• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw   |   13 Jul 2026

  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Kagame kwizeza Abanyarwanda yuko ntawabatera byari bikenewe

Kagame kwizeza Abanyarwanda yuko ntawabatera byari bikenewe

Ubwanditsi 15 Dec 2017 INKURU NYAMUKURU

Ku munsi w’ejo  tariki 14/12/2017 Perezida Paul Kagame yijeje Abanyarwanda yuko nta muntu ushobora kubatera aturutse hanze y’igihugu ngo abishobore, ahabwa amashyi menshi bigaragaza yuko icyo kizere abantu bari bagikeneye cyane !

Iryo jambo Kagame yarivuze atangiza kongere ya RPF-Inkotanyi, yatangiye imirimo y’iminsi itatu  ku cyicaro cyayo gikuru kiri i Rusororo mu Karere ka Gasabo hano mu mujyi wa Kigali.

Kagame yavuze yuko icyatera ubwoba gusa ari icyatera giturutse mu Banyarwanda ubwabo, ngo icyatera gituruka hanze ntabwo gishoboka, asaba Abanyarwanda icyatera kibaturutsemo

Imbaga y’abanyamuryango ba RPF bari aho bakirije iryo jambo rya Kagame ya ndirimbo ngo ‘nta ntambara ya ntera ubwoba’, na Kagame ari nawe Chairman wa RPF ku rwego rw’igihugu abafasha kuyiririmba !

Nubwo Kagame atigeze avuga uwaba atekereza kuba yatera u Rwanda aturutse hanze, abantu benshi bahise batekereza ku bimaze iminsi bivugwa yuko muri Uganda bashobora kuba bitegura gutera u Rwanda.

Ikinyamakuru Redpaper cyandikirwa muri Uganda giherutse gusohora inkuru igaragaza umugambi wa Perezida Yoweri Museveni wo gutera u Rwanda hagamijwe guhirika ubutegetsi bwa Perezida Kagame ngo akabusimbuza ubwa ba Kayumba Nyamwasa na Rujugiro ubu wahindutse umushoramari ukomeye muri Uganda.

Nyuma y’iyo nkuru gusohoka abayobozi umunani b’icyo kinyamakuru barafashwe barafungwa, ariko ikindi kinyamakuru The Standard, cyandikirwa muri Kenya, kiza kwandika yuko abo bayobozi ba Redpaper batazize yuko banditse ibinyoma ahubwo bazize ko ikinyamakuru cyabo cyahishuye amabanga Museveni atifuzaga yuko yamenyekana. Ibi byateye n’urwikekwe mu inzego z’iperereza z’icyo gihugu ku baba barameneye amabanga Redpaper.

Ibi kandi byaje muri icyo gihugu cya Uganda havugwa ifatwa n’ifungwa, n’iyica rubozo rya bamwe mu Banyarwanda batuye cyangwa baba batembereye muri Uganda ! Ibi byatumye bamwe mu Banyarwanda batembereraga cyangwa bakoreraga ubucuruzi muri Uganda babihagarika. Iyo uganiriye na bamwe mu banyamakuru, n’aba Rushyashya narimo, bakubwira yuko naho wabaha iki muri iyi minsi badashobora gukandagiza ikirenge muri Uganda !

Casmiry Kayumba

2017-12-15
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Amashirakinyoma ku kaga kagwiriye ingabo zitwaga iza Kayumba Nyamwasa

Amashirakinyoma ku kaga kagwiriye ingabo zitwaga iza Kayumba Nyamwasa

Ubwanditsi 28 Jun 2019
Burya umusazi ngo arasara akagwa ku ijambo, Serge Ndayizeye, umuzindaro w’ibigarasha, ati:”Uwaturoze ntiyakarabye’’.

Burya umusazi ngo arasara akagwa ku ijambo, Serge Ndayizeye, umuzindaro w’ibigarasha, ati:”Uwaturoze ntiyakarabye’’.

Ubwanditsi 28 Mar 2022
Perezida Nkurunziza agomba kuryozwa ibyaha byose by’ihohoterwa bikorerwa mu Burundi- Raporo ya (UN)

Perezida Nkurunziza agomba kuryozwa ibyaha byose by’ihohoterwa bikorerwa mu Burundi- Raporo ya (UN)

Ubwanditsi 18 Sep 2019
Uko Museveni yababariye abo yahemukiye

Uko Museveni yababariye abo yahemukiye

Ubwanditsi 04 Jun 2019

Igitekerezo kimwe

  1. MAOMBI jOHN
    July 14, 20184:45 pm -

    NIBA KAGAME AVUGAKO NTAWABATERA NONE SE KO MUMAZE IMINSI MUVUZINDURU KO BABATEYE? NTA NISONI MUKONGERAKO BABATEYE BATURUTSE I BURUNDI MWUMVA MUKOMEYE MUMITWE ? UKWO KWISHYIRA HEJURU KUZABAMARISHA MBABWIRE??? INGINGURU IRIMO UBUSA NIYO IVUZA INDURU, NTACYO MURIMWO MURI VIDE!! NA KARE NTA NTAMBARA MWIGEZE MURWANA KUKO URWANDA MWARUHAWE NA AMERIKA ICIYE MURI MINUAR HAMWE NINGABO ZA MUSEVENI MWE ICYO MWAKORAGA KWARI UKWICARA AHO BABAFATIYE MWUMVA MURI IKI? NIBWO BWOBA MUFITE KO BAGIYE KUBATERA, MURWANE NONE KO WUMVAKO NTAWABATERA!!! MURI BULE!1

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Icyemezo cy’Urukiko rwa Virginia cyahaye agaciro ubusabe bwa Speciose Mukabayojo, Umwami Kigeli  azatabarizwa mu Rwanda
ITOHOZA

Icyemezo cy’Urukiko rwa Virginia cyahaye agaciro ubusabe bwa Speciose Mukabayojo, Umwami Kigeli azatabarizwa mu Rwanda

Ubwanditsi 05 Jan 2017
Kugaragaza ahatarengwa mu koga mu Kivu byagabanyije impanuka zatezaga impfu
UBUKERARUGENDO

Kugaragaza ahatarengwa mu koga mu Kivu byagabanyije impanuka zatezaga impfu

Ubwanditsi 09 Jan 2018
Perezida Museveni yariye indimi ubwo yasubizaga umuturage wamubajije ku kwica urubozo Abanyarwanda baba muri Uganda no gutera inkunga Kayumba
INKURU NYAMUKURU

Perezida Museveni yariye indimi ubwo yasubizaga umuturage wamubajije ku kwica urubozo Abanyarwanda baba muri Uganda no gutera inkunga Kayumba

Ubwanditsi 27 Aug 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru