• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025   |   22 Sep 2025

  • Wazalendo yarahiye ko nta mututsi ukwiye gutura muri Uvira   |   22 Sep 2025

  • FERWAFA na Rwanda Premier League basinye amabwiriza mashya agenga shampiyona y’u Rwanda 2025/26   |   11 Sep 2025

  • Minisiteri ya Siporo yahaye ibendera abakinnyi bagiye guhagararira u Rwanda mu gikombe cya Afurika kizabera mu Misiri   |   10 Sep 2025

  • Amavubi yabonye intsinzi imbere ya Zimbabwe, afata umwanya wa 3 mu gushaka itike y’igikombe cy’Isi 20206   |   09 Sep 2025

  • Gatebuke Claude n’Ibinyoma ku Mateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi agamije kuyihakana   |   09 Sep 2025

 
You are at :Home»UBUKUNGU»BRD imaze kugaruza miliyari 10 muri 70 Frw yishyuza abarihiwe na leta muri Kaminuza

BRD imaze kugaruza miliyari 10 muri 70 Frw yishyuza abarihiwe na leta muri Kaminuza

Editorial 18 Jul 2019 UBUKUNGU

Banki Itsura Amajyambere (BRD) , yatangaje kuva ihawe inshingano zo gukurikirana no kwishyuza abanyeshyuri barihiwe na leta kwiga Amashuri Makuru na Kaminuza mu 2016, imaze kugaruza miliyari 10 kuri miliyari 70 FRW yasabwe kugaruza.

Kuri uyu wa Kane, BRD yahuye n’inzego zitandukanye zirimo iz’abikorera, iza leta n’abakoresha batandukanye, harebwa uko ikibazo cy’abatishyura amafaranga bagurijwe na leta cyakemuka.

Umuyobozi Mukuru wa BRD, Eric Rutabana yavuze ko iyi banki yafashe inshingano zo gukurikirana no gutanga inguzanyo ku banyeshuri biga mu mashuri makuru na Kaminuza mu 2016, nyuma yo gusinyana amasezerano na leta binyuze muri Minisiteri y’uburezi.

Yatangaje ko muri icyo gihe ingano y’amafaranga yagombaga kwishyuzwa yageraga kuri miliyari 70, kugeza ubu amaze kwishyuzwa ni miliyari 10, ibi bigaragaza ko hakiri inzira ndende.

Gusa yavuze ko igishimishije ni uko muri iyi myaka abishyura bagenda biyongera. Kuva mu 2016 abishyuye batanze miliyari 1.4, mu 2017 bishyura miliyari 2.4 naho mu 2018 bishyura miliyari 3.4.

Yagize ati “Murumva ko inzira ari nziza, igikorwa nk’iki cyo guhura kiba kigamije gushishikariza ari ababonye inguzanyo n’abakoresha kudufasha muri iyo nzira kugira ngo umubare w’abishyura urusheho kwiyongera.”

Rutabana yavuze ko abagomba kwishyura bagera ku bihumbi 70, mu gihe abitabira kwishyura ari ibihumbi 12 gusa.

Ati “Hari benshi batigaragaza ngo bavuge ko babonye inguzanyo, ibi babiterwa n’uko abo mu myaka ya kera hari abo tudafitiye amakuru y’aho baherereye, ibyo bize ndetse n’amafaranga bahawe, turasaba ko impande zose zikomeza gufatanya ngo tumenye abo bantu aho baherereye tubashe kubishyuza.”

Mu bindi bibazo bituma abarihiwe na leta batishyura uko bikwiye harimo ko usanga nk’abize mbere y’umwaka wa 2008 nta ndangamuntu bari bafite zikoresha ikoranabuhanga, kubatahura ubu bikaba bigoye.

Rutabana yavuze ko barimo gukorana n’ibigo nk’igishinzwe Indangamuntu mu Rwanda (NIDA, Ikigo cy’Igihugu cy’Imisoro n’Amahoro, RRA, Ikigo cy’Ubwiteganyirize mu Rwanda (RSSB) n’ibindi kugira ngo amakuru atuzuye bafite arusheho kuzuzwa.

Minisitiri w’Uburezi, Dr Eugène Mutimura na we witabiriye iki gikorwa yashimiye ibigo byamaze gufatanya kugira ngo aya mafaranga yishyurwe, avuga ko hanakwiye gukomeza gufatanya na za ambasade kugira ngo na babandi bari hanze y’u Rwanda bishyuzwe.

Yagize ati “Abenshi ntabwo baba bazi ko iyo bishyuye aya mafaranga baba bishyuriye abana babo, barumuna babo n’abandi mu gihe kiri imbere.”

Muri iki gikorwa kandi hahembwe ibigo byaba ibya leta, iby’abikorera n’abantu ku giti cyabo bagize uruhare mu kwishyura cyangwa kwishyuza aya mafaranga.
Umwe mu bahembwe ku giti cyabo ni Komiseri mukuru wungirije wa RCS, DCGP Jeanne Chantal Ujeneza.

Yavuze ko yahawe inkunga yo kwiga mu 2000-2004 ubwo yigaga mu cyahoze ari Kaminuza Nkuru y’u Rwanda, nyuma aza kwiga icyiciro cya gatatu cya Kaminuza nabwo afashijwe na leta.

Yagize ati “Ubwo twari mu kazi nibwo baje kudushishikariza nanjye nibonamo ko ngomba kwishyura, mu by’ukuri ayo mafaranga ntayo nari mfite ariko naravuze nti ngomba kuyashaka, nagiye muri banki mbabwira ko mfite umwenda ngomba kwishyura, banki yaranyumvise irayampa yose nyishyurira rimwe.”

Yasabye n’abandi bose barihiwe na leta kumva ko kwishyura ari ugufasha abandi bakeneye ubu bufasha mu gihe kiri imbere.

Src : IGIHE

2019-07-18
Editorial

IZINDI NKURU

IMF yemereye u Rwanda inguzanyo y’ingoboka ya miliyari 22 Frw

IMF yemereye u Rwanda inguzanyo y’ingoboka ya miliyari 22 Frw

Editorial 17 Jan 2018
Leta yagaragaje uko miliyari 100 Frw zatanzwe na IMF zizakoresha n’ingaruka zitezwe mu bukungu

Leta yagaragaje uko miliyari 100 Frw zatanzwe na IMF zizakoresha n’ingaruka zitezwe mu bukungu

Editorial 05 Apr 2020
Inyungu ya BK Group Plc yageze kuri miliyari 27.4 Frw mu 2018

Inyungu ya BK Group Plc yageze kuri miliyari 27.4 Frw mu 2018

Editorial 28 Mar 2019
Gahunda ya NEPAD igiye guhindurwa Ikigo cya AU gishinzwe iterambere

Gahunda ya NEPAD igiye guhindurwa Ikigo cya AU gishinzwe iterambere

Editorial 10 Jul 2018
IMF yemereye u Rwanda inguzanyo y’ingoboka ya miliyari 22 Frw

IMF yemereye u Rwanda inguzanyo y’ingoboka ya miliyari 22 Frw

Editorial 17 Jan 2018
Leta yagaragaje uko miliyari 100 Frw zatanzwe na IMF zizakoresha n’ingaruka zitezwe mu bukungu

Leta yagaragaje uko miliyari 100 Frw zatanzwe na IMF zizakoresha n’ingaruka zitezwe mu bukungu

Editorial 05 Apr 2020
Inyungu ya BK Group Plc yageze kuri miliyari 27.4 Frw mu 2018

Inyungu ya BK Group Plc yageze kuri miliyari 27.4 Frw mu 2018

Editorial 28 Mar 2019
Gahunda ya NEPAD igiye guhindurwa Ikigo cya AU gishinzwe iterambere

Gahunda ya NEPAD igiye guhindurwa Ikigo cya AU gishinzwe iterambere

Editorial 10 Jul 2018
IMF yemereye u Rwanda inguzanyo y’ingoboka ya miliyari 22 Frw

IMF yemereye u Rwanda inguzanyo y’ingoboka ya miliyari 22 Frw

Editorial 17 Jan 2018
Leta yagaragaje uko miliyari 100 Frw zatanzwe na IMF zizakoresha n’ingaruka zitezwe mu bukungu

Leta yagaragaje uko miliyari 100 Frw zatanzwe na IMF zizakoresha n’ingaruka zitezwe mu bukungu

Editorial 05 Apr 2020
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Pariki ya Nyungwe ni Inyambo itatse iraba mu Bukerarugendo bw’u Rwanda
Amakuru

Pariki ya Nyungwe ni Inyambo itatse iraba mu Bukerarugendo bw’u Rwanda

Editorial 22 Jul 2024
Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame bitabiriye inama ya FOCAC mu Bushinwa
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame bitabiriye inama ya FOCAC mu Bushinwa

Editorial 01 Sep 2018
Yatawe muri yombi aje gusomera discours ya Juvenal Habyarimana [ Revolution ya MRND ] mu muhango wo kwibuka
INKURU NYAMUKURU

Yatawe muri yombi aje gusomera discours ya Juvenal Habyarimana [ Revolution ya MRND ] mu muhango wo kwibuka

Editorial 08 Apr 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru