• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»IMIKINO»Amavubi yatsinze RDC ayisanze iwayo, ibitego 3-2 mu mukino wa gicuti

Amavubi yatsinze RDC ayisanze iwayo, ibitego 3-2 mu mukino wa gicuti

Editorial 19 Sep 2019 IMIKINO

Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda ‘Amavubi’ y’abakina imbere mu gihugu, yatsinze iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ibitego 3-2 mu mukino wa gicuti wabereye kuri Stade des Martyrs i Kinshasa kuri uyu wa Gatatu.

Uyu mukino wari ugamije gufasha amakipe yombi kwitegura ijonjora rya nyuma ryo gushaka itike ya CHAN 2020 izabera muri Cameroun, aho u Rwanda ruzahura na Ethiopia mu gihe RDC izakina na Centrafrique mu mpera z’icyumweru.

RDC yari imbere y’abafana bayo batari benshi cyane, yihariye umupira mu minota myinshi y’igice cya mbere, aho yakiniraga cyane mu rubuga rw’Amavubi; yabonye uburyo bwa mbere bukomeye mu mukino ku ishoti rikomeye ryatewe na Mumbere Mbusa Jérémie, umupira ushyirwa muri koruneri na Kimenyi Yves.

Nyuma y’iminota itanu, Ingwe za RDC nabwo zabonye ubundi buryo bwo gutsinda ubwo Kimenyi Yves yananirwaga gukomeza umupira, ariko ba myugariro b’u Rwanda batabara izamu ryabo.

Habura iminota itatu gusa ngo igice cya mbere kirangire, RDC yafunguye amazamu ku gitego cyatsinzwe na Ava Dongo ku mupira w’umuterekano wari umaze guterwa na mugenzi we, maze asumba abakinnyi b’u Rwanda barimo Sugira Ernest na Imanishimwe Emmanuel.

Hashize iminota ibiri, u Rwanda rwabonye koruneri ubwo umunyezamu Siadi Baggio yakuragamo ishoti rikomeye ryatewe na Sugira Ernest. Kapiteni w’Amavubi, Haruna Niyonzima yateye uyu mupira, ushyirwa ku mutwe na Manzi Thierry wishyuriye u Rwanda mbere y’uko amakipe yombi ajya kuruhuka.

Igice cya kabiri cyatangiranye impinduka, umutoza Mashami Vincent yinjiza mu kibuga Ndayishimiye Eric wagiye mu izamu asimbuye Kimenyi Yves naho Iranzi Jean Claude asimburwa na Iradukunda Eric ‘Radu’.

Amavubi yabonye igitego cya kabiri ahagana ku munota wa 59, gitsinzwe na Sugira Ernest wacenze myugariro wa RDC maze atera ishoti rikomeye umunyezamu ananirwa kurigarura.

Nyuma y’iminota itatu gusa, Nsabimana Eric yatsindiye ikipe y’igihugu igitego cya gatatu cyashimangiye intsinzi ku mupira wa koruneri yatewe na Niyonzima Haruna.

Haruna Niyonzima yasimbuwe na Usengimana Danny ku munota wa 72, Sugira Ernest asimburwa na Bizimana Yannick ku wa 81 mu gihe ku wa 87, Manishimwe Djabel yahaye umwanya Niyonzima Olivier ‘Sefu’.

RDC yabonye igitego cya kabiri, cyatsinzwe na Beya Joël habura iminota ine ngo umukino urangire, ariko Ikipe y’u Rwanda yihagararaho mu minota yari isigaye n’indi ine y’inyongera, itahana intsinzi.

Amavubi y’abakina imbere mu gihugu, arahita yerekeza muri Ethiopia gukina umukino ubanza w’ijonjora rya nyuma rya CHAN 2020 uzaba ku Cyumweru tariki ya 22 Nzeri 2019 mu gihe uwo kwishyura uzabera i Kigali tariki ya 19 Ukwakira 2019.

Abakinnyi b’Amavubi babanje mu kibuga: Kimenyi Yves, Omborenga Fitina, Imanishimwe Emmanuel, Manzi Thierry, Mutsinzi Ange, Nsabimana Eric, Nshimiyimana Imran, Niyonzima Haruna (c), Manishimwe Djabel, Iranzi Jean Claude na Sugira Ernest.

Abakinnyi ba RDC babanje mu kibuga: Siadi Baggio, Djuma Shabani, Luzolo Nsita Ernest, Ava Dongo, Beya Herve, Mukoko Tonombe, Bola Lobota Emmanuel, Lutonadio Teji, Jackson Muleka, Likonza Glody na Mumbere Mbusa Jérémie.

Src: IGIHE

2019-09-19
Editorial

IZINDI NKURU

CHAN:Ikipe izegukana igikombe izahabwa akayabo izahembwa miliyoni 560 FRW

CHAN:Ikipe izegukana igikombe izahabwa akayabo izahembwa miliyoni 560 FRW

Editorial 02 Jan 2016
Bizimana Djihad ntabwo azakina umukino u Rwanda ruzakina na Uganda, Djamir Kalisa yabimburiye abakina hanze gutangira imyitozo mu Mavubi

Bizimana Djihad ntabwo azakina umukino u Rwanda ruzakina na Uganda, Djamir Kalisa yabimburiye abakina hanze gutangira imyitozo mu Mavubi

Editorial 04 Oct 2021
Shema Ngoga Fabrice uyobora FERWAFA, yashyizwe mu kanama ka FIFA gashinzwe kurwanya irondaruhu n’ivangura

Shema Ngoga Fabrice uyobora FERWAFA, yashyizwe mu kanama ka FIFA gashinzwe kurwanya irondaruhu n’ivangura

Editorial 08 Oct 2025
Mukura itsinze Musanze, ica kuri Rayon-Kiyovu na Police nazo zitwara neza

Mukura itsinze Musanze, ica kuri Rayon-Kiyovu na Police nazo zitwara neza

Editorial 18 Feb 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

AMAFOTO: Umukino wa Manchester United na Liverpool wasubitswe kubera imyigaragambyo y’abafana ba Manchester binubira uko ikipe yabo iyobowe.
Amakuru

AMAFOTO: Umukino wa Manchester United na Liverpool wasubitswe kubera imyigaragambyo y’abafana ba Manchester binubira uko ikipe yabo iyobowe.

Editorial 03 May 2021
Imihanda izaba ifunze n’izaba yemerewe gukoreshwa mu gihe cy’Inama Idasanzwe ya A.U i Kigali
Mu Rwanda

Imihanda izaba ifunze n’izaba yemerewe gukoreshwa mu gihe cy’Inama Idasanzwe ya A.U i Kigali

Editorial 16 Mar 2018
Miss Igisabo nanone yanze kwambara utwenda tw’imbere twonyine imbere y’imbaga
Uncategorized

Miss Igisabo nanone yanze kwambara utwenda tw’imbere twonyine imbere y’imbaga

Editorial 19 Oct 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru