• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Kagame kwizeza Abanyarwanda yuko ntawabatera byari bikenewe

Kagame kwizeza Abanyarwanda yuko ntawabatera byari bikenewe

Ubwanditsi 15 Dec 2017 INKURU NYAMUKURU

Ku munsi w’ejo  tariki 14/12/2017 Perezida Paul Kagame yijeje Abanyarwanda yuko nta muntu ushobora kubatera aturutse hanze y’igihugu ngo abishobore, ahabwa amashyi menshi bigaragaza yuko icyo kizere abantu bari bagikeneye cyane !

Iryo jambo Kagame yarivuze atangiza kongere ya RPF-Inkotanyi, yatangiye imirimo y’iminsi itatu  ku cyicaro cyayo gikuru kiri i Rusororo mu Karere ka Gasabo hano mu mujyi wa Kigali.

Kagame yavuze yuko icyatera ubwoba gusa ari icyatera giturutse mu Banyarwanda ubwabo, ngo icyatera gituruka hanze ntabwo gishoboka, asaba Abanyarwanda icyatera kibaturutsemo

Imbaga y’abanyamuryango ba RPF bari aho bakirije iryo jambo rya Kagame ya ndirimbo ngo ‘nta ntambara ya ntera ubwoba’, na Kagame ari nawe Chairman wa RPF ku rwego rw’igihugu abafasha kuyiririmba !

Nubwo Kagame atigeze avuga uwaba atekereza kuba yatera u Rwanda aturutse hanze, abantu benshi bahise batekereza ku bimaze iminsi bivugwa yuko muri Uganda bashobora kuba bitegura gutera u Rwanda.

Ikinyamakuru Redpaper cyandikirwa muri Uganda giherutse gusohora inkuru igaragaza umugambi wa Perezida Yoweri Museveni wo gutera u Rwanda hagamijwe guhirika ubutegetsi bwa Perezida Kagame ngo akabusimbuza ubwa ba Kayumba Nyamwasa na Rujugiro ubu wahindutse umushoramari ukomeye muri Uganda.

Nyuma y’iyo nkuru gusohoka abayobozi umunani b’icyo kinyamakuru barafashwe barafungwa, ariko ikindi kinyamakuru The Standard, cyandikirwa muri Kenya, kiza kwandika yuko abo bayobozi ba Redpaper batazize yuko banditse ibinyoma ahubwo bazize ko ikinyamakuru cyabo cyahishuye amabanga Museveni atifuzaga yuko yamenyekana. Ibi byateye n’urwikekwe mu inzego z’iperereza z’icyo gihugu ku baba barameneye amabanga Redpaper.

Ibi kandi byaje muri icyo gihugu cya Uganda havugwa ifatwa n’ifungwa, n’iyica rubozo rya bamwe mu Banyarwanda batuye cyangwa baba batembereye muri Uganda ! Ibi byatumye bamwe mu Banyarwanda batembereraga cyangwa bakoreraga ubucuruzi muri Uganda babihagarika. Iyo uganiriye na bamwe mu banyamakuru, n’aba Rushyashya narimo, bakubwira yuko naho wabaha iki muri iyi minsi badashobora gukandagiza ikirenge muri Uganda !

Casmiry Kayumba

2017-12-15
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Madamu Jeannette Kagame yashishikarije urubyiruko kwitabira urugamba rwo kubaka igihugu

Madamu Jeannette Kagame yashishikarije urubyiruko kwitabira urugamba rwo kubaka igihugu

Ubwanditsi 08 Dec 2017
Muri Uganda hatahuwe impunzi 300 000 za baringa

Muri Uganda hatahuwe impunzi 300 000 za baringa

Ubwanditsi 31 Oct 2018
Umushyikirano 19: Ntimugatinye ibitumbaraye. Kenshi biba bimeze nk’ibipurizo byuzuyemo umwuka, wakozaho urushinge gusa ibyari bibyimbyemo ukayoberwa aho bigiye “Perezida Kagame”

Umushyikirano 19: Ntimugatinye ibitumbaraye. Kenshi biba bimeze nk’ibipurizo byuzuyemo umwuka, wakozaho urushinge gusa ibyari bibyimbyemo ukayoberwa aho bigiye “Perezida Kagame”

Ubwanditsi 23 Jan 2024
Nyuma yo kwegura ku mwanya w’ubuvugizi, Jean Paul Turayishimye yirukanywe ku bukomiseri ashinjwa kwigomeka, bakomeje kwitwaza Rushyashya

Nyuma yo kwegura ku mwanya w’ubuvugizi, Jean Paul Turayishimye yirukanywe ku bukomiseri ashinjwa kwigomeka, bakomeje kwitwaza Rushyashya

Ubwanditsi 03 Dec 2019

Igitekerezo kimwe

  1. MAOMBI jOHN
    July 14, 20184:45 pm -

    NIBA KAGAME AVUGAKO NTAWABATERA NONE SE KO MUMAZE IMINSI MUVUZINDURU KO BABATEYE? NTA NISONI MUKONGERAKO BABATEYE BATURUTSE I BURUNDI MWUMVA MUKOMEYE MUMITWE ? UKWO KWISHYIRA HEJURU KUZABAMARISHA MBABWIRE??? INGINGURU IRIMO UBUSA NIYO IVUZA INDURU, NTACYO MURIMWO MURI VIDE!! NA KARE NTA NTAMBARA MWIGEZE MURWANA KUKO URWANDA MWARUHAWE NA AMERIKA ICIYE MURI MINUAR HAMWE NINGABO ZA MUSEVENI MWE ICYO MWAKORAGA KWARI UKWICARA AHO BABAFATIYE MWUMVA MURI IKI? NIBWO BWOBA MUFITE KO BAGIYE KUBATERA, MURWANE NONE KO WUMVAKO NTAWABATERA!!! MURI BULE!1

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Magufuli yavuze uko Kagame yamugiriye inama yo kuvugurura Air Tanzania
POLITIKI

Perezida Magufuli yavuze uko Kagame yamugiriye inama yo kuvugurura Air Tanzania

Ubwanditsi 12 Jul 2018
Uganda: Haribazwa ikihishe inyuma y’itotezwa ry’ Abanyarwanda Babaye Mu Gisirikare Cyangwa Mu Gipolisi cy’u Rwanda
ITOHOZA

Uganda: Haribazwa ikihishe inyuma y’itotezwa ry’ Abanyarwanda Babaye Mu Gisirikare Cyangwa Mu Gipolisi cy’u Rwanda

Ubwanditsi 01 Aug 2018
Lt Manzi yatawe muri yombi azira kutubahiriza amasezerano yagiranye na CMI mbere y’uko imufungura ntabwo ari intasi y’u Rwanda nkuko bivugwa n’ibinyamakuru bya Uganda
Amakuru

Lt Manzi yatawe muri yombi azira kutubahiriza amasezerano yagiranye na CMI mbere y’uko imufungura ntabwo ari intasi y’u Rwanda nkuko bivugwa n’ibinyamakuru bya Uganda

Ubwanditsi 24 Sep 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru