• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Abarwanyi ba FDLR na Wazalendo bavurirwa mu Burundi ku ngengo y’igisirikare cy’u Burundi   |   24 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’Umukino wa Volleyball mu Bagabo yatangiye imyiteguro y’igikombe cya Afurika cyaherukaga kuba muri 2023   |   23 Jul 2026

  • Igikombe kirajya mu bindi twibitseho, ubutumwa bwa Gen. MK Mubarakh yageneye abafana ba APR FC yitegura gukina CECAFA Kagame Cup 2026   |   22 Jul 2026

  • Police FC yatangaje umunya-Maroc, Jaafar Rkyek nk’umutoza mukuru wayo asimbuye Ben Moussa watandukanye n’iyi kipe   |   21 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza wa Mukura VS, Tomáš Trucha, yageze mu Rwanda aho aje gutangira akazi   |   20 Jul 2026

  • AMAFOTO – Rayon Spotrs yasinyanye amasezerayo y’ubufatanye na Bank of Kigali y’igihe cy’imyaka 5, ikazabona arenga Miliyari 1 ku mwaka   |   18 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Bazafasha Perezida Zuma kwishyura umutungo yanyereje

Bazafasha Perezida Zuma kwishyura umutungo yanyereje

Ubwanditsi 05 May 2016 Mu Rwanda

Bamwe mu bayobozi b’ishyaka riri ku butegetsi muri Afurika y’Epfo biyemeje gufasha Perezida Jacob Zuma ngo ashobore kwishyura amafaranga y’igihugu yakoresheje ku nyungu ze bwite.

Nk’uko bitangazwa n’ibitangaza makuru bitandukanye muri Afurika y’Epfo ubuyobozi bwa ANC bwamaze gutangaza yuko buzashyiraho ikigega cyo gufasha Zuma kwishyura amafaranga y’igihugu urukiko rwamutegetse ni iya Mpumalanga, Free State, North West na Ehlanzen.

Perezida Jacob Zuma w’imyaka 73 y’amavuko akurikiranweho kuba yarakoresheje amafaranga y’igihugu kuvugurura inyubako ye bwite iri mucyaro
iwabo Nkandla muri Kwazulu Natali. Ubutegetsi buvuga yuko iyo nzu yasanwe kubera impamvu zo gucunga neza umutekano w’umukuru w’igihugu ariko umuvunyi mukuru, Thuli Madonsela akavuga yuko ataribyo.

Raporo y’umuvunyi mukuru yasohotse muri 2014 igaragaza yuko atari ukuri kuko hari bimwe byakozwe kuri iyo nyubako bitajyanye n’umutekano wa Perezida. Madonsela agatanga urugero rw’ibiraro by’inka byubatswe, inzu y’imyidagaduro itandukanye harimo n’aherekanirwa za filimu (amphitheater), sale yo kwakiriramo abashyitsi, ibirugu by’inkoko kimwe n’ahakorerwa imyidagaduro yo koga (swimming pool), ariko abo ku ruhande rwa Zuma bakavuga yuko iyo swimming iri mu bijyane n’umutekano ngo kuko ishobora kwifashishwa kuzimya inkongi y’umuliro !

Ibiro by’umuvunyi mukuru bivuga yuko isanwa ry’iyo nyubako bwite ya Zuma ryatwaye leta akayabo kangana n’amadolari miliyoni 16 ($16), bitegeka Perezida Zuma yuko yakwishyura nibura $ 680,000) ya byabindi byakozwe ariko bitajyanye n’umutekano w’umukuru w’igihugu.

Mu mpera z’ukwa gatatu urukiko rushinzwe itegeko nshinga rwarateranye, abacamanza bose uko ari 11 banzura yuko Perezida Zuma yasuzuguye bamuha igihano cyo kugawa anategekwa yuko agomba kwishyura ayo mafaranga bitarenze iminsi 105.

Aha rero niho bamwe mu bayobozi ba ANC batangiye ibyo byo gushakisha uko bakusanya amafaranga ngo bagoboke Zuma yishyure kuko atishyuye yaba ari mu mazi abira, birimo no kuba yakurwaho icyizere.

-2758.jpg

Perezida Jacob Zuma

Amakuru afatika agaragaza yuko ibi nabyo by’abo muri ANC gushaka kugoboka Zuma ngo bamufashe kwishyura ayo mafaranga,yakoresheje bujura, bishobora kuzateza ibindi bibazo kuko hari bamwe muri iryo shyaka usanga batabishyigikiye.

N’umunyamabanga mukuru wa ANC ku rwego rw’igihugu, Gwede Mantashe, avuga yuko ubwo buryo bwo gushaka kugoboka Zuma bufite inenge ngo kuko buhera hejuru bujya hasi, akavuga yuko ari bibi cyane ubuyobozi bwa ANC ku rwego rw’intara gutegeka ibyo ubwo hasi (branches) kugendera ku byifuzo byabwo.

-2757.jpg

Inyubako za Nkandla, zazaniye Zuma ibibazo ashobora kutazikuramo

Kayumba Casmiry

2016-05-05
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umuhanzi Meddy agiye guhuza  ba Rwiyemezamirimo badafite ubushobozi  hamwe n’Abashoramari.

Umuhanzi Meddy agiye guhuza ba Rwiyemezamirimo badafite ubushobozi hamwe n’Abashoramari.

Ubwanditsi 22 Sep 2017
Nyamagabe: Umuturage akurikiranweho Tract  iriho urutonde rw’abacitse ku icumu ibatera ubwoba

Nyamagabe: Umuturage akurikiranweho Tract iriho urutonde rw’abacitse ku icumu ibatera ubwoba

Ubwanditsi 16 Apr 2017
Rubavu : Umukobwa w’imyaka 23 yishwe anizwe

Rubavu : Umukobwa w’imyaka 23 yishwe anizwe

Ubwanditsi 24 Aug 2017
Nyuma y’amezi asaga atatu nta ndirimbo ashyira hanze, Bruce Melodie yifashishije Khaligraph Jones wo muri Kenya bakora iyitwa Sawa Sawa

Nyuma y’amezi asaga atatu nta ndirimbo ashyira hanze, Bruce Melodie yifashishije Khaligraph Jones wo muri Kenya bakora iyitwa Sawa Sawa

Ubwanditsi 20 Oct 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame yifuza impinduka mu bwikorezi bwo mu kirere
Mu Mahanga

Perezida Kagame yifuza impinduka mu bwikorezi bwo mu kirere

Ubwanditsi 22 Feb 2017
AS Kigali yasubitse ibirori bya APR FC, ni nyuma yo kunganya 2-2 mu mukino wa shampiyona utarabereye igihe
Amakuru

AS Kigali yasubitse ibirori bya APR FC, ni nyuma yo kunganya 2-2 mu mukino wa shampiyona utarabereye igihe

Ubwanditsi 16 Apr 2024
Nyabihu: Abaturage bakanguriwe kwirinda amakimbirane
Mu Mahanga

Nyabihu: Abaturage bakanguriwe kwirinda amakimbirane

Ubwanditsi 06 Feb 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru