• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»IMIKINO»Antoine Hey yatangaje 11 babanza mu kibuga Amavubi acakirana na Sudani kuri uyu wa gatandatu

Antoine Hey yatangaje 11 babanza mu kibuga Amavubi acakirana na Sudani kuri uyu wa gatandatu

Editorial 06 Jan 2018 IMIKINO

Umutoza w’ikipe y’igihugu y’u Rwanda (Amavubi); Antoine Hey yamaze gutangaza abakinnyi 11 arabanza mu kibuga mu mukino wa gicuti ikipe y’igihugu yitegura irushanwa rya CHAN 2018 ifitanye na Sudani kuri uyu wa Gatandatu.

Uyu mukino wa mbere wa gicuti muri itatu u Rwanda ruzakinira muri Tunisia, uratangira saa 15:30 za Kigali (14:30 i Sousse muri Tunisia) kuri Stade Mongi Ben Brahim, ukaba uri mu rwego rwo kwitegura iki gikombe cya Afurika gihuza abakinnyi bakina muri shampiyona z’iwabo, irushanwa rizatangira tariki ya 13 uku kwezi muri Maroc.

Amavubi ari mu mwiherero muri Tunisia, aho yatangiye imyitozo kuwa GatatuAmavubi ari mu mwiherero muri Tunisia, aho yatangiye imyitozo kuwa Gatatu

“Tumaze gukora imyitozo inshuro esheshatu kugeza ubu (uhereye kuwa Gatatu). Abakinnyi barasa n’abananiwe gato ku bw’ibyo twahisemo gukora imyitozo yoroheje uyu mugoroba.”- Antoine Hey atangariza urubuga rwa Ferwafa kuri uyu wa Gatanu.

“Turakina umukino wa mbere wa gicuti na Sudani ejo (kuwa Gatandatu) na Namibia ku Cyumweru. Abakinnyi bagomba kumenyera imikino, bakajya ku rwego rwiza noneho tukazashyiramo abandi dukina na Namibia ku Cyumweru.”

“Turizera ko iyi mikino yombi izafasha abakinnyi kwitegura umukino ukomeye tuzahuramo na Algeria kuwa Gatatu utaha, Abakinnyi bamwe muri aba bakeneye imikino nk’iyo kugira ngo bajye ku rwego rw’irushanwa kuko batakinnye imikino myinshi nka Savio na Bernabe (bahamagawe nyuma).”

Antoine Hey yizeye ko hari icyo iyi mikino ya gicuti izamufasha mu gutegura CHAN izatangira mu cyumweru gitahaAntoine Hey yizeye ko hari icyo iyi mikino ya gicuti izamufasha mu gutegura CHAN izatangira mu cyumweru gitaha

Ni ku nshuro ya kabiri ikipe y’u Rwanda n’iya Sudani zigiye guhura bitegura irushanwa rya CHAN, aho muri Kanama, Amavubi yatsinze Sudani ibitego 2-1 ubwo yiteguraga guhura na Uganda.

Icyo gihe Sudani yatozwaga na Mohamed Abdallah Ahmed ” Mazda” ariko kuri ubu iri gutozwa n’umunya-Croatia Zdravko Logarusic wamusimbuye mu Ukuboza umwaka ushize.

Mu gihe u Rwanda ruri mu itsinda C rya CHAN 2018 hamwe na Nigeria, Equatorial Guinea ndetse na Libya ndetse ruzakina imikino yarwo tariki ya 15, iya 19 n’iya 23 Mutarama, ikipe y’igihugu ya Sudani yo iri mu itsinda A hamwe na Maroc, Guinea na Mauritania.

Ibihugu byombi (u Rwanda na Sudani) bihuriye ku kuba byaraboneye itike kuri Ethiopia, aho Sudani yabanje kubona itike isezereye Ethiopia ku bitego 2-1 mu ijonjora rya nyuma mu gihe mu yandi mahirwe yari abonetse ubwo Maroc yari imaze gusimbura Kenya nk’igihugu kizakira CHAN 2018, u Rwanda rwari rwasezerewe na Uganda, rwisobanuye na Ethiopia, ndetse birangira rubyitwayemo neza, rubona itike rutsinze ibitego 3-2 mu mikino yombi.

Bakame, kapiteni w'Amavubi ya CHAN akaba n'umunyezamu wa mbereBakame, kapiteni w’Amavubi ya CHAN akaba n’umunyezamu wa mbere
Manzi Thierry ari mu bakinnyi bayoboye ubwugariziManzi Thierry ari mu bakinnyi bayoboye ubwugarizi
Yannick Mukunzi ni umwe mu bakinnyi u Rwanda ruzaba rugenderaho mu kibuga hagatiYannick Mukunzi ni umwe mu bakinnyi u Rwanda ruzaba rugenderaho mu kibuga hagati
Biramahire araza kuba ayoboye ubusatirizi bw'AmavubiBiramahire araza kuba ayoboye ubusatirizi bw’Amavubi

Abakinnyi 11 b’Amavubi babanzamo u Rwanda rukina na Sudani:

Umunyezamu: Eric Ndayishimiye’Bakame’

Ba myugariro: Iradukunda Eric, Rutanga Eric, Kayumba Soter, Manzi Thierry na Faustin Usengimana.

Abakina hagati: Mukunzi Yannick, Bizimana Djihad na Imanishimwe Djabel.

Ba rutahizamu: Mico Justin na Biramahire Abeddy.

2018-01-06
Editorial

IZINDI NKURU

Police VC yegukanye igikombe cyo Kwibohora 2025 mu byiciro byombi, itsinze APR VC ku mukino wa nyuma

Police VC yegukanye igikombe cyo Kwibohora 2025 mu byiciro byombi, itsinze APR VC ku mukino wa nyuma

Editorial 07 Jul 2025
TMC (Dream Boyz) yasubiye ku ntebe y’ishuri

TMC (Dream Boyz) yasubiye ku ntebe y’ishuri

Editorial 24 Jan 2017
Afrobasketball: Mu mukino wakurikiwe na Perezida Paul Kagame, u Rwanda rwabonye itike ya 1/4

Afrobasketball: Mu mukino wakurikiwe na Perezida Paul Kagame, u Rwanda rwabonye itike ya 1/4

Editorial 31 Jul 2023
Candy Basomingera, wari umuyobozi mukuru wungirije wa RCB, yagizwe Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri ya Siporo

Candy Basomingera, wari umuyobozi mukuru wungirije wa RCB, yagizwe Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri ya Siporo

Editorial 16 Jul 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Rujugiro Ayabatwa Tribert yahawe amahirwe yanyuma
ITOHOZA

Rujugiro Ayabatwa Tribert yahawe amahirwe yanyuma

Editorial 15 Jun 2017
Impamvu umwuka mubi hagati y’u Rwanda na Uganda atari ikibazo bwite cya Perezida Kagame na Museveni
INKURU NYAMUKURU

Impamvu umwuka mubi hagati y’u Rwanda na Uganda atari ikibazo bwite cya Perezida Kagame na Museveni

Editorial 12 Dec 2019
“Ubukungu Afurika yifuza burasaba ibikorwaremezo by’umurongo mugari wa internet wagerwaho na buri wese mu bushobozi bwe “– Perezida Kagame
UBUKUNGU

“Ubukungu Afurika yifuza burasaba ibikorwaremezo by’umurongo mugari wa internet wagerwaho na buri wese mu bushobozi bwe “– Perezida Kagame

Editorial 07 May 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru