• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bizimana Djihad yasezeye Al Ahli yo muri Libya yari amazemo umwaka, Hakim Sahabo mu nzira zimujyana mu Bugereki   |   31 Jan 2026

  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Burundi: Leta yatanze isoko kuri kompanyi CVMR Energy Minerals Incorporation nta piganwa
Umuyobozi wa CVMR na Minisitiri Côme Manirakiza

Burundi: Leta yatanze isoko kuri kompanyi CVMR Energy Minerals Incorporation nta piganwa

Editorial 21 Nov 2017 INKURU NYAMUKURU

Tumaze iminsi mike tubagejejeho inkuru yavugaga kuri mafia mu bucuruzi bw’ amabuye y’agaciro bikorwa n’ ishyaka riri kubutegetsi CNDD/FDD

Minisiteri ishinzwe ingufu n’amabuye y’agaciro mu Burundi yagiranye amasezerano na kompanyi yo muri Canada yitwa CVMR Energy Minerals Incorporation of Toronto Canada ku bijyanye n’ubushakashatsi ku bucukuzi bw’amabuye y’agaciro ahitwa Waga-Nyabikere n’ibice bya Mukanda. Muri utu duce hakaba havugwa kuba hari amabuye y’agaciro yo mu bwoko bwa Nickel, Cobalt, Iron, copper, PGMs, Vanadium na titanium

Aya masezerano akaba yarashyizweho umukono ku italiki ya 20/11/2017 hagati ya Kamran M. Khozan, Umuyobozi wa CVMR na Minisitiri w’ingufu n’amabuye y’agaciro, Côme Manirakiza

Umuyobozi wa CVMR akaba yatangaje ko iyi kompanyi igiye gushora asaga miliyoni mirongo ine z’amadolari (USD 40 million) mu gukora ubushakashatsi mu kugaragaza amabuye y’agaciro ahaboneka, imirimo ikaba yamaze gutangira bikaba biteganijwe ko inyigo izaba yarangiye mu ntangiriro y’umwaka wa 2018. Uyu muyobozi kandi yavuze ko bazakorana na kompanyi y’I Burundi yitwa Jacob Mining Engineering nindi yo muri Afurika y’Epfo yitwa DRA

Minisitiri Côme Manirakiza, yatangaje ko kubera imiterere y’uduce twa Waga (Gitega)-Nyabikere (Karuzi) hashobora kuba dufite amabuye y’agaciro ari nayo mpamvu CVMR yahawe akazi ko gukora ubushakashatsi.

Gabriel Rufyiri, ukuriye urwego rushinzwe kurwanya ruswa (OLUCOME) avuga ko aya masezerano yasinywe adasobanura neza kuba ari ugukora ubushakashatsi cyangwa ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro.  Olucome ivuga ko ibintu byose byagakwiye gukorwa mu mucyo. Umuyobozi wayo akomeza avuga ati: “nkuko twagiye tubivuga “iyi ni mafia mu bucuruzi bw’amabuye y’agaciro, ikibabaje nuko nta numwe mu buyobozi ubiha agaciro”.

OLUCOME ibona hakwiye kujya hakoreshwa ipiganwa risesuye, kompanyi zose zibifitiye ubushobozi zigahabwa amahirwe ku buryo isoko rihabwa ubikwiye. Ibi akaba atariko byagenze ku masezerano na CVMR. Umuyobozi wayo abona ko kompanyi mpuzamahanga ziza gukorera mu Burundi, ziba zifite amasezerano ya rwihishwa na Leta, asinywa harimo aba komisiyoneri n’umuntu uhagarariye leta.

Ubwanditsi

2017-11-21
Editorial

IZINDI NKURU

U Rwanda nta masezerano yo kwakira impunzi rwasinye na Israel

U Rwanda nta masezerano yo kwakira impunzi rwasinye na Israel

Editorial 23 Jan 2018
“Nta mahoro ashoboka muri Kongo, igihe cyose hari Abakongomani bagifatwa nk’Abanyamahanga mu gihugu cyabo”. – Thabo Mbeki.

“Nta mahoro ashoboka muri Kongo, igihe cyose hari Abakongomani bagifatwa nk’Abanyamahanga mu gihugu cyabo”. – Thabo Mbeki.

Editorial 16 Mar 2024
Kagame kwizeza Abanyarwanda yuko ntawabatera byari bikenewe

Kagame kwizeza Abanyarwanda yuko ntawabatera byari bikenewe

Editorial 15 Dec 2017
Kuki hari abumva ko nta kuntu u Rwanda rutaba rufite ingabo muri Kongo?

Kuki hari abumva ko nta kuntu u Rwanda rutaba rufite ingabo muri Kongo?

Editorial 13 Jan 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame yerekeje   i Ndjamena mu irahira rya  Perezida Itno
POLITIKI

Perezida Kagame yerekeje i Ndjamena mu irahira rya Perezida Itno

Editorial 08 Aug 2016
Frank Habineza na we yemeye ibyavuye mu matora
Mu Rwanda

Frank Habineza na we yemeye ibyavuye mu matora

Editorial 05 Aug 2017
Nyagatare: Afunzwe akurikiranyweho ubujura bwa mudasobwa
Mu Mahanga

Nyagatare: Afunzwe akurikiranyweho ubujura bwa mudasobwa

Editorial 31 Mar 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru