• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»IKORANABUHANGA»Bill Gates yavuze ikosa rikomeye yakoze ubwo yari mu buyobozi bwa Microsoft

Bill Gates yavuze ikosa rikomeye yakoze ubwo yari mu buyobozi bwa Microsoft

Editorial 26 Jun 2019 IKORANABUHANGA

Umwe mu bashinze sosiyete y’ikoranabuhanga ya Microsoft , Bill Gates yatangaje ko rimwe mu makosa akomeye yakoze ubwo yari ayoboye iyo sosiyete ari ukuba yararetse sosiyete za Google na Apple zikabacaho mu gukora porogaramu za Android na iPhone zifashishwa muri telefone zigezweho.

Microsoft imaze imyaka 44 iri ku isonga mu gukora porogaramu ya Windows yifashishwa muri za mudasobwa hirya no hino ku isi ariko kwigarurira isoko mu gukora porogaramu zikoreshwa muri telefone byaranze.

Kuri uyu wa Mbere Bill Gates yavuze ko yakosheje cyane kudashyira imbaraga nyinshi mu gukora porogaramu zifite imbaraga zikoreshwa muri telefone.

Yagize ati “Dukora uburyo bwo gukora porogaramu z’ikoranabuhanga zifashwa muri za mudasobwa . Twari tubizi ko na za telefone zizagera aho zikagerwaho dutangiza porogaramu yitwa Windows Mobile.”

Gates yakomeje agira ati “Ntabwo twigeze dushaka abantu bashoboye ngo babikore. Ni ikosa rikomeye nakoze kuko byari mu bushobozi bwacu. Sosiyete yacu yakabaye yarabigezeho ariko siko byagenze.”

CNBC yatangaje ko mu gihe ibijyanye na porogaramu zifashishwa muri telefone byatangiraga kwigarurirwa n’ibindi bigo, Microsoft yayoborwaga na Steve Ballmer. Icyo gihe Gates yari ashinzwe ibyo gukora za porogaramu nyuma aza kuba umuyobozi mukuru w’inama y’ubutegetsi y’icyo kigo.

Google yaguze Android mu mwaka wa 2005 kuri miliyoni 50 z’amadolari. Icyo kigo cyatangaje ko cyabikoze ngo gihangane na porogaramu Microsoft yari yaratangije ya Windows Mobile.

Android yakomeje kuvugururwa kugeza ubwo ikuye ku isoko Windows Mobile ya Microsoft.

Ubwo porogaramu ya iPhone yakozwe na sosisyete ya Apple yatangiraga gukoreshwa cyane muri telefone , ngo Ballmer wari umuyobozi wa Microsoft yarabisetse cyane avuga ko itazakundwa ku isoko kuko telefone zayo zitagira aho bandikira (Keyboard) hagaragara kandi zikaba zihenze cyane.

Inkuru ya IGIHE

2019-06-26
Editorial

IZINDI NKURU

U Rwanda rwatangije gahunda idasanzwe yo guhashya imibu itera Malaria hifashishijwe ’drones’

U Rwanda rwatangije gahunda idasanzwe yo guhashya imibu itera Malaria hifashishijwe ’drones’

Editorial 10 Mar 2020
Umunyarwanda yavumbuye ikoranabuhanga rikoreshwa muri Gari ya moshi zo mu Bushinwa

Umunyarwanda yavumbuye ikoranabuhanga rikoreshwa muri Gari ya moshi zo mu Bushinwa

Editorial 13 Jan 2020
Candy Basomingera, wari umuyobozi mukuru wungirije wa RCB, yagizwe Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri ya Siporo

Candy Basomingera, wari umuyobozi mukuru wungirije wa RCB, yagizwe Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri ya Siporo

Editorial 16 Jul 2025
Amerika iri kureba igitsure Facebook ishaka gufatanyiriza hamwe Instagram na WhatsApp

Amerika iri kureba igitsure Facebook ishaka gufatanyiriza hamwe Instagram na WhatsApp

Editorial 17 Dec 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida wa Zimbabwe yasabye u Rwanda kumufasha kumenya kureshya abashoramari
UBUKUNGU

Perezida wa Zimbabwe yasabye u Rwanda kumufasha kumenya kureshya abashoramari

Editorial 11 Apr 2018
Guverinoma y’u Buholandi yacecekesheje abadepite bayo banenze ubufatanye bw’u Rwanda na Arsenal
HIRYA NO HINO

Guverinoma y’u Buholandi yacecekesheje abadepite bayo banenze ubufatanye bw’u Rwanda na Arsenal

Editorial 02 Jun 2018
Burundi : Imyigaragambyo yo kwamagana u Rwanda
Mu Rwanda

Burundi : Imyigaragambyo yo kwamagana u Rwanda

Editorial 16 Feb 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru