• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Burundi: Bamwe mu bakekwaho kuzasimbura Perezida Nkurunziza, barigamba ubwicanyi [ VIDEO ]

Burundi: Bamwe mu bakekwaho kuzasimbura Perezida Nkurunziza, barigamba ubwicanyi [ VIDEO ]

Editorial 10 Oct 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Mu gihe habura igihe kitageze ku mwaka ngo mu Burundi habe amatora y’umukuru w’igihugu uzasimbura Perezida Nkurunziza, mu gihe koko yaba atongeye kwiyamamaza nk’uko yabisezeranyije, hari bamwe mu bayobozi mu ishyaka CNDD-FDD bakekwaho kumusimbura tugiye kubagezaho, ariko bafite inenge bamwe basanga zituma badakwiye kuvamo umukuru w’igihugu nk’uko abakurikiranira hafi politiki y’u Burundi babyemeza.

Nyabenda Pascal

Uyu ni Perezida w’Inteko shinga Amategeko ndetse akaba na Perezida w’ishyaka CNDD-FDD kuva mu 2012. Avugwaho kuba ari inyuma y’ubwicanyi bwakorewe abantu benshi muri Bubanza,  na disikuru  zihembera ubwicanyi zishishikariza imbonerakure kwica, kuba yaranyereje amafaranga yagombaga kugurwamo moto zo guha abakuriye ishyaka CNDD-FDD mu makomini atandakanye, no kugira uruhare mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro butemewe.

Nyabenda kuri ubu ntari ku rutonde rw’abakandida ba CNDD-FDD ku myanya y’abadepite n’abasenateri mu matora yo mu 2020 ari naho bamwe bahera bakeka ko yaba yihishe inyuma, ateganya kwiyamamariza umwanya w’umukuru w’igihugu. Ari ku rutonde kandi rukiriho n’ubu rw’abantu bari bitandukanyije n’ubutegetsi mu 2015.

Avugwaho kuba umuyobozi w’agatsiko k’abahezanguni b’abanyabubanza bagirana ibiganiro mu ibanga bashaka kwitandukanya na Perezida Nkurunziza.

Avugwaho kuba yaragiye agurisha imyanya yo mu nzego zo hejuru n’imyanya y’ingenzi nka Perezida wa CNDD-FDD, akavugwaho ibikorwa byinshi bya ruswa no kunyereza umutungo w’igihugu no kuba yaragurishije amabanga menshi y’igihugu muri Canada, Australia na Malawi ndetse ngo yiteguye no gushyikiriza Nkurunziza Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha igihe yaba atakiri k’ubutegetsi. Usibye ibi, ngo Nyabenda nta nubwo akunzwe mu ishyaka.

Évariste Ndayishimiye 

Uyu kuri ubu ni Umunyamabanga Mukuru wa CNDD-FDD akaba yarazamukiye mu nyeshyamba akaba minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu. Uyu azwiho gukunda agatama ku buryo anywa ntabashe no kwishyura ba guverineri akaba ari bo basigara bishyura fagitire ze yagiye. 

Avugwaho kandi kuba yaratumye imishinga myinshi y’imiryango itegamiye kuri leta yaragiye ipfa kubera kwanga kumwereka umugabane we.

Nk’umuyobozi wa cabinet ya gisirikare y’umukuru w’igihugu, ngo yagiye yiyegereza abantu bafite agatubutse abasha gukuramo icya cumi, cyane cyane mu banyemari bo mu bwoko bw’Abatutsi. Nk’Umuyobozi Mukuru w’Ikigo SOBUGEA, hazahora hibukwa imicungire mibi y’umutungo yamuranze, kugira uruhare mu bucuruzi bw’ibiyobyabwenge n’amabuye y’agaciro binyuranyije n’amategeko, kunyereza imisoro cyangwa imisoro yagiye inyerezwa n’abantu begereye ubutegetsi.

Nk’umuyobozi wa cabinet ya gisivili, uyu ngo yakoze ibindi byose usibye akazi ke kandi ngo yakoreraga byinshi inyuma y’umugongo w’umukuru w’igihugu.

Nyuma yo kuba Umunyamabanga Mukuru wa CNDD-FDD rero ngo nibwo Evariste Ndayishimiye yagaragaje isura ye ya nyayo. Usibye kuba yarabyuririyeho mu kwikungahaza akagera ku rwego rw’agatsiko k’abajenerali bakikije perezida Nkurunziza, yagiye arangwa n’ibikorwa bigayitse birimo kugurisha imyanya y’akazi, kwivanga mu masoko ya leta, gutegeka ubucamanza uko bufata ibyemezo, guhohotera, gusahura, kwica abo batavuga rumwe cyangwa abatayoboka CNDD-FDD.

Bivugwa ko yari afite icyumba gikorerwamo iyicarubozo na kasho ku cyicaro cya CNDD-FDD, ndetse ngo n’aho atuye hakaba hari ibyumba nk’ibi. Igikorwa aherutse gukora cyo kwibasira Kiliziya Gaturika akayikoza isoni ayishinja ibinyoma, kiri mu byatumye ngo atakarizwa icyizere ku rugero rwa 60% by’abatora.

Ni umuntu ukunze kurangwa n’uburakari bukabije, gukora atabanje gutekereza no kutigirira icyizere. Avugwaho kandi kuba akunze kuba yarakariye sebuja kandi ngo imbwa yarakaye ishobora gukora icyo ari cyo cyose.

Révérien Ndikuriyo

Uyu kuri ubu niwe Perezida wa Sena akaba yarahoze mu nyeshyamba za CNDD-FDD. Ni umugabo ngo urangwa no guhubuka, kutagira umutimanama, wamunzwe na ruswa. Azwiho kuba umwicanyi wo ku rwego rwo hejuru kandi akabyiyemerera ku mugaragaro.

Azwiho intero yazanye agira ati: “Kora” n’ibyo aherutse gutangaza yemera ko yatanze miliyoni 5 ngo bamwicire umuntu. Ngo ni impuguke mu kuvuga imbwirwaruhame zibiba urwango no gukangurira rubanda gukorera jenoside ku batutsi, ariko ngo aniyumva nk’uzasimbura Nkurunziza. [ VIDEO ]

Ikintu ariko abantu batazi n’uko yigeze gufatanwa uburozi yagombaga gukoresha mu kwivugana abarwanyi ba CNDD-FDD ubwo bari bakiri mu ishyamba, ndetse no kuba yarateganyaga kuroga perezida mu 2014. Azwiho kandi kunyereza umutungo wa rubanda ndetse n’uwa FIFA.

Akiri Guverineri wa Makamba kandi ngo yibye imitungo y’impunzi ayigurisha abatangaga agatubutse. Uyu mugabo udakunzwe kandi, ngo yimuye icyicaro cya Sena akijyana muri Gitega kugirango abashe gukurikirana uruganda rwe rupfunyika amazi yo kunywa. Ni uruganda avugwaho gushinga yifashishije umutungo wa leta kandi agakoresha abakozi ba leta barimo abapolisi.

Uyu mugabo bivugwa ko adafite ubwenge buhambaye, avugwaho kuba yarivanze mu kazi ka Komisiyo y’igihugu ishinzwe ubutaka n’indi mitungo, CNTB, ngo itazakora ku nyungu z’inshuti ze z’i Bururi kuko nawe ari ho akomoka muri Komini Songa.

Abasesenguzi bati : “Uyu ngo yaba ibindibyose usibye kuba perezida “.

2019-10-10
Editorial

IZINDI NKURU

Victoire Ingabire yibukijwe ko igihe cya Muvoma cyo kubiba ingengabitekerezo ya Jenoside cyibagiranye 

Victoire Ingabire yibukijwe ko igihe cya Muvoma cyo kubiba ingengabitekerezo ya Jenoside cyibagiranye 

Editorial 29 Aug 2022
Ikinamico rivanze n’agashinyaguro: I Goma, imirambo 200 y’abishwe na Tshisekedi yashyinguwe “mu cyubahiro”.

Ikinamico rivanze n’agashinyaguro: I Goma, imirambo 200 y’abishwe na Tshisekedi yashyinguwe “mu cyubahiro”.

Editorial 02 Sep 2024
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

Editorial 14 Mar 2025
Kivu y’Amajyepfo: Inyeshyamba z’Abarundi ziragenda zigarurira imitima y’abaturage

Kivu y’Amajyepfo: Inyeshyamba z’Abarundi ziragenda zigarurira imitima y’abaturage

Editorial 31 May 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Marines FC yatsinze Musanze FC 1-0, ishimangira kuguma mu cyiciro cya mbere cya shampiyona y’u Rwanda
Amakuru

Marines FC yatsinze Musanze FC 1-0, ishimangira kuguma mu cyiciro cya mbere cya shampiyona y’u Rwanda

Editorial 03 May 2024
Senateri John McCain wiyamamarije kuyobora Amerika yitabye Imana
Mu Mahanga

Senateri John McCain wiyamamarije kuyobora Amerika yitabye Imana

Editorial 26 Aug 2018
Uganda : Urwego rw’iperereza rwa gisirikare (CMI) rwashimuse abandi banyarwanda, Darius Kayobera n’umugore we Claudine Uwineza
INKURU NYAMUKURU

Uganda : Urwego rw’iperereza rwa gisirikare (CMI) rwashimuse abandi banyarwanda, Darius Kayobera n’umugore we Claudine Uwineza

Editorial 30 Jan 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru