• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Bayern Munich yandagarije Tottenham iwayo, Real Madrid ikomeza gutungurwa

Bayern Munich yandagarije Tottenham iwayo, Real Madrid ikomeza gutungurwa

Ubwanditsi 02 Oct 2019 IMIKINO

Tottenham yo mu Bwongereza yandagarijwe ku kibuga cyayo na Bayern Munich yo mu Budage yayitsinze ibitego 7-2 mu mukino w’umunsi wa kabiri w’itsinda B rya UEFA Champions League wabaye kuri uyu wa Kabiri.

Iri rushanwa rihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo ku Mugabane w’u Burayi ryakomeje uyu munsi hakina amakipe yo kuva mu itsinda A kugeza mu itsinda D mu gihe andi azakina ejo ku wa Gatatu.

Tottenham yari imbere y’abafana bayo, yatangiye umukino iri hejuru, ihusha uburyo bubiri bwiza bwabonywe na Son Heung-min, aho ku munota wa gatanu w’umukino yateye umupira wakuwemo na Manuel Neuer mu gihe ku wa cyenda, uyu munyezamu yawufashe neza.

Heung-min yafunguye amazamu ku munota wa 11 w’umukino ku mupira yahawe na Moussa Sissoko, aroba umunyezamu Manuel Neuer.

Ibyishimo by’abafana ba Tottenham byamaze igihe gito kuko nyuma y’iminota itatu gusa, Umudage Joshua Walter Kimmich yishyuriye Bayern Munich ku ishoti rikomeye yatereye inyuma y’urubuga rw’amahina, umunyezamu Hugo Lloris ntiyabasha kugera ku mupira.

Harry Kane yashoboraga gutsindira Tottenham igitego cya kabiri ubwo yasigaga abakinnyi b’inyuma ba Bayern Munich akanacenga umunyezamu Neuer, ariko umupira yateye mu izamu uhita ushyirwa muri koruneri na David Alaba.

Tanguy Ndombele yagerageje irindi shoti ryashoboraga guhesha Tottenham kuyobora umukino, umupira ufatwa na Manuel Neuer.

Habura amasegonda make ngo igice cya mbere kirangire, Robert Lewandowski yatsindiye Bayern Munich igitego cya kabiri ku ishoti rikomeye yateye mu nguni y’izamu, ubwo yari amaze guherezwa na Corentin Tolisso.

Bayern Munich yatangiye igice cya kabiri iri hejuru, ibona ibitego bibiri byatsinzwe na Serge Gnabry ku munota wa 53 n’uwa 55 ku mipira yahawe na Benjamin Pavard na Corentin Tolisso.

Tottenham yabonye igitego cya kabiri cyatsinzwe na Harry Kane kuri penaliti yabonetse ku munota wa 61 ubwo Danny Rose yakinirwaga nabi na Kingsley Coman mu rubuga rw’amahina.

Christian Eriksen yagerageje uburyo bubiri bw’amashoti akomeye ku ruhande rwa Tottenham, imipira yombi ica ku ruhande rw’izamu rya Bayern Munich.

Serge Gnabry wahiriwe n’uyu mukino, yatsindiye Bayern Munich igitego cya gatanu n’icya karindwi ku munota wa 83 n’uwa 87 mu gihe Robert Lewandowski yatsinze icya gatandatu ku wa 86 nyuma yo guherezwa na Philippe Coutinho.

Gutsinda uyu mukino byatumye Bayern Munich iyobora itsinda B n’amanota atandatu, ikurikirwa na FK Crvena Zvezda yagize amanota atatu nyuma yo gutsinda Olympiacos ibitego 3-1 mu gihe aya makipe yandi buri imwe ifite inota rimwe.

Mu yindi mikino yabaye, mu itsinda A, Real Madrid ikomeje gutungurwa muri iri rushanwa itaratsindamo umukino n’umwe muri ibiri imaze gukina.

Kuri uyu wa Kabiri, yari yakiriye Club Brugge yo mu Bubiligi kuri Stade Santiago Bernabeu, amakipe yombi anganya ibitego 2-0.

Igice cya mbere cyarangiye Club Brugge yatsinze ibitego bibiri bya Emmanuel Bonaventure ku munota wa cyenda n’uwa 39.

Sergio Ramos yishyuye igitego cya mbere ku munota wa 55 mbere y’uko Casemiro yishyura icya kabiri ku wa 85.

Paris Saint-Germain iyoboye iri tsinda rya mbere n’amanota atandatu nyuma yo gutsindira Galatasaray muri Turquie igitego 1-0 mu gihe Real Madrid iri ku mwanya wa nyuma n’inota rimwe inganya na Galatasaray.

Uko imikino yabaye kuri uyu wa Kabiri yarangiye:

Itsinda A

  • Real Madrid 2-2 Club Brugge
  • Galatasaray 0-1 Paris Saint-Germain

Itsinda B

  • FK Crvena Zvezda 3-1 Olympiacos
  • Tottenham Hotspur FC 2-7 Bayern München

Itsinda C

  • Atalanta 1-2 Shakhtar Donetsk
  • Manchester 2-0 Dinamo Zagreb

Itsinda D

  • Juventus 3-0 Bayer Leverkusen
  • Lokomotiv Moscow 0-2 Atlético Madrid

Tanguy Ndombele acenga Serge Gnabry na Kingsley Coman

Serge Aurier akandagira David Alaba

Son Heung-min atsinda igitego cya mbere cya Tottenham

Son Heung-min yishimira igitego yatsinze nyuma yo guhusha ibindi bibiri

Kimmich yishyuriye Bayern Munich ku ishoti yatereye inyuma y’urubuga rw’amahina

Robert Lewandowski atsinda igitego cyahaye Bayern Munich gusoza igice cya mbere iyoboye umukino

Lewandowski yishimira igitego cya kabiri cy’ikipe ye

Serge Gnabry atsindira inyuma y’urubuga rw’amahina muri uyu mukino utahiriye Tottenham

Serge Gnabry yatsinze ibitego bine muri uyu mukino

Serge Gnabry w’imyaka 24 yigaragaje muri uyu mukino

Gnabry atsinda igitego cye cya kabiri cyabaye icya kane cya Bayern Munich

Tottenham yananiwe kwihagararaho imbere y’abafana bayo

Inkuru ya IGIHE

2019-10-02
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Jimmy Mulisa yagizwe umutoza mukuru wa AS Kigali by’agateganyo, Mwambali Serge agirwa ushinzwe kongerera imbaraga abakinnyi bayo

Jimmy Mulisa yagizwe umutoza mukuru wa AS Kigali by’agateganyo, Mwambali Serge agirwa ushinzwe kongerera imbaraga abakinnyi bayo

Ubwanditsi 20 Dec 2021
Abahanzikazi Charly na Nina bakomeje kwerekana ubuhanga bwabo

Abahanzikazi Charly na Nina bakomeje kwerekana ubuhanga bwabo

Ubwanditsi 28 Jun 2016
AS Kigali yatsinze umukino ubanza wa 1/2 cy’Igikombe cy’Amahoro wayihuje na Police FC, Umutoza Casa yuzuza imikino itanu adatsindwa

AS Kigali yatsinze umukino ubanza wa 1/2 cy’Igikombe cy’Amahoro wayihuje na Police FC, Umutoza Casa yuzuza imikino itanu adatsindwa

Ubwanditsi 13 May 2022
Amavubi yitegura Benin yahamagawe atarimo Sahabo na York bazize imyitwarire mibi

Amavubi yitegura Benin yahamagawe atarimo Sahabo na York bazize imyitwarire mibi

Ubwanditsi 28 Sep 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Wari uziko Arsenal ariyo kipe ifite igikombe cya shampiyona gikoze muri zahabu?
IMIKINO

Wari uziko Arsenal ariyo kipe ifite igikombe cya shampiyona gikoze muri zahabu?

Ubwanditsi 30 Jan 2018
Ibitero byo mu Kinigi : mu rwego rwo kujijisha iperereza, PDP-Imanzi yakurikiye ingabire kuva muri P5
INKURU NYAMUKURU

Ibitero byo mu Kinigi : mu rwego rwo kujijisha iperereza, PDP-Imanzi yakurikiye ingabire kuva muri P5

Ubwanditsi 16 Nov 2019
Umunsi wa 13 wa shampiyona usize hatsinzwe ibitego 21, Rayon Sports ikomeza kuyobora urutonde rw’agateganyo
Amakuru

Umunsi wa 13 wa shampiyona usize hatsinzwe ibitego 21, Rayon Sports ikomeza kuyobora urutonde rw’agateganyo

Ubwanditsi 17 Dec 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru