• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Bazafasha Perezida Zuma kwishyura umutungo yanyereje

Bazafasha Perezida Zuma kwishyura umutungo yanyereje

Editorial 05 May 2016 Mu Rwanda

Bamwe mu bayobozi b’ishyaka riri ku butegetsi muri Afurika y’Epfo biyemeje gufasha Perezida Jacob Zuma ngo ashobore kwishyura amafaranga y’igihugu yakoresheje ku nyungu ze bwite.

Nk’uko bitangazwa n’ibitangaza makuru bitandukanye muri Afurika y’Epfo ubuyobozi bwa ANC bwamaze gutangaza yuko buzashyiraho ikigega cyo gufasha Zuma kwishyura amafaranga y’igihugu urukiko rwamutegetse ni iya Mpumalanga, Free State, North West na Ehlanzen.

Perezida Jacob Zuma w’imyaka 73 y’amavuko akurikiranweho kuba yarakoresheje amafaranga y’igihugu kuvugurura inyubako ye bwite iri mucyaro
iwabo Nkandla muri Kwazulu Natali. Ubutegetsi buvuga yuko iyo nzu yasanwe kubera impamvu zo gucunga neza umutekano w’umukuru w’igihugu ariko umuvunyi mukuru, Thuli Madonsela akavuga yuko ataribyo.

Raporo y’umuvunyi mukuru yasohotse muri 2014 igaragaza yuko atari ukuri kuko hari bimwe byakozwe kuri iyo nyubako bitajyanye n’umutekano wa Perezida. Madonsela agatanga urugero rw’ibiraro by’inka byubatswe, inzu y’imyidagaduro itandukanye harimo n’aherekanirwa za filimu (amphitheater), sale yo kwakiriramo abashyitsi, ibirugu by’inkoko kimwe n’ahakorerwa imyidagaduro yo koga (swimming pool), ariko abo ku ruhande rwa Zuma bakavuga yuko iyo swimming iri mu bijyane n’umutekano ngo kuko ishobora kwifashishwa kuzimya inkongi y’umuliro !

Ibiro by’umuvunyi mukuru bivuga yuko isanwa ry’iyo nyubako bwite ya Zuma ryatwaye leta akayabo kangana n’amadolari miliyoni 16 ($16), bitegeka Perezida Zuma yuko yakwishyura nibura $ 680,000) ya byabindi byakozwe ariko bitajyanye n’umutekano w’umukuru w’igihugu.

Mu mpera z’ukwa gatatu urukiko rushinzwe itegeko nshinga rwarateranye, abacamanza bose uko ari 11 banzura yuko Perezida Zuma yasuzuguye bamuha igihano cyo kugawa anategekwa yuko agomba kwishyura ayo mafaranga bitarenze iminsi 105.

Aha rero niho bamwe mu bayobozi ba ANC batangiye ibyo byo gushakisha uko bakusanya amafaranga ngo bagoboke Zuma yishyure kuko atishyuye yaba ari mu mazi abira, birimo no kuba yakurwaho icyizere.

-2758.jpg

Perezida Jacob Zuma

Amakuru afatika agaragaza yuko ibi nabyo by’abo muri ANC gushaka kugoboka Zuma ngo bamufashe kwishyura ayo mafaranga,yakoresheje bujura, bishobora kuzateza ibindi bibazo kuko hari bamwe muri iryo shyaka usanga batabishyigikiye.

N’umunyamabanga mukuru wa ANC ku rwego rw’igihugu, Gwede Mantashe, avuga yuko ubwo buryo bwo gushaka kugoboka Zuma bufite inenge ngo kuko buhera hejuru bujya hasi, akavuga yuko ari bibi cyane ubuyobozi bwa ANC ku rwego rw’intara gutegeka ibyo ubwo hasi (branches) kugendera ku byifuzo byabwo.

-2757.jpg

Inyubako za Nkandla, zazaniye Zuma ibibazo ashobora kutazikuramo

Kayumba Casmiry

2016-05-05
Editorial

IZINDI NKURU

Hamenyekanye amakipe 7 muri buri kiciro cy’abarwanira igikombe ndetse n’ahatanira kutajya mu kiciro cya kabiri, ibyaranze umunsi wa nyuma w’amatsinda abura umukino umwe.

Hamenyekanye amakipe 7 muri buri kiciro cy’abarwanira igikombe ndetse n’ahatanira kutajya mu kiciro cya kabiri, ibyaranze umunsi wa nyuma w’amatsinda abura umukino umwe.

Editorial 18 May 2021
Nyuma y’imvune y’urutugu y’umunyezamu wa Police FC Habarurema Gahungu, yaraye abazwe ndetse abwirwa ko azamara hafi amezi 4 adakina

Nyuma y’imvune y’urutugu y’umunyezamu wa Police FC Habarurema Gahungu, yaraye abazwe ndetse abwirwa ko azamara hafi amezi 4 adakina

Editorial 13 Nov 2021
Bamwe mu bagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi baradohorewe, bo babifata nko kubatinya cyangwa kubinginga

Bamwe mu bagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi baradohorewe, bo babifata nko kubatinya cyangwa kubinginga

Editorial 13 Dec 2024
Lt Gen Kamanzi yatangiye ubutumwa bwe nk’Umuyobozi w’Ingabo za UNMISS

Lt Gen Kamanzi yatangiye ubutumwa bwe nk’Umuyobozi w’Ingabo za UNMISS

Editorial 30 May 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Polisi y’u Rwanda yatangaje uko byari byifashe kuri Noheli
Mu Mahanga

Polisi y’u Rwanda yatangaje uko byari byifashe kuri Noheli

Editorial 26 Dec 2016
Eddy Kenzo yakoreye indirimbo umukobwa bahuriye i Kigali
IMIKINO

Eddy Kenzo yakoreye indirimbo umukobwa bahuriye i Kigali

Editorial 06 Jan 2016
Twagiramungu Faustin Alias Rukokoma,  yapfuye ahagaze
POLITIKI

Twagiramungu Faustin Alias Rukokoma, yapfuye ahagaze

Editorial 10 Oct 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru