• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Amashirakinyoma ku impamvu y’isubikwa ry’inama ya Perezida Kagame na Tshisekedi

Amashirakinyoma ku impamvu y’isubikwa ry’inama ya Perezida Kagame na Tshisekedi

Editorial 16 Dec 2024 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, ITOHOZA, Mu Mahanga, POLITIKI

Abayobozi mu gihugu cya Congo bakomeje kuyobya uburari mu bitangazamakuru ku mpamvu nyamukuru yatumye inama yagombaga guhuza Perezida Tshisekedi na mugenzi we wa Congo Tshisekedi bahujwe na Perezida w’Angola. Ku wa 15 Ukuboza 2024, Perezida wa Congo Félix Antoine Tshisekedi akigera i Luanda, nta minota yashize ibiro bye bihita bitangaza ko inama yari kumuhuza na Perezida Kagame isubitswe.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Olivier Nduhungirehe yagaragaje ko ibyatangajwe n’iki gihugu ari ibinyoma byambaye ubusa kandi ukuri kwabyo kwigaragaza.

Congo yagaragaje ko ingingo yo kuganira mu buryo butaziguye na M23 yazamuwe n’u Rwanda ku wa 14 Ukuboza 2024, habura umunsi umwe ngo abakuru b’ibihugu byombi bahure.

Itangazo u Rwanda rwasohoye ku wa 15 Ukuboza risobanura neza ko iyo nama yarangiye nta mwanzuro ufatika ugezweho kuko RDC yanze ibiganiro na M23, bituma inama y’abakuru b’ibihugu isubikwa kuko nta masezerano y’amahoro yari kuba agisinywe.

Minisitiri Nduhungirehe abinyujije kuri X yagaragaje ko ibyo itangazo rya Perezidansi ya RDC rivuga ari ikinyoma cyambaye ubusa kuko “ikibazo cya M23 cyatangiye kuganirwaho mu biganiro bya Luanda kitazamuwe n’u Rwanda, ahubwo bitangijwe n’umuhuza [Angola] wari wateguye imbanzirizamushinga y’amasezerano y’amahoro akayagaragariza abakuru b’ibihugu by’u Rwanda na RDC ku wa 11 na 12 Kanama 2024.”

Ibi byakurikiwe n’uko umuhuza muri ibi biganiro ari we Angola yatumiye itsinda ry’abo muri M23 hagati ya 31 Kanama na tariki 3 Nzeri 2024 i Luanda, ryitaba riyobowe n’Umunyamabanga Mukuru wayo, Benjamin Mbonimpa, asobanura mu buryo burambuye impamvu za politike zatumye begura intwaro.

Ati “Mu nama ya kane yo ku rwego rwa ba Minisitiri yabaye ku wa 14 Nzeri 2024 i Luanda, u Rwanda rwagaragaje ko rwifuza ko habaho ibiganiro bya politike hagati ya RDC n’umutwe wa M23, hagamijwe gushaka umuti urambye w’intambara, kandi icyo cyifuzo cyanditswe gutyo mu myanzuro y’iyo nama.”

Mu nama yabaye hifashishijwe ikoranabuhanga ku wa 26 Ugushyingo 2024 ikibazo cy’ibiganiro hagati ya RDC na M23 cyongeye kuganirwaho hagati ya ba Minisitiri batatu b’Ububanyi n’Amahanga (u Rwanda, Angola, RDC); ku musozo umuhuza asaba itsinda ry’u Rwanda gutanga mu buryo bwanditse uko uwo mwanzuro waba umeze.

Ku munsi wakurikiyeho, ku wa 27 Ugushyingo 2024 u Rwanda rwoherereje umuhuza inyandiko rwasabwe igira iti “Guverinoma ikwiye kugirana ibiganiro bya politike bitaziguye na M23 hagamijwe gushaka gushaka igisubizo kirambye cy’intambara bakagikemura bagihereye mu mizi.”

Ku wa 28 Ugushyingo 2024 umuhuza yabwiye ba Minisitiri b’u Rwanda na RDC ko “na Perezida João Manuel Gonçalves Lourenço yahamije ko igika kivuga kuri M23 ari cyo kibazo gikomeye cyasigaye kigomba gukemurwa mu mbanzirizamushinga y’amasezerano y’amahoro.”

Minisitiri Nduhungirehe asobanura ko igisubizo cya Guverinoma y’u Rwanda mu ibaruwa yo ku wa 29 Ugushyingo 2024 yandikiwe umuhuza kivuga ko “u Rwanda ruhamije ibirindiro mu murongo w’uko igika kivuga kuri M23 mu mushinga w’amasezerano y’amahoro gisaba guverinoma ya Congo kugirana ibiganiro mu buryo butaziguye na M23 mu gihe kizwi kigumaho.”

Yongeraho ko “icyo gika kibaye kitarimo u Rwanda ntiruzigera rusinya kuri uwo mushinga w’amasezerano y’amahoro.”

Yagaragaje ko mu ibaruwa yo ku wa 30 Ugushyingo, habura iminsi 15 gusa ngo inama y’abakuru b’ibihugu ibere i Luanda muri Angola, umuhuza yamenyesheje u Rwanda ko “uruhande rwa RDC rwemeye kugirana ibiganiro na M23 mu murongo w’ibiganiro bya Nairobi.”

Kuva ubwo RDC yatangiye kuzenguruka mu bitangazamakuru mpuzamahanga igaragaza ko yiteguye kuganira n’u Rwanda mu murongo wo gushakira amahoro u Burasirazuba bwayo, no guhosha umwuka mubi ugiye kumara imyaka itatu.

RDC kandi yavugaga ko izafatanya n’u Rwanda gushakisha, gusenya no gucyura abarwanyi b’umutwe w’iterabwoba wa FDLR ariko bitunguranye iba intandaro y’idindira ry’amasezerano y’amahoro yagombaga gushyirwaho umukono n’abakuru b’ibihugu.

Umutwe witwaje intwaro wa M23 kuva wubuye imirwano n’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu mpera za 2021, ugaragaza ko wifuza ibiganiro bigamije gukemura ibibazo birimo itotezwa rikorerwa Abanye-Congo bo mu bwoko bw’Abatutsi.

2024-12-16
Editorial

IZINDI NKURU

Kenya: Umutekano wakajijwe mu gihe amatora y’Umukuru w’Igihugu asubirwamo

Kenya: Umutekano wakajijwe mu gihe amatora y’Umukuru w’Igihugu asubirwamo

Editorial 26 Oct 2017
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Editorial 11 Apr 2024
Kayonza: Umukobwa bamusanze mu nzu amaze iminsi 5  yishwe

Kayonza: Umukobwa bamusanze mu nzu amaze iminsi 5 yishwe

Editorial 11 May 2017
U Rwanda rwabyakiriza yombi Uganda isabye abaturage bayo bakora magendu kurwirinda

U Rwanda rwabyakiriza yombi Uganda isabye abaturage bayo bakora magendu kurwirinda

Editorial 24 Jan 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Tshisekedi yirashe amano yibwira ko agabye igitero ku Rwanda
Amakuru

Tshisekedi yirashe amano yibwira ko agabye igitero ku Rwanda

Editorial 05 Aug 2023
Kayiranga Baptiste agizwe umutoza wa Pepiniere FC
IMIKINO

Kayiranga Baptiste agizwe umutoza wa Pepiniere FC

Editorial 11 Aug 2016
Arsenal igira umukino mwiza n’umutoza mwiza, abo nenga ni banyirayo- Perezida Kagame
IMIKINO

Arsenal igira umukino mwiza n’umutoza mwiza, abo nenga ni banyirayo- Perezida Kagame

Editorial 05 May 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru