• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»IMIKINO»Amanyanga mubahanzi nyarwanda : Nyuma ya The Ben na Meddy, Alpha Rwirangira yatse ubuhungiro muri Amerika mu ibanga rikomeye!

Amanyanga mubahanzi nyarwanda : Nyuma ya The Ben na Meddy, Alpha Rwirangira yatse ubuhungiro muri Amerika mu ibanga rikomeye!

Editorial 29 Dec 2016 IMIKINO

Mu mwaka w’ 2010, Médard Ngabo (Meddy), Benjamin Mugisha (The Ben) bahagurutse mu Rwanda bagiye kuririmba mu gitaramo kiswe Rwanda Diaspora Urugwiro bajya muri Amerika baherekeje Perezida Kagame mu 2010.

Amakuru avuga ko icyabajyanye bagikoze kuko basusurukije abitabiye icyo gitaramo ariko barangije bahisemo guhita bigumira muri Leta Zunze Ubumwe Z’Amerika, ariko babikoze mu kinyabupfura ntibahita bavuga ko batse ubuhungiro bityo bikomeza kubera urujijo benshi mu bakurikirana umuzika nyarwanda hafi kuko bari bavuye mu Rwanda ari abahanzi bakunzwe cyane.

Bageze muri Amerika bakomeje gukundwa n’abanyarwanda baba aba mu Rwanda cyangwa mu mahanga. Ikibazo cyaje kubaho ni uko bageze muri Amerika bahasanga undi muhanzi w’umunyarwanda Alpha Rwirangira nawe wari umaze kuhagera ahawe uburyo bwo kujya kwiga na Perezida Kagame (presidential scholarship) ibijyanye na muzika nyuma yo kwegukana the East Africa Tusker Project Fame Season 3 mu 2009.

-5169.jpg

Alpha Rwirangira

Amakuru tugikurikirana atangaje ni uko ubu Alpha Rwirangira ngo yaba amaze kurangiza amasomo ye nawe byabaye ngombwa ko aguma muri Amerika ashaka kwisunga Meddy na The Ben ariko kuko batumvikana ndetse bamurusha umuziki banga gukorana nawe.

Ibi ariko si umwihariko wa Alpha Rwirangira gusa kuko abahanzi benshi niko babigenza ngo bagume mu mahanga, urugero rutari kure ni Kitoko nawe watse ubuhungiro mu Bwongereza. Niyo mpamvu benshi muri bo iyo babajijwe igihe bazagarukira mu Rwanda bahitamo kubeshyabeshya cyangwa abagerageje kuza bakabanza guca mu bihugu by’abaturanyi nk’uko The Ben yabigenje agaca Kampala agafata icyangombwa cy’u Rwanda kimwijiza mu Rwanda akaza n’indege ya Rwandair adakorejeje icyangombwa cy’impunzi yahawe n’Amerika kuko amategeko agenga impunzi atemera ko impunzi ijya mu gihugu ivuga ko yahunze.

-5168.jpg

Médard Ngabo (Meddy)

Tugarutse inyuma ariko ikintu kigomba gusobanuka hano ni uko umuntu wese watse ubuhungiro agomba gutanga impamvu zifatika zitumye ahunga kugira ngo ahabwe ubuhungiro. Izo mpamvu akenshi ziba zishingiye ku mpamvu z’umutekano muke cyangwa ihohoterwa n’itotezwa byakorewe cyangwa bishobora gukorerwa uwatse ubuhungiro cyane cyane bikozwe na Leta cyangwa abantu bafite ingufu muri Leta nk’abayobozi cyangwa abashinzwe umutekano!

Nk’umuntu nka Alpha Rwirangira wagiye kwiga ku bufasha bwa Perezida Kagame kugira ngo yake ubuhungiro bisaba ko agomba gusobanura ko umutekano we ugeramiwe ko ndetse na Perezida Ubwe ntacyo yamufasha niba ataravuze ko ariwe umuhiga cyangwa ari muri rimwe mu mashyaka ya Politiki atavuga rumwe n’ubutegetsi bw’u Rwanda.

Ubushize muri Rwanda Day yabereye i San Franscisco muri Amerika abahanzi nka King James, Teta, Meddy n’abandi bagombaga kuririmba ariko Alpha Rwirangira we yasabye kujyamo nawe ngo aririmbe byo kugira ngo nawe agaragare kuko yasaga nk’uwibagiranye kandi ashaka ngo ahishe ko nawe ari mu byo kuvuga nabi Leta yaka ubuhungiro.

Amakuru dufite ubu ni uko Alpha Rwirangira adashobora kuva muri Amerika ubu arimo kugenda yimuka ava mu mujyi umwe ajya mu wundi, kuza mu Rwanda byo ntabwo bishoboka mu myaka iri munsi ya 5 iri imbere kubera ko yatse ubuhungiro.

Tugarutse ku kugera mu Rwanda kwa The Ben amakuru twabonye aravuga ko habayeho ubuvugizi buhambaye kugira ngo The Ben naza mu Rwanda gucuranga hatazagira ugira icyo amubaza ku bijyanye no kujyana na Perezida agakwepa cyangwa kwaka ubuhungiro.

-5167.jpg

Benjamin Mugisha (The Ben)

Biravugwa ko The Ben agomba kubona ubwenegihugu bwa Amerika muri uku kwezi kwa Mutarama 2017, kandi mbere yo kuza mu Rwanda yabanje kubipanga n’umuburanira (avocat/Lawyer) amwizeza ko azamurwanaho akabisobanura neza ku buryo nta kibazo azagira ko Ubwenegihugu bw’Amerika bazabumuha nta kibazo ariko amubuza guca ku kibuga cy’indege cya Kanombe i Kigali ni nayo mpamvu yaciye i Kampala agahindura indege akaza akoresheje icyangombwa cy’u Rwanda.

Amakuru dufite yandi ni uko umwaka utaha na Meddy azajya mu Rwanda muri ubu buryo nk’ubwa The Ben uretse ko ashobora kuba wenda yarabonye Ubwenegihugu bw’Amerika mbere yaho.

-5170.jpg

Kitoko

Ariko si abahanzi gusa ahubwo 70% bajya hanze babeshya ko ari impunzi. cyokora kuri Meddy na The Ben rwose guhera muri Amerika byatanze umusaruro mwinshi kuko ubona ko bamaze kuba ibyamamare mpuzamahanga kandi bakaba bakunzwe n’abanyarwanda bose. Ndetse na Kitoko nawe ni kimwe uyu mwaka yagarukiye Kampala kuko passeport y’ubuhunzi yari afite itamwinjiza mu Rwanda.

Alpha nawe niba ari muri urwo rwego ni byiza. Ariko ku bigaragara Alpha nyuma ya 2009 aho aboneye igihembo cya Tusker Project Fame Season 3 ubona ko nta ntambwe yateye ku buryo mu Rwanda abenshi bamuzi gusa ku mafoto kurusha kuri scène.

Cyiza D.

2016-12-29
Editorial

IZINDI NKURU

Young Africans sc ya Haruna Niyonzima yasezerewe muri Confederations Cup

Young Africans sc ya Haruna Niyonzima yasezerewe muri Confederations Cup

Editorial 14 Aug 2016
Umutoza António Conceição utoza ikipe y’igihugu ya Cameroon akoze impinduka mu rutonde rw’abakinnyi 25 bitegura imikino ya Cap-Vert n’u Rwanda

Umutoza António Conceição utoza ikipe y’igihugu ya Cameroon akoze impinduka mu rutonde rw’abakinnyi 25 bitegura imikino ya Cap-Vert n’u Rwanda

Editorial 19 Mar 2021
Nyuma yo gutsindwa na APR FC, umutoza wa Rayon Sports Guy Bukasa yeguye ku mirimo ye.

Nyuma yo gutsindwa na APR FC, umutoza wa Rayon Sports Guy Bukasa yeguye ku mirimo ye.

Editorial 16 Jun 2021
CHAN 2016 : Ibiciro by’Amatike  ku mukino w’uRwanda na congo Kinshasa  byazamuwe

CHAN 2016 : Ibiciro by’Amatike ku mukino w’uRwanda na congo Kinshasa byazamuwe

Editorial 27 Jan 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Gizenga wabaye Minisitiri w’Intebe kuri Leta ya Joseph Kabila yapfuye
POLITIKI

Gizenga wabaye Minisitiri w’Intebe kuri Leta ya Joseph Kabila yapfuye

Editorial 25 Feb 2019
Mugabe ashobora kongera kwiyamamariza kuyobora Zimbabwe
POLITIKI

Mugabe ashobora kongera kwiyamamariza kuyobora Zimbabwe

Editorial 06 Mar 2018
Abanyarwanda 38.2% ntibatungwa n’ibihumbi 159Frw ku mwaka
UBUKUNGU

Abanyarwanda 38.2% ntibatungwa n’ibihumbi 159Frw ku mwaka

Editorial 06 Dec 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru