• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Amafoto – Gicumbi FC yegukanye igikombe cya shampiyona yo mu kiciro cya kabiri 2021 itsinze Etoile de l’Est kuri penaliti 14-13

Amafoto – Gicumbi FC yegukanye igikombe cya shampiyona yo mu kiciro cya kabiri 2021 itsinze Etoile de l’Est kuri penaliti 14-13

Editorial 16 Oct 2021 Amakuru, IMIKINO, Mu Rwanda

Kuri uyu wa gatanu ikipe ya Gicumbi FC yegukanye igikimbe cya shampiyona y’ikiciro cya kabiri umwaka w’imikino 2021, ni nyuma yo gutsinda ikipe ya Etoile de l’Est kuri Penaliti 14 kuri 13 nyuma yaho amakipe yombi anganyije ibitego bibiri kuri bibiri mu minota 90 y’umukino.

Ni umukino wabereye kuri Sitade Amahoro i Remera aho ku isaha ya saa cyenda aribwo uyu mukino watangiye, ikipe ya Etoile de l’Est ikaba yinjiye neza muri uyu mukino kuko ubwo hari ku munota wa 28 w’umukino Mudahemuka Claude yabonye igitego cya mbere,mbere y’uko bajya kuruhuka ubwo hari ku munota wa 44 w’umukino Dusange Bertin yatsinze igitego cyo kwishyura.

Bavuye kuruhuka ikipe ya Gicumbi FC yabonye igitego cya kabiri cyatsinzwe na Okenge Lulu Kevin ubwo hari ku munota wa 62 w’umukino, ubwo hari ku munota wa 90 nibwo Gahamanyi Boniface wa Etoile de l’Est yabonye igitego cyo kwishyura bituma amakipe yombi asoza umukino amakipe yombi anganya ibitego bibiri ku bibiri.

Nyuma yo kunganya kw’amakipe yombi hahise hitabazwa penaliti zaje kurangira ikipe ya Gicumbi FC itwaye igikombe itsinze penaliti 14 kuri 13 za Etoile de l’Est.

Mbere y’uyu mukino hari habanje undi mukino wo guhatanira umwanya wa gatatu, uyu mwanya watwawe na Heroes nyuma yaho yatsinze penaliti 4 kuri 3 z’Amagaju FC nyuma yaho uyu mukino wasojwe amakipe yombi anganya igitego kimwe kuri kimwe.

Kuzamuka mu kiciro cya mbere kwa Gicumbi FC na Etoile de l’Est zisanze andi makipe 14 agomba gukina umwaka w’imikino wa 2021-2022 aho ihgomba gutangira ku itariki ya 30 Ukwakira 2021.

Amakipe azakina ikiciro cya mbere umwaka utaha ni APR FC, Rayon Sports, AS Kigali, Police FC, Kiyovu FC, Mukura VS, Bugesera FC, Musanze FC, Etincelles FC, Marine FC, Musanze FC, Gasogi United, Gorilla FC , Rutsiro FC na Gicumbi FC na Etoile de l’Est.

2021-10-16
Editorial

IZINDI NKURU

Nta masomo mukeneye mu kwibungabungira umutekano, ni ukwibukiranya -Guverineri Gatabazi

Nta masomo mukeneye mu kwibungabungira umutekano, ni ukwibukiranya -Guverineri Gatabazi

Editorial 12 Oct 2017
Liverpool vs Man City, Real vs Juve muri ¼ cya UEFA Champions League

Liverpool vs Man City, Real vs Juve muri ¼ cya UEFA Champions League

Editorial 16 Mar 2018
Uwamenye imfura Mukurira, ntiyakwemera ko hari icyo apfana n’imfube Murwanashyaka Thégogène” Gatwa”

Uwamenye imfura Mukurira, ntiyakwemera ko hari icyo apfana n’imfube Murwanashyaka Thégogène” Gatwa”

Editorial 15 Jan 2025
Buri mwaka agiye kujya atanga icya cumi mu kwibuka abazize Jenoside -Senderi International Hit

Buri mwaka agiye kujya atanga icya cumi mu kwibuka abazize Jenoside -Senderi International Hit

Editorial 07 Apr 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kiyovu SC ifashe umwanya wa mbere nyuma yaho Police FC itsinze APR FC 2-1, umukino wa Rayon Sports wo wasubitswe
Amakuru

Kiyovu SC ifashe umwanya wa mbere nyuma yaho Police FC itsinze APR FC 2-1, umukino wa Rayon Sports wo wasubitswe

Editorial 22 Apr 2023
AMAFOTO – APR FC idafite abakinnyi bari mu ikipe y’igihugu yasubukuye imyitozo yitegura umukino wa Musanze FC
Amakuru

AMAFOTO – APR FC idafite abakinnyi bari mu ikipe y’igihugu yasubukuye imyitozo yitegura umukino wa Musanze FC

Editorial 17 Nov 2025
Zimbabwe: Abanyarwanda bafashwe bashaka gutorokana amamiliyoni
ITOHOZA

Zimbabwe: Abanyarwanda bafashwe bashaka gutorokana amamiliyoni

Editorial 07 Jun 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru