• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bayaherewe mu Rwambariro, Rayon Sports yakiriye amafaranga nyuma yo gushimangira umwanya wa mbere   |   09 May 2025

  • Gukura no Kubaho kwanjye byose bishingiye ku cyerekezo cya Nyakubahwa Perezida Paul Kagame – Knowless   |   08 May 2025

  • Ntacyasaza Turahirwa Moses cyatuma Urumogi Rumushora mu Kiguri cy’Urwango   |   06 May 2025

  • Eric Bagiruwusa yashinze YouTube Channel ishinzwe ubuvugizi mu gushishikariza gusubirishamo imanza z’abajenosideri n’abarwanya ubutegetsi   |   05 May 2025

  • Nyuma y’imyaka 8, APR FC yegukanye igikombe cy’Amahoro 2025 itsinze Rayon Sports 2-0   |   04 May 2025

  • APR FC na Rayon Sports zabonye itike yo gukina imikino Nyafurika zizahurira ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro 2025   |   01 May 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Bamwe mu batanze ubuhamya bushinja mu Rukiko Mpuzamahanga rw’Arusha barahabwa ruswa ngo bahindure imvugo, bityo abajenosideri bagirwe abere

Bamwe mu batanze ubuhamya bushinja mu Rukiko Mpuzamahanga rw’Arusha barahabwa ruswa ngo bahindure imvugo, bityo abajenosideri bagirwe abere

Editorial 11 Dec 2024 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, ITOHOZA, Mu Mahanga, POLITIKI

Ubwo, kuri uyu wa kabiri tariki 10 Ukuboza 2024, Umushinjacyaha Mukuru w’Urwego rushinzwe kurangiza imirimo yasizwe n”Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwashyiriweho uRwanda(IRMCT), Serge Brammertz yashyirizaga raporo y’imikorere Akanama ka Loni gashinzwe Amahoro ku Isi, yavuze ko hatahuwe umugambi wo guha ruswa cyangwa gutera ubwoba bamwe mu bahoze ari abatangabuhamya b’ubushinjacyaha, ngo bisubireho, bashinjure abaregwa, maze abahamwe n’ibyaha basabe gusubirishamo imanza, bibe byanabaha amahirwe yo guhinduka abere.

Ibyo ngo byagaragaye ubwo umujenosideri Gerard Ntakirutimana yasabaga gusubirishamo urubanza rwe, ariko Urugereko rw’ubujurire rukabitera utwatsi rumaze kuvumbura ko hari abatangabuhamya bahawe ruswa ngo bavuguruze ibyo babwiye urukiko mbere. Byongeye kandi kuboneka ubwo hasabwaga kuburanisha bundi bushya urubanza rwa Augustin Ngirabatware. Abatangabuhamya 5 gutahuweho kurya ruswa, bituma isubirishwamo ry’urubanza rihagarikwa, maze Ngirabatware agumishwa ku gihano cyo gufungwa imyaka 30.

Umushinjacyaha Mukuru wa IRMCT yasobanuye ko urwo rwego rwafashe ingamba zo kubungabunga imyanzuro Urukiko rwamaze gufata mu manza z’abajenosideri.

Mu cyegeranyo cye kandi, Serge Brammertz yavuze ko hirya no hino ku isi hari abantu nibura igihumbi(1.000) bakekwaho uruhare muri Jenoside yakorewe, nk’uko bigaragazwa n’ibimemetso byakusanyijwe n’ibiro bye.

Aha, Bwana Brammertz yibukije ko ibihugu byose bifite inshingano zo gufata abo bantu bagashyikirizwa ubutabera, bwaba ubw’ibyo bihugu, ubwa IRMCT, cyangwa ubw’uRwanda, kuko jenoside ari icyaha cyakorewe inyokomuntu aho iva ikagera, abayigizemo uruhare rero bakaba bagomba kubihanirwa byanze bikunze.

Umushinjacyaha Mukuru wa IRMCT yasobanuye ko urwo rwego rutazazuyaza mu gufasha ibihugu byifuza gushyikiriza ubutabera abo bantu, haba mu kwegeranya ibimenyetso, kubaburanishiriza muri ibyo bihugu, kubohereza Arusha cyangwa mu Rwanda.

Umushinjacyaha Mukuru w’Urwego rushinzwe kurangiza imirimo yasizwe n’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwashyiriweho uRwanda, yanagarutse ku mujenosideri Fulgence Kayishema wafatiwe muri Afrika y’Epfo muw’2023, ubu akaba amaze umwaka n’igice aburana ngo atoherezwa Arusha cyangwa mu Rwanda. Bwana Brammertz yasobanuye ko umwanzuro uzafatirwa Kayishema uzashingira ku bushake bwa politiki bw’abategetsi b’Afrika y’Epfo. Twibutse ko Fulgence Kayishema aregwa uruhare mu iyicwa ry’Abatutsi bo mu yahoze ari Komini Kivumu(Kibuye), by’umwihariko abasaga 2.000 basenyeweho kiliziya ya Paruwasi ya Nyange.

Kuva rwashyirwaho muw’2010, uru Rwego rushinzwe kurangiza imirimo yasizwe n’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwashyiriweho uRwanda(IRMCT), buri mwaka rushyikiriza icyegeranyo Akanama ka Loni gashinze Amahoro ku Isi, cyerekana uko gukurikirana abagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi bihagaze.

Icyakora, hashize imyaka myinshi amahanga anengwa kugenda biguruntege mu gufata no gushyikiriza ubutabera abajenosideri bakinyanyagiye mu bihugu byinshi, biniganjemo ibyo muri Afrika. Biragaragaza rero ko bwa bufatanye hagati y’Abanyafrika ubwabo bukiri mu magambo kurusha mu bikorwa.

2024-12-11
Editorial

IZINDI NKURU

Kim Jong un yashimye intambwe yatewe nyuma y’ibiganiro na Trump

Kim Jong un yashimye intambwe yatewe nyuma y’ibiganiro na Trump

Editorial 13 Jul 2018
Shampiyona y’u Rwanda irakomeza ku munsi wayo wa kabiri, APR FC na AS Kigali ntizikina kubera kwitegura imikino Nyafurika

Shampiyona y’u Rwanda irakomeza ku munsi wayo wa kabiri, APR FC na AS Kigali ntizikina kubera kwitegura imikino Nyafurika

Editorial 06 Sep 2022
Fred Ibingira wari Lt Gen, yagizwe Generali mu ngabo z’igihugu

Fred Ibingira wari Lt Gen, yagizwe Generali mu ngabo z’igihugu

Editorial 12 Jan 2018
Perezida Kagame yatowe nk’Umunyafurika w’umwaka wa 2017

Perezida Kagame yatowe nk’Umunyafurika w’umwaka wa 2017

Editorial 07 Jan 2018
Kim Jong un yashimye intambwe yatewe nyuma y’ibiganiro na Trump

Kim Jong un yashimye intambwe yatewe nyuma y’ibiganiro na Trump

Editorial 13 Jul 2018
Shampiyona y’u Rwanda irakomeza ku munsi wayo wa kabiri, APR FC na AS Kigali ntizikina kubera kwitegura imikino Nyafurika

Shampiyona y’u Rwanda irakomeza ku munsi wayo wa kabiri, APR FC na AS Kigali ntizikina kubera kwitegura imikino Nyafurika

Editorial 06 Sep 2022
Fred Ibingira wari Lt Gen, yagizwe Generali mu ngabo z’igihugu

Fred Ibingira wari Lt Gen, yagizwe Generali mu ngabo z’igihugu

Editorial 12 Jan 2018
Perezida Kagame yatowe nk’Umunyafurika w’umwaka wa 2017

Perezida Kagame yatowe nk’Umunyafurika w’umwaka wa 2017

Editorial 07 Jan 2018
Kim Jong un yashimye intambwe yatewe nyuma y’ibiganiro na Trump

Kim Jong un yashimye intambwe yatewe nyuma y’ibiganiro na Trump

Editorial 13 Jul 2018
Shampiyona y’u Rwanda irakomeza ku munsi wayo wa kabiri, APR FC na AS Kigali ntizikina kubera kwitegura imikino Nyafurika

Shampiyona y’u Rwanda irakomeza ku munsi wayo wa kabiri, APR FC na AS Kigali ntizikina kubera kwitegura imikino Nyafurika

Editorial 06 Sep 2022
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024
Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

18 Jun 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru