• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Bayern Munich yandagarije Tottenham iwayo, Real Madrid ikomeza gutungurwa

Bayern Munich yandagarije Tottenham iwayo, Real Madrid ikomeza gutungurwa

Ubwanditsi 02 Oct 2019 IMIKINO

Tottenham yo mu Bwongereza yandagarijwe ku kibuga cyayo na Bayern Munich yo mu Budage yayitsinze ibitego 7-2 mu mukino w’umunsi wa kabiri w’itsinda B rya UEFA Champions League wabaye kuri uyu wa Kabiri.

Iri rushanwa rihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo ku Mugabane w’u Burayi ryakomeje uyu munsi hakina amakipe yo kuva mu itsinda A kugeza mu itsinda D mu gihe andi azakina ejo ku wa Gatatu.

Tottenham yari imbere y’abafana bayo, yatangiye umukino iri hejuru, ihusha uburyo bubiri bwiza bwabonywe na Son Heung-min, aho ku munota wa gatanu w’umukino yateye umupira wakuwemo na Manuel Neuer mu gihe ku wa cyenda, uyu munyezamu yawufashe neza.

Heung-min yafunguye amazamu ku munota wa 11 w’umukino ku mupira yahawe na Moussa Sissoko, aroba umunyezamu Manuel Neuer.

Ibyishimo by’abafana ba Tottenham byamaze igihe gito kuko nyuma y’iminota itatu gusa, Umudage Joshua Walter Kimmich yishyuriye Bayern Munich ku ishoti rikomeye yatereye inyuma y’urubuga rw’amahina, umunyezamu Hugo Lloris ntiyabasha kugera ku mupira.

Harry Kane yashoboraga gutsindira Tottenham igitego cya kabiri ubwo yasigaga abakinnyi b’inyuma ba Bayern Munich akanacenga umunyezamu Neuer, ariko umupira yateye mu izamu uhita ushyirwa muri koruneri na David Alaba.

Tanguy Ndombele yagerageje irindi shoti ryashoboraga guhesha Tottenham kuyobora umukino, umupira ufatwa na Manuel Neuer.

Habura amasegonda make ngo igice cya mbere kirangire, Robert Lewandowski yatsindiye Bayern Munich igitego cya kabiri ku ishoti rikomeye yateye mu nguni y’izamu, ubwo yari amaze guherezwa na Corentin Tolisso.

Bayern Munich yatangiye igice cya kabiri iri hejuru, ibona ibitego bibiri byatsinzwe na Serge Gnabry ku munota wa 53 n’uwa 55 ku mipira yahawe na Benjamin Pavard na Corentin Tolisso.

Tottenham yabonye igitego cya kabiri cyatsinzwe na Harry Kane kuri penaliti yabonetse ku munota wa 61 ubwo Danny Rose yakinirwaga nabi na Kingsley Coman mu rubuga rw’amahina.

Christian Eriksen yagerageje uburyo bubiri bw’amashoti akomeye ku ruhande rwa Tottenham, imipira yombi ica ku ruhande rw’izamu rya Bayern Munich.

Serge Gnabry wahiriwe n’uyu mukino, yatsindiye Bayern Munich igitego cya gatanu n’icya karindwi ku munota wa 83 n’uwa 87 mu gihe Robert Lewandowski yatsinze icya gatandatu ku wa 86 nyuma yo guherezwa na Philippe Coutinho.

Gutsinda uyu mukino byatumye Bayern Munich iyobora itsinda B n’amanota atandatu, ikurikirwa na FK Crvena Zvezda yagize amanota atatu nyuma yo gutsinda Olympiacos ibitego 3-1 mu gihe aya makipe yandi buri imwe ifite inota rimwe.

Mu yindi mikino yabaye, mu itsinda A, Real Madrid ikomeje gutungurwa muri iri rushanwa itaratsindamo umukino n’umwe muri ibiri imaze gukina.

Kuri uyu wa Kabiri, yari yakiriye Club Brugge yo mu Bubiligi kuri Stade Santiago Bernabeu, amakipe yombi anganya ibitego 2-0.

Igice cya mbere cyarangiye Club Brugge yatsinze ibitego bibiri bya Emmanuel Bonaventure ku munota wa cyenda n’uwa 39.

Sergio Ramos yishyuye igitego cya mbere ku munota wa 55 mbere y’uko Casemiro yishyura icya kabiri ku wa 85.

Paris Saint-Germain iyoboye iri tsinda rya mbere n’amanota atandatu nyuma yo gutsindira Galatasaray muri Turquie igitego 1-0 mu gihe Real Madrid iri ku mwanya wa nyuma n’inota rimwe inganya na Galatasaray.

Uko imikino yabaye kuri uyu wa Kabiri yarangiye:

Itsinda A

  • Real Madrid 2-2 Club Brugge
  • Galatasaray 0-1 Paris Saint-Germain

Itsinda B

  • FK Crvena Zvezda 3-1 Olympiacos
  • Tottenham Hotspur FC 2-7 Bayern München

Itsinda C

  • Atalanta 1-2 Shakhtar Donetsk
  • Manchester 2-0 Dinamo Zagreb

Itsinda D

  • Juventus 3-0 Bayer Leverkusen
  • Lokomotiv Moscow 0-2 Atlético Madrid

Tanguy Ndombele acenga Serge Gnabry na Kingsley Coman

Serge Aurier akandagira David Alaba

Son Heung-min atsinda igitego cya mbere cya Tottenham

Son Heung-min yishimira igitego yatsinze nyuma yo guhusha ibindi bibiri

Kimmich yishyuriye Bayern Munich ku ishoti yatereye inyuma y’urubuga rw’amahina

Robert Lewandowski atsinda igitego cyahaye Bayern Munich gusoza igice cya mbere iyoboye umukino

Lewandowski yishimira igitego cya kabiri cy’ikipe ye

Serge Gnabry atsindira inyuma y’urubuga rw’amahina muri uyu mukino utahiriye Tottenham

Serge Gnabry yatsinze ibitego bine muri uyu mukino

Serge Gnabry w’imyaka 24 yigaragaje muri uyu mukino

Gnabry atsinda igitego cye cya kabiri cyabaye icya kane cya Bayern Munich

Tottenham yananiwe kwihagararaho imbere y’abafana bayo

Inkuru ya IGIHE

2019-10-02
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Espérance de Tunis yegukana CAF Champions League

Espérance de Tunis yegukana CAF Champions League

Ubwanditsi 01 Jun 2019
Amavubi yatsinzwe na Uganda igitego kimwe ku busa mu mukino w’umunsi wa gatatu wo mu matsinda yo guhatanira itike yo gukina igikombe cy’isi 2022

Amavubi yatsinzwe na Uganda igitego kimwe ku busa mu mukino w’umunsi wa gatatu wo mu matsinda yo guhatanira itike yo gukina igikombe cy’isi 2022

Ubwanditsi 07 Oct 2021
Umukinnyi wa APR urwariye Kampala aratabaza

Umukinnyi wa APR urwariye Kampala aratabaza

Ubwanditsi 20 Sep 2017
Ishyirahamwe ry’Umukino w’Amagare ku Isi (UCI) ryemeje ko Tour du Rwanda 2022 izaba ku hagati ya tariki 20 na 27 Gashyantare 2022

Ishyirahamwe ry’Umukino w’Amagare ku Isi (UCI) ryemeje ko Tour du Rwanda 2022 izaba ku hagati ya tariki 20 na 27 Gashyantare 2022

Ubwanditsi 14 Oct 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Bombori bombori : Muri RNC ishaje  havutse igice cya gatatu kiyobowe na Gervais Condo
ITOHOZA

Bombori bombori : Muri RNC ishaje havutse igice cya gatatu kiyobowe na Gervais Condo

Ubwanditsi 06 Sep 2016
RIB yerekanye Cpt.Nsengimana Herman wa FLN watawe muri yombi mu bitero bya FARDC
INKURU NYAMUKURU

RIB yerekanye Cpt.Nsengimana Herman wa FLN watawe muri yombi mu bitero bya FARDC

Ubwanditsi 17 Jan 2020
Lt Col Richard Karasira yagizwe Chairman wa APR FC yungirizwa na Uwayezu Régis
Amakuru

Lt Col Richard Karasira yagizwe Chairman wa APR FC yungirizwa na Uwayezu Régis

Ubwanditsi 23 Jun 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru