• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Amaherezo y’inzira ni mu nzu: Ruharwa Laurent Bucyibaruta arashyize ashyikirijwe ubutabera

Amaherezo y’inzira ni mu nzu: Ruharwa Laurent Bucyibaruta arashyize ashyikirijwe ubutabera

Editorial 09 May 2022 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Hari abajenosideri bibwira ko uko imyaka ihita ari myinshi ariko amahirwe yo gucika ubutabera yiyongera. Ni ukwibeshya ariko, kuko Jenoside ari icyaha kidasaza, imyaka waba ufite yose uzashyikirizwa inkiko uryozwe icyo cyaha ndengakamere.

Umugabo wo guhamya ko ntaho wahungira icyaha cya Jenoside ni Laurent BUCYIBARUTA wari umaze imyaka isaga 28 abundabunda, none kuva kuri uyu wa mbere tariki 09 Gicurasi 2022, Urukiko rw’Abaturage rw’i Paris mu Bufaransa(cour d’Assises)ruratangira kumuburanisha ku ruhare rutaziguye yagize muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

Laurent Bucyibaruta w’imyaka 78 akomoka mu yahoze ari Perefegitura ya Gikongoro, mbere no mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi akaba yari na Perefe w’iyo Perefegitura. Yageze mu Bufaransa mu mwaka w’1997 avuye muri Repubulika ya Santarafrika, akaba ari umwe muri ba “Ruharwa” bakomeje gusabirwa kuburanishwa cyangwa bakoherezwa mu Rwanda, ariko bagakingirwa ikibaba na bamwe mu banyapolitiki b’Ubufaransa.

Abatangabuhamya banyuranye, barimo n’abo bafatanyije gutsemba Abatutsi muri Gikongoro no mu nkengero zayo, bashinja Bucyibaruta gutumiza no kuyobora inama zateguriwemo ibikorwa bya Jenoside yakorewe Abatutsi ahantu hanyuranye nka za Kibeho, Murambi, Munini n’ahandi haguye ibihumbi byinshi by’Abatutsi. Uregwa kimwe n’abamwunganira mu mategeko bahakana ibyaha akurikiranyweho.

Biteganyijwe ko urubanza rwa Laurent Bucyibaruta ruzamara hafi amezi 2, humvwa abatangabuhamya banyuranye, barimo n’abazava mu Rwanda.

Ubwo Jenoside yakorewe Abatutsi yari irimbanyije, hari abaperefe bahise bavanwa ku myanya yabo bashinjwa kugenda biguruntege mu kwihutisa umugambi wa Jenoside ndetse bamwe baranicwa, ariko Laurent Bucyibaruta yagumye ku mwanya we, ndetse ashimirwa”gutsemba inyenzi”.

Uru ni urubanza rwa kane rugiye kubera mu Bufaransa, rukaba urwa mbere rurezwemo umunyapolitiki wo ku rwego rwisumbuye. Abandi baburanishijwe ni ababurugumesitiri 2, umusirikari ufite ipeti rya kapiteni, n’umushoferi.

Mu ruzinduko Perezida w’ Ubufaransa Emmanuel MACRON yagiriye mu Rwanda mu mpera za Gicurasi umwaka ushize, yijeje isi yose ko umuco wo kudahana abajenosideri ugeze ku iherezo, yiyemeza kubashyikiriza inkiko.

Imvugo yaba igiye kuba ingiro rero.

Uretse Bucyibaruta, mu Bufaransa hari abandi bajenosideri benshi cyane, barimo Agatha Kanziga, umugore wa Yuvenali Habyarimana, unafatwa nk’umukuru w’akazu kateguye kakanashyira mu bikorwa Jenoside yakorewe Abatutsi, Col Laurent Serubuga, Gen Aloys Ntiwiragabo, Padiri Wenceslas Munyeshyaka, n’ abandi bamamaye cyane muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

2022-05-09
Editorial

IZINDI NKURU

‘Imana y’ I Rwanda mu Buhinde’-Prof. MALONGA Pacifique

‘Imana y’ I Rwanda mu Buhinde’-Prof. MALONGA Pacifique

Editorial 26 Oct 2016
Polisi y’u Rwanda yasabye urubyiruko rw’Abayisilamu rwo muri Kicukiro gufata iya mbere mu gukumira ibyaha

Polisi y’u Rwanda yasabye urubyiruko rw’Abayisilamu rwo muri Kicukiro gufata iya mbere mu gukumira ibyaha

Editorial 06 Jul 2016
Perezida Museveni yatangiye kwitura abadepite bashyigikiye ihindurwa ry’Itegeko Nshinga

Perezida Museveni yatangiye kwitura abadepite bashyigikiye ihindurwa ry’Itegeko Nshinga

Editorial 25 Dec 2017
Jose Chameleone n’umuvandimwe we bafunzwe

Jose Chameleone n’umuvandimwe we bafunzwe

Editorial 16 Jul 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kigali-Kicukiro : Impanuka y’ikamyo yahitanye abantu 16,  barindwi bahise bitaba Imana mu gihe icyenda bakomeretse bikomeye.
Mu Mahanga

Kigali-Kicukiro : Impanuka y’ikamyo yahitanye abantu 16, barindwi bahise bitaba Imana mu gihe icyenda bakomeretse bikomeye.

Editorial 10 Jun 2016
Mu kwitegura amatora, Tshisekedi yiteze umutego uzamushibukana, ashyira Bemba na Kamerhe muri guverinoma.
Amakuru

Mu kwitegura amatora, Tshisekedi yiteze umutego uzamushibukana, ashyira Bemba na Kamerhe muri guverinoma.

Editorial 28 Mar 2023
Bimwe mu byabaye ku itariki ya 09 Mata 1994
Mu Rwanda

Bimwe mu byabaye ku itariki ya 09 Mata 1994

Editorial 09 Apr 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru