• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Perezida Nkurunziza agomba kuryozwa ibyaha byose by’ihohoterwa bikorerwa mu Burundi- Raporo ya (UN)

Perezida Nkurunziza agomba kuryozwa ibyaha byose by’ihohoterwa bikorerwa mu Burundi- Raporo ya (UN)

Ubwanditsi 18 Sep 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Raporo ya nyuma ya komite y’umuryango w’abibumbye (UN) yakoze iperereza ku Burundi yamuritswe kuri uyu wa Kabiri tariki ya 17 Nzeri 2019, ivuga ko perezida w’u Burundi ubwe yabazwa n’amategeko ibyaha byibasira inyoko muntu abakoze iperereza babonye.

Doudou Diène wari uyoboye iyi komite yabwiye inteko rusange y’ishami rya UN ryita ku burenganzira bwa muntu i Genève ko “kuva mu kwa kane 2015 nta mutekano uri mu Burundi, nta burenganzira buriyo”.

Nk’uko BBC ibitangaza, Tabu Renovat uhagarariye u Burundi muri iyi Nteko yagize ati “Amahoro n’umutekano biraganje mu Burundi hose. Ibibi mwumva hirya no hino, biri no muri iyi raporo bifite impamvu za politiki kandi ntacyo bihindura ku buryo ibintu bimeze mu gihugu”.

Abakoze iperereza bavuga ko babonye ubwicanyi, kunyuruza abantu, ihohotera rishingiye ku gitsina n’iyicarubozo bikorerwa abatavuga rumwe n’ubutegetsi, imiryango yabo n’abatifatanya n’ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi.

Ibi bikaba biteye impungenge kuko biri kuba mu gihe u Burundi bwitegura amatora y’umukuru w’igihugu mu 2015 nk’uko komite yakoze iperereza ibivuga.

Doudou Diène yavuze ko hari ibimenyetso biteye ubwoba bimaze igihe bikorwa n’ubutegetsi, nko kubiba urwango, bishobora kuganisha kuri jenoside niba umuryango mpuzamahanga ntacyo ukoze.

Iyi raporo igira iti: “Komisiyo ifite impamvu zumvikana zigaragaza ko abakozi ba SNR [ibiro bishinzwe iperereza], polisi n’Imbonerakure ari bo b’ibanze bakekwaho ibi byaha byibasira inyoko muntu”.

Itegeko rishya mu Burundi ryavanye SNR mu zindi nzego z’umutekano riyigira urwego rukoreshwa kandi ruha raporo ibiro by’umukuru w’igihugu.

Iyi raporo iti: “Izo mpinduka kuri SNR ni ingingo ikomeye ishyira uburyozwacyaha bwite kuri Perezida Nkurunziza ku byaha byibasira inyoko muntu bikorwa na SNR”.

Abahagarariye ibihugu bya Tanzania na Cameroun muri nteko ntabwo bagaragaje ko bashyigikiye iyi raporo, bavuze ko amahanga agomba gukorana n’u Burundi mu bwubahane nk’igihugu cyigenga.

Uhagarariye Tanzania yavuze ko mu Burundi hari amahoro n’umutekano biri gutuma hari impunzi ziri gutaha ku bushake.

Abahagarariye Ubwongereza, Ireland n’imiryango itegamiye kuri leta muri iyi nteko bashyigikiye ibivugwa n’iyi raporo.

Aba basabye u Burundi na Tanzania guhagarika umugambi wo gucyura impunzi ku ngufu, banasaba umuryango mpuzamahanga kugira icyo ukora ngo ibivugwa n’iyi raporo bihagarare mu Burundi.

Tabu Renovat yabwiye iyi nteko ko manda eshatu z’iyi komite ku Burundi zabaye impfabusa no gutakaza amafaranga, ko ari igihe gikwiye ngo ihagarike ibikorwa byayo.

2019-09-18
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kizito Mihigo yitabye Imana yiyahuye

Kizito Mihigo yitabye Imana yiyahuye

Ubwanditsi 17 Feb 2020
Umuvugizi Wa FDLR, La Forge Fils Bazeyi Yatawe Muri Yombi

Umuvugizi Wa FDLR, La Forge Fils Bazeyi Yatawe Muri Yombi

Ubwanditsi 17 Dec 2018
Umucamanza mu rukiko rw’i Paris mu Bufaransa yatangaje ko asubukuye iperereza ku bwicanyi bwabereye mu Bisesero muri Jenosie yakorewe Abatutsi, bunavugwamo bamwe mu basirikari b’ Abafaransa

Umucamanza mu rukiko rw’i Paris mu Bufaransa yatangaje ko asubukuye iperereza ku bwicanyi bwabereye mu Bisesero muri Jenosie yakorewe Abatutsi, bunavugwamo bamwe mu basirikari b’ Abafaransa

Ubwanditsi 13 Jul 2022
Ni igiki cyihishe inyuma y’ingendo Perezida Nkurunziza yatangiye gukora hirya no hino mu gihugu?

Ni igiki cyihishe inyuma y’ingendo Perezida Nkurunziza yatangiye gukora hirya no hino mu gihugu?

Ubwanditsi 23 Nov 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ikipe ya Rayon Sports yafashe rutemikirere yerekeza muri Afurika y’Epfo
IMIKINO

Ikipe ya Rayon Sports yafashe rutemikirere yerekeza muri Afurika y’Epfo

Ubwanditsi 17 Mar 2018
Komite Nyobozi ya FERWAFA yemeje ko shampiyona y’ikiciro cya Kabiri mu bagabo 2021-2022 izakinwa mu matsinda abiri aho kuba ane
Amakuru

Komite Nyobozi ya FERWAFA yemeje ko shampiyona y’ikiciro cya Kabiri mu bagabo 2021-2022 izakinwa mu matsinda abiri aho kuba ane

Ubwanditsi 23 Oct 2021
Abapolisikazi baguye mu butumwa bw’amahoro muri Haiti barashyinguwe
Mu Mahanga

Abapolisikazi baguye mu butumwa bw’amahoro muri Haiti barashyinguwe

Ubwanditsi 03 Feb 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru