana Boniface (iburyo)

Ikigaragara nuko ibikorwa nkibi by’amashyaka ya Opposition bigiye kuziyongera mu minsi iza muri gahunda yo kwimenyekanisha bashaka amafaranga mu buryo bwa rureshywa.

Cyiza Davidson

2016-09-25
Editorial

IZINDI NKURU

Abasirikari b’Afrika y’Epfo bakomeje gusiga ubuzima muri Kongo

Abasirikari b’Afrika y’Epfo bakomeje gusiga ubuzima muri Kongo

Editorial 02 Mar 2024
Ni nde Muyobozi ukwiriye u Rwanda

Ni nde Muyobozi ukwiriye u Rwanda

Editorial 13 Feb 2017
Perezida Kagame yagiriye uruzinduko muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu

Perezida Kagame yagiriye uruzinduko muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu

Editorial 05 Jan 2016
Liberiya: George Weah ategerejwe na benshi mu muhango wo kurahirira kuba umukuru w’igihugu.

Liberiya: George Weah ategerejwe na benshi mu muhango wo kurahirira kuba umukuru w’igihugu.

Editorial 22 Jan 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

APR FC na Rayon Sports zabonye itike yo gukina imikino Nyafurika zizahurira ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro 2025
Amakuru

APR FC na Rayon Sports zabonye itike yo gukina imikino Nyafurika zizahurira ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro 2025

Editorial 01 May 2025
Nyuma y’amezi asaga atatu nta ndirimbo ashyira hanze, Bruce Melodie yifashishije Khaligraph Jones wo muri Kenya bakora iyitwa Sawa Sawa
Amakuru

Nyuma y’amezi asaga atatu nta ndirimbo ashyira hanze, Bruce Melodie yifashishije Khaligraph Jones wo muri Kenya bakora iyitwa Sawa Sawa

Editorial 20 Oct 2021
Uwahoze ari Visi Meya wa Musanze yangiwe kuburana yidegembya nubwo umugore yamusabiye imbabazi
HIRYA NO HINO

Uwahoze ari Visi Meya wa Musanze yangiwe kuburana yidegembya nubwo umugore yamusabiye imbabazi

Editorial 12 Sep 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru