• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Amaherezo y’inzira ni mu nzu: Umujenosideri Col. Cyprien Kayumba agiye gushyikirizwa inkiko mu Bufaransa.

Amaherezo y’inzira ni mu nzu: Umujenosideri Col. Cyprien Kayumba agiye gushyikirizwa inkiko mu Bufaransa.

Editorial 05 Sep 2024 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga, POLITIKI

Amakuru dukesha TV5 MONDE yo mu Bufaransa, aravuga ko ubushinjacyaha n’umucamanza wo mu rukiko rw’i Paris ufite idosiye y’uyu mujenosideri ruharwa, bamaze gukusanya ibimenyetso, igisigaye akaba ari ugutangaza itariki y’urubanza rwa Lt Col Cyprien Kayumba, umaze imyaka 26 muri icyo gihugu

Lt Col Kayumba yari ashinzwe kugira intwaro muri Ex-FAR, igisirikari cy’abajenosideri, ndetse akaba yaranagize uruhare mu kuzinyanyagiza mu nterahamwe.

Ku itariki 17 Gicurasi 1994, ubwo Jenoside yakorewe Abatutsi yari irimbanyije, Akanama ka Loni gashinze Amahoro ku Isi kakomanyirije Leta yiyise iy’Abatabazi mu byo kugura intwaro, kuko byari bimaze kugaragara ko arizo zifashishwa mu gutsemba Abatutsi. Uyu Lt Col Kayumba yarenze kuri uwo mwanzuro, akomeza kuzigura no kuzinjiza mu Rwanda mu mayeri.

Lt Col Kayumba ahakana ibyaha, nyamara inyandiko nyinshi iperereza ryashoye kugwaho, zerekana ko muri Jenoside hagati, hari ibihumbi 450 by’amadolari Lt col Kayumba ubwe, yishyuye sosiyete yo mu Bwongereza icuruza intwaro, MI-TEC, ndetse iyo sosiyete ikomeza guha abicanyi imbunda, amasasu, za grenades, mortiers, roquettes, n’ibindi bikoresho bya gisirikari.

Mu mwaka w’1996, ibinyamakuru byo mu Bwongereza byasohoye inyandiko zivuga uburyo n’aho Ex-FAR igereye muri Zayire yakomeje guhabwa intwaro zagurwaga na Lt Col Kayumba, kuko nko muri uwo mwaka, MIL-TEC yari imaze guha abahoze mu ngabo z’uRwanda ibikoresho bya gisirikari bifite akaciro ka miliyoni hafi eshatu n’igice z’amafaranga akoreshwa mu Bwongereza, icyo gihe zasagaga miliyari 4 uvunje mu manyarwanda.

Lt Col Cyprien Kayumba yageze mu Bufaransa muw’1998. Idosiye ye yatangiye gutegurwa muw’2002, ndetse muw’ 2018 aza gufungwa igihe gito, arekurwa by’agateganyo, ariko abuzwa kurenga imbibi z’uBufaransa.

Uretse kugura intwaro zakoreshejwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi, ubuhamya n’inyandiko-mvugo nyinshi byerekana ko Lt Col Kayumba ari umwe mu bitabiriye inama zayoborwaga Col. Théoneste Bagosora, umwe mu bacuze bakanashyira mu bikorwa umugambi wa Jenoside yakorewe Abatutsi.

Lt Col Cyprien Kayumba w’imyaka 69 y’amavuko, yari azwi cyane nk’umusirikari w’umuherwe mu Rwanda, dore ko ari nawe wari nyiri Hotel Sun City yigeze kugerwaho mu gace ka Nyamirambo.

2024-09-05
Editorial

IZINDI NKURU

Buruseli: Urubanza rw’ubujurire ku ruhare rw’u Bubiligi mu bwicanyi bwabereye kuri ETO Kicukiro rwatangiye

Buruseli: Urubanza rw’ubujurire ku ruhare rw’u Bubiligi mu bwicanyi bwabereye kuri ETO Kicukiro rwatangiye

Editorial 02 Mar 2018
Muri gereza ya Mageragere haravugwa ingengabitekerezo ya Jenoside, Ababishinzwe nimutabare amazi atararenga inkombe

Muri gereza ya Mageragere haravugwa ingengabitekerezo ya Jenoside, Ababishinzwe nimutabare amazi atararenga inkombe

Editorial 19 Oct 2021
Uganda: Ubwoba ni bwose mu nzego z’umutekano kubera amakuru k’uruhare rwa Uganda ari gutangwa na Bazeye hamwe na Abega

Uganda: Ubwoba ni bwose mu nzego z’umutekano kubera amakuru k’uruhare rwa Uganda ari gutangwa na Bazeye hamwe na Abega

Editorial 26 Feb 2019
Advance Party ya Padiri Nahimana na First lady  we yaba yageze mu Rwanda

Advance Party ya Padiri Nahimana na First lady we yaba yageze mu Rwanda

Editorial 29 Jan 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Victoire Ingabire yibukijwe ko igihe cya Muvoma cyo kubiba ingengabitekerezo ya Jenoside cyibagiranye 
Amakuru

Victoire Ingabire yibukijwe ko igihe cya Muvoma cyo kubiba ingengabitekerezo ya Jenoside cyibagiranye 

Editorial 29 Aug 2022
Rwanda women Convention ya mbere izateranira i Montreal muri Canada hagati y’amataliki 16-17 Nzeri 2016.
POLITIKI

Rwanda women Convention ya mbere izateranira i Montreal muri Canada hagati y’amataliki 16-17 Nzeri 2016.

Editorial 29 Aug 2016
INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA
KWAMAMAZA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Editorial 24 Apr 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru