• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»POLITIKI»Amb. Rugira yagiranye ibiganiro n’Intumwa ya Papa Francis mu Bubiligi

Amb. Rugira yagiranye ibiganiro n’Intumwa ya Papa Francis mu Bubiligi

Editorial 04 Jan 2018 POLITIKI

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bubiligi, Rugira Amandin, yagiranye ibiganiro n’Intumwa ya Papa Francis muri icyo gihugu, Mgr Auguste Kasujja, ku ngingo zirimo amahoro n’umutekano, umubano mwiza w’u Rwanda na Kiliziya Gatolika by’umwihariko nyuma y’uruzinduko rwa Perezida Kagame i Vatican.

Nk’uko byashyizwe ahagaragara na Ambasade y’u Rwanda mu Bubiligi, Mgr Kasujja ni nawe ukuriye intumwa z’ibihugu bitandukanye zikorera mu Bubiligi.

Umubano wa Kiliziya Gatolika n’u Rwanda wabaye mwiza igihe kirekire, gusa wajemo agatotsi bitewe n’amateka ya Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994 yanagizwemo uruhare na bamwe mu bayoboke bayo. Kiliziya Gatolika mu Rwanda yabisabiye imbabazi.

Isura nshya y’uyu mubano yagaragaye ubwo Perezida Paul Kagame yagiriraga uruzinduko i Roma, yakirwa n’Umushumba wa Kiliziya Gatolika, Papa Francis mu gitondo cyo kuwa Mbere, tariki ya 20 Werurwe 2017.

Ni uruzinduko rwari rugamije gukomeza umubano u Rwanda rusanzwe rufitanye na Vatican. Rwabaye rukurikira itangazwa ry’intumwa nshya ya Papa Francis mu Rwanda, Musenyeri Andrzej Jozwowicz.

Kiliziya Gatolika igira uruhare rukomeye mu buzima bw’igihugu mu Rwanda, cyane cyane muri serivisi z’uburezi, ubuzima n’imibereho myiza y’abaturage.

Nko mu burezi, amashuri abanza n’ayisumbuye mu Rwanda agera ku 3189, ariko muri ayo yose, agera ku 1381 angana na 43,3% ni aya Kiliziya Gatolika. Mu rwego rw’ubuzima naho, Kiliziya Gatolika ifite ibigo nderabuzima bigera ku 115 n’ibitaro icyenda.

Rugira Amandin yagizwe Ambasaderi w’u Rwanda mu Bubiligi muri Nzeri 2017, mu mpinduka Perezida wa Repubulika Paul Kagame yakoze muri Guverinoma yatangiranye muri manda nshya yatorewe muri Kanama uyu mwaka. Rugira Amandin yahawe uyu mwanya akuwe mu Burundi aho yari Ambasaderi w’u Rwanda kuva muri Kamena 2014.

Kuwa 7 Ukuboza 2017 nibwo yashyikirije Umwami w’u Bubiligi, Philippe Léopold Louis Marie, impapuro zimwemerera guhagararira u Rwanda muri icyo gihugu. Yasimbuye Amb. Nduhungirehe Olivier wagizwe Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga, Ubutwererane n’Umuryango w’Ibihugu bya Afurika y‘Iburasirazuba.

Amb. Rugira Amandin mu biganiro na Musenyeri Kasujja

Amb. Rugira aramukanya na Mgr Auguste Kasujja

Ibiganiro by’aba bombi byibanze ku ngingo zirimo amahoro n’umutekano, umubano mwiza w’u Rwanda na Kiliziya Gatolika by’umwihariko nyuma y’uruzinduko rwa Perezida Kagame i Vatican

Intumwa ya Papa Francis mu Bubiligi, Mgr Auguste Kasujja

2018-01-04
Editorial

IZINDI NKURU

Paul Biya yatorewe indi manda nyuma y’imyaka 35 ayobora Cameroon

Paul Biya yatorewe indi manda nyuma y’imyaka 35 ayobora Cameroon

Editorial 24 Oct 2018
Perezida Tshisekedi arakoresha intambara ya Kongo mu nyungu ze bwite

Perezida Tshisekedi arakoresha intambara ya Kongo mu nyungu ze bwite

Editorial 03 Dec 2024
“Ikiganiro Ribara Uwariraye” kigamije gushinyagurira abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi

“Ikiganiro Ribara Uwariraye” kigamije gushinyagurira abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi

Editorial 25 Apr 2025
Kiliziya Gatolika yasabye imbabazi kubera ibyo iherutse gutangaza

Kiliziya Gatolika yasabye imbabazi kubera ibyo iherutse gutangaza

Editorial 14 Apr 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Portugal amateka itwara igikombe cy’Uburayi
IMIKINO

Portugal amateka itwara igikombe cy’Uburayi

Editorial 11 Jul 2016
Ibigo bikomeye ku isi ntibishaka gucikanwa n’amahirwe y’ishoramari mu Rwanda
UBUKUNGU

Ibigo bikomeye ku isi ntibishaka gucikanwa n’amahirwe y’ishoramari mu Rwanda

Editorial 21 Jan 2018
Sunrise FC yahaye amasezerano abakinnyi 6 barimo Mukokotya watsinze ibitego byinshi muri Mukura VS
Amakuru

Sunrise FC yahaye amasezerano abakinnyi 6 barimo Mukokotya watsinze ibitego byinshi muri Mukura VS

Editorial 29 Jun 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru