• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ibikorwaremezo, Guteza imbere umukino n’impano, ishoramari ryagutse ku gihugu – inyungu ku Rwanda mu kwakira BAL   |   24 May 2025

  • Bugesera FC yatsinze Rayon Sports 2-1, APR FC ifata umwanya wa mbere w’agateganyo wa Rwanda Premier League   |   21 May 2025

  • Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete   |   21 May 2025

  • I Bugesera hatashywe ikibuga cya Basketball cyubatswe ku bufatanye bwa NBA Africa na Opportunity International   |   20 May 2025

  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yavuze ku mvururu zatumye umukino wa Bugesera na Rayon Sports uhagararira ku munota wa 52   |   17 May 2025

  • Rwanda Premier league igiye guhemba abahize abandi Muri shampiyona y’u Rwanda 2024-2025   |   16 May 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Bazafasha Perezida Zuma kwishyura umutungo yanyereje

Bazafasha Perezida Zuma kwishyura umutungo yanyereje

Editorial 05 May 2016 Mu Rwanda

Bamwe mu bayobozi b’ishyaka riri ku butegetsi muri Afurika y’Epfo biyemeje gufasha Perezida Jacob Zuma ngo ashobore kwishyura amafaranga y’igihugu yakoresheje ku nyungu ze bwite.

Nk’uko bitangazwa n’ibitangaza makuru bitandukanye muri Afurika y’Epfo ubuyobozi bwa ANC bwamaze gutangaza yuko buzashyiraho ikigega cyo gufasha Zuma kwishyura amafaranga y’igihugu urukiko rwamutegetse ni iya Mpumalanga, Free State, North West na Ehlanzen.

Perezida Jacob Zuma w’imyaka 73 y’amavuko akurikiranweho kuba yarakoresheje amafaranga y’igihugu kuvugurura inyubako ye bwite iri mucyaro
iwabo Nkandla muri Kwazulu Natali. Ubutegetsi buvuga yuko iyo nzu yasanwe kubera impamvu zo gucunga neza umutekano w’umukuru w’igihugu ariko umuvunyi mukuru, Thuli Madonsela akavuga yuko ataribyo.

Raporo y’umuvunyi mukuru yasohotse muri 2014 igaragaza yuko atari ukuri kuko hari bimwe byakozwe kuri iyo nyubako bitajyanye n’umutekano wa Perezida. Madonsela agatanga urugero rw’ibiraro by’inka byubatswe, inzu y’imyidagaduro itandukanye harimo n’aherekanirwa za filimu (amphitheater), sale yo kwakiriramo abashyitsi, ibirugu by’inkoko kimwe n’ahakorerwa imyidagaduro yo koga (swimming pool), ariko abo ku ruhande rwa Zuma bakavuga yuko iyo swimming iri mu bijyane n’umutekano ngo kuko ishobora kwifashishwa kuzimya inkongi y’umuliro !

Ibiro by’umuvunyi mukuru bivuga yuko isanwa ry’iyo nyubako bwite ya Zuma ryatwaye leta akayabo kangana n’amadolari miliyoni 16 ($16), bitegeka Perezida Zuma yuko yakwishyura nibura $ 680,000) ya byabindi byakozwe ariko bitajyanye n’umutekano w’umukuru w’igihugu.

Mu mpera z’ukwa gatatu urukiko rushinzwe itegeko nshinga rwarateranye, abacamanza bose uko ari 11 banzura yuko Perezida Zuma yasuzuguye bamuha igihano cyo kugawa anategekwa yuko agomba kwishyura ayo mafaranga bitarenze iminsi 105.

Aha rero niho bamwe mu bayobozi ba ANC batangiye ibyo byo gushakisha uko bakusanya amafaranga ngo bagoboke Zuma yishyure kuko atishyuye yaba ari mu mazi abira, birimo no kuba yakurwaho icyizere.

-2758.jpg

Perezida Jacob Zuma

Amakuru afatika agaragaza yuko ibi nabyo by’abo muri ANC gushaka kugoboka Zuma ngo bamufashe kwishyura ayo mafaranga,yakoresheje bujura, bishobora kuzateza ibindi bibazo kuko hari bamwe muri iryo shyaka usanga batabishyigikiye.

N’umunyamabanga mukuru wa ANC ku rwego rw’igihugu, Gwede Mantashe, avuga yuko ubwo buryo bwo gushaka kugoboka Zuma bufite inenge ngo kuko buhera hejuru bujya hasi, akavuga yuko ari bibi cyane ubuyobozi bwa ANC ku rwego rw’intara gutegeka ibyo ubwo hasi (branches) kugendera ku byifuzo byabwo.

-2757.jpg

Inyubako za Nkandla, zazaniye Zuma ibibazo ashobora kutazikuramo

Kayumba Casmiry

2016-05-05
Editorial

IZINDI NKURU

Ikipe ya AS Kigali yatangaje ko Mike Muteebi ari umutoza wayo mushya naho Bugesera FC itangaza Ndayiragije Etienne

Ikipe ya AS Kigali yatangaje ko Mike Muteebi ari umutoza wayo mushya naho Bugesera FC itangaza Ndayiragije Etienne

Editorial 19 Jan 2022
Mutimamuke wo mu Rutiba, uruviri ruvire mu nzira rutaravuza ubuhuha!

Mutimamuke wo mu Rutiba, uruviri ruvire mu nzira rutaravuza ubuhuha!

Editorial 17 Nov 2024
Iya 24 Mata 1994: Inkotanyi zatangiye guhungishiriza i Byumba abo zari zarokoye

Iya 24 Mata 1994: Inkotanyi zatangiye guhungishiriza i Byumba abo zari zarokoye

Editorial 24 Apr 2018
Abashinwa Bahize kurandura burundu Ubushomeri mu Rwanda

Abashinwa Bahize kurandura burundu Ubushomeri mu Rwanda

Editorial 10 Sep 2023
Ikipe ya AS Kigali yatangaje ko Mike Muteebi ari umutoza wayo mushya naho Bugesera FC itangaza Ndayiragije Etienne

Ikipe ya AS Kigali yatangaje ko Mike Muteebi ari umutoza wayo mushya naho Bugesera FC itangaza Ndayiragije Etienne

Editorial 19 Jan 2022
Mutimamuke wo mu Rutiba, uruviri ruvire mu nzira rutaravuza ubuhuha!

Mutimamuke wo mu Rutiba, uruviri ruvire mu nzira rutaravuza ubuhuha!

Editorial 17 Nov 2024
Iya 24 Mata 1994: Inkotanyi zatangiye guhungishiriza i Byumba abo zari zarokoye

Iya 24 Mata 1994: Inkotanyi zatangiye guhungishiriza i Byumba abo zari zarokoye

Editorial 24 Apr 2018
Abashinwa Bahize kurandura burundu Ubushomeri mu Rwanda

Abashinwa Bahize kurandura burundu Ubushomeri mu Rwanda

Editorial 10 Sep 2023
Ikipe ya AS Kigali yatangaje ko Mike Muteebi ari umutoza wayo mushya naho Bugesera FC itangaza Ndayiragije Etienne

Ikipe ya AS Kigali yatangaje ko Mike Muteebi ari umutoza wayo mushya naho Bugesera FC itangaza Ndayiragije Etienne

Editorial 19 Jan 2022
Mutimamuke wo mu Rutiba, uruviri ruvire mu nzira rutaravuza ubuhuha!

Mutimamuke wo mu Rutiba, uruviri ruvire mu nzira rutaravuza ubuhuha!

Editorial 17 Nov 2024
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru