• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»IMIKINO»Arsenal ntiyabashije kwigahagararaho imbere ya bakunzi bayo

Arsenal ntiyabashije kwigahagararaho imbere ya bakunzi bayo

Editorial 24 Feb 2016 IMIKINO

Mu mikino y’irushanwa ry’amakipe yabaye ayambere iwayo ku mugabane w’u Burayi izwi nka EUFA Champions League yabaye kuri uyu wa Kabiri tariki 23 Gashyantare 2016, ikipe ye FC Barcelona yihanije Arsenal iyisanze ku kibuga cyayo mu Bwongereza, yiyongerera amahirwe yo gukomeza.

-2250.jpg

Messi na Neymar bishimira igitego cya mbere

Bitewe n’uko ikipe ya Barcelona imeze muri iyi minsi, ntabwo ari abantu benshi batunguwe no kumva cyangwa kubona ko yatsinze Arsenal, n’ubwo iyi kipe yo mu Bwongereza nayo ihagaze neza muri shampiyona y’iwabo ikaba yari no ku kibuga cyayo, amahirwe menshi yo gutsinda uyu mukino yahabwaga Barcelona.

-2251.jpg

Messi atsinda igitego cya mbere

Igice cya mbere cy’umukino cyarangiye nta kipe ibashije kureba mu izamu ry’indi, ndetse ikipe ya Arsenal mu gice cya mbere yagiye ihusha ibitego nk’uko byagendaga kuri Barcelona, abari bakurikiye uyu mukino batangira gutekereza ko Arsenal yaza kubasha kwihagararaho ariko biza kurangira iciwe intege n’ubusatirizi bwa Messi, Neymar na Suarez, ubutatu bw’umutamenwa ikipe ya Barcelona yishingikirijeho muri iyi minsi.

-2252.jpg

Messi atsinda igitego cya kabiri kuri penariti

Gushyira hamwe kwa Messi, Neymar na Suarez byazonze Arsenal nk’uko bigendekera amakipe menshi.

-2253.jpg
Neymar yakomeje kugora bakinnyi ba Arsenal

Ubutatu butamenwa bwa Barcelona, bwaje kugaragaza ko butajya bwiburira, ubwo ku munota wa 71 w’umukino, umupira waturutse kuri Suarez akawuhereza neza Gerard Pique, uyu nawe akawugeza kuri Neymar wahise ahereza neza cyane Lionel Messi maze nawe awuruhukiriza mu rucundura, Peter Cech warindaga izamu rya Arsenal ayoberwa ibimubayeho.

-2254.jpg
Sanchez yakomeje kotsa igitutu ariko abakinnnyi ba Barcelona bakomeza kuba ibamba

-2255.jpg
Suarez yarase ibitego byinshi byabazwe

Ibitego byose byabonetse muri uyu mukino byatsinzwe na Lionel Messi
Nyuma y’uyu mukino, mu byumweru bibiri hategerejwe umukino wo kwishyura uzabera ku kibuga cya Barcelona muri Espagne, ikipe ya Arsenal ikaba ifite akazi katoroshye ko kuzabasha gutsinda byibuze ibitego 3 ku busa kugirango yizere kuba yakomeza muri kimwe cya kane cy’irangiza.

-2256.jpg

Mezout Ozil yakomeje gushakisha biraga

Undi mukino wabaye kuri uyu wa Kabiri, ni uw’ikipe ya Juventus yo mu Butaliyani yari yakiriye Bayern Munich yo mu Budage, umukino ukaba warangiye amakipe yombi anganya ibitego 2 ku bindi. Ku ruhande rwa Bayern Munich, ibitego byatsinzwe na Thomas Muller ku munota wa 43 na Arjen Robben ku munota wa 55, naho ikipe ya Juventus iza kubyishyura ibifashijwemo na Paulo Dybala ku munota wa 63 ndetse na Stefano Sturano ku munota wa 76.

-2257.jpg
Dybala umusore muto uri kuza niwe wishyuriye Juventus

-2258.jpg

Arjen Robben watsindiye igitego Bayern

M.Fils

2016-02-24
Editorial

IZINDI NKURU

Kantore Sandra uzwi nka Do Mi yerekeje muri APR WBBC avuye muri REG BBC yahise yishumbusha abandi 4 ba The Hoops

Kantore Sandra uzwi nka Do Mi yerekeje muri APR WBBC avuye muri REG BBC yahise yishumbusha abandi 4 ba The Hoops

Editorial 03 Jan 2023
Perezida w’icyubahiro wa APR FC, Gen James Kabarebe yasabye abakinnyi ko nta kipe bagomba korohera kugirango batware igikombe cya shampiyona cya 2020-2021.

Perezida w’icyubahiro wa APR FC, Gen James Kabarebe yasabye abakinnyi ko nta kipe bagomba korohera kugirango batware igikombe cya shampiyona cya 2020-2021.

Editorial 23 May 2021
Manishimwe Djabel akomereje akazi mu ikipe yo mu kiciro cya kabiri avuye mu cya mbere muri Iraq

Manishimwe Djabel akomereje akazi mu ikipe yo mu kiciro cya kabiri avuye mu cya mbere muri Iraq

Editorial 29 Aug 2024
AS Kigali itsinze Rwamagana 4-0, yisunga Police FC na Marines FC zabonye amanota 3 y’umunsi wa 10

AS Kigali itsinze Rwamagana 4-0, yisunga Police FC na Marines FC zabonye amanota 3 y’umunsi wa 10

Editorial 21 Nov 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Burundi haravugwa indi mirambo 14 yatoraguwe mu ishyamba rya Kibira
INKURU NYAMUKURU

Burundi haravugwa indi mirambo 14 yatoraguwe mu ishyamba rya Kibira

Editorial 07 Mar 2019
Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame bitabiriye inama ya FOCAC mu Bushinwa
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame bitabiriye inama ya FOCAC mu Bushinwa

Editorial 01 Sep 2018
Patriots BBC yatsinze umukino wayo wa kabiri w’irushanwa rya Basketball Africa League BAL yakinaga na GNBC yo muri Madagascal amanota 78 kuri 72.
Amakuru

Patriots BBC yatsinze umukino wayo wa kabiri w’irushanwa rya Basketball Africa League BAL yakinaga na GNBC yo muri Madagascal amanota 78 kuri 72.

Editorial 19 May 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru