• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Bamwe mu bapolisi ba Uganda mu myigaragambyo yo kwinubira umushahara muto kandi utazira igihe.

Bamwe mu bapolisi ba Uganda mu myigaragambyo yo kwinubira umushahara muto kandi utazira igihe.

Editorial 26 Jan 2021 Amakuru, INKURU NYAMUKURU

Amakuru ava mu gihugu cya Uganda aravuga ko muri iyi minsi hari umubare munini w’ abapolisi barebana ay’ingwe n’ubutegetsi, bakaba babushinja kubafata nabi cyane, kugera n’aho ubukene bubugariza bikomeye.

Intandaro y’iki kibazo nk’uko abo aapolisi babitangarije ibinyamakuru byo muri icyo gihugu, nka Monitor na Bukedde, ngo ni imishahara y’intica ntikize, hakiyongeraho ko iyo”serumu” itanazira igihe, dore ko ngo bashobora kumara amezi 4 batarahembwa. Ibi byatumye mu mpera z’icyumweru gishize  abapolisi bo mu duce tunyuranye biroha mu mihanda, bamagana icyo bise akarengane gakabije. Nko muri District ya Hoima, byabaye ngombwa ko inzego z’umutekano zirasa ibyuka bihumanya kugirango batatanye amagana y’abigaragambyaga.

Mu burakari bwinshi abo bapolisi bagize bati:”Nimurebe uko imyambaro yacu isa kandi ntidufite ubushobozi bwo kuyimesa, dore inkweto zaducikiyeho, barangiza ngo nitujye kubarindira umutekano!”. Ibinyamakuru byo muri Uganda biravuga ko ibyabereye Hoima bishobora gukwira mu gihugu hose, kuko abapolisi ba Uganda, cyane cyane abo mu rwego rwo hasi, basangiye ikibazo cyo gufatwa nabi.

Icyegeranyo giherutse gushyirwa ahagaragara n’ impuguke zashinzwe gusesengura uko igipolisi cya Uganda cyavugururwa, cyerekanye ko uru rwego ruri ku isonga mu zamunzwe na ruswa. Ibi ndetse byanashimangiwe n’Umuryango wa Commonwealth, itsinda ryawo riharanira uburenganzira bwa muntu, nawo wagaragaje ko polisi ya Uganda irya ruswa bikabije, utayitanze agakorerwa iyicarubozo cyangwa akamburwa ibyo afitiye uburenganzira.

Magingo aya Leta ya Uganda ntacyo iratangaza ku bijyanye n’imyigaragambyo y’abapolisi basaba kongererwa imishahara no guhemberwa igihe. Mu myaka ishize Perezida Museveni yateye urwenya, avuga ko nava ku buperezida azibera umupolisi, ngo kuko babaho “neza cyane”, kandi bavuga ko bahembwa nabi, akaba yarabacyuriraga ko batunzwe na ruswa.

Muri iki gihe Uganda ifite abapolisi hafi 45.000, bivuze umupolisi umwe ku baturage 1800. Amahame mpuzamahanga  yerekana ko  uyu mubare ari muto cyane, hakaba hagikenewe abandi nibura 25.000 , kugirango bashobore kubungabuga umutekano uko bikwiye. Abasesenguzi rero baribaza uko imibereho y’abapolisi ibihumbi 70 izarushaho kuba myiza mu gihe n’abasanzwe bicira isazi ku jisho.

2021-01-26
Editorial

IZINDI NKURU

“Akanama ka Loni gashinzwe Amahoro ntigashyira mu gaciro, Icyemezo byako ni icyuka.-Antonio Guterres

“Akanama ka Loni gashinzwe Amahoro ntigashyira mu gaciro, Icyemezo byako ni icyuka.-Antonio Guterres

Editorial 22 Feb 2025
Perezida Kagame yatanzweho urugero rw’Umukuru w’Igihugu muri Afurika warwanyije ruswa

Perezida Kagame yatanzweho urugero rw’Umukuru w’Igihugu muri Afurika warwanyije ruswa

Editorial 24 Feb 2018
Abayobozi , abakinnyi ndetse n’abafana b’ikipe ya Kiyovu Sports basuye urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ku Gisozi.

Abayobozi , abakinnyi ndetse n’abafana b’ikipe ya Kiyovu Sports basuye urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ku Gisozi.

Editorial 13 Apr 2021
Ubwo imyaka 8 y’ubufatanye hagati ya Visit Rwanda n’ikipe ya Arsenal yo mu Bwongereza azaba arangiye, aya amasezerano ntazongerwa – Ibyayaranze

Ubwo imyaka 8 y’ubufatanye hagati ya Visit Rwanda n’ikipe ya Arsenal yo mu Bwongereza azaba arangiye, aya amasezerano ntazongerwa – Ibyayaranze

Editorial 19 Nov 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Nsanzimfura Keddy ukinira ikipe ya APR FC ashobora kwerekeza mu gihugu cya Pologne, uyu mukinnyi ashobora gutangwaho arenga miliyoni 200 z’amafaranga y’u Rwanda
Amakuru

Nsanzimfura Keddy ukinira ikipe ya APR FC ashobora kwerekeza mu gihugu cya Pologne, uyu mukinnyi ashobora gutangwaho arenga miliyoni 200 z’amafaranga y’u Rwanda

Editorial 25 Mar 2021
Perezida Kagame yanenze abumvikanisha nabi gahunda yo guca caguwa mu gihugu
Mu Mahanga

Perezida Kagame yanenze abumvikanisha nabi gahunda yo guca caguwa mu gihugu

Editorial 01 Jun 2016
Amatakirangoyi y’abanyabyaha iyo bageze imbere y’ubutabera; Rusesabagina arunga murya Mugesera n’abandi bajenosideri
Amakuru

Amatakirangoyi y’abanyabyaha iyo bageze imbere y’ubutabera; Rusesabagina arunga murya Mugesera n’abandi bajenosideri

Editorial 22 Oct 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru