• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Nyuma y’imyaka 12 y’ubufatanye, Amasezerano ya Rayon Sports na SKOL yageze ku musozo   |   09 Jun 2026

  • Bombori bombori muri RNC: Serge Ndayizeye nawe yeretswe umuryango   |   08 Jun 2026

  • Ku bw’impamvu z’umutekano, umwiherero w’ikipe y’igihugu, Amavubi wari kubera muri Morocco wimuriwe mu Misiri   |   03 Jun 2026

  • APR FC yatangaje ko itazakomezanya n’abakinnyi batatu barimo Aliou Souané, Mamadou Sy na Mahamadou Lamine Bah   |   03 Jun 2026

  • Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze   |   03 Jun 2026

  • Mozambique izatanga amafaranga yo gufasha Ingabo z’u Rwanda mu butumwa bw’i Cabo Delgado   |   02 Jun 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Abanenga ubufatanye bw’u Rwanda na Arsenal FC si abahanga mu kwamamaza – Amb. Habineza

Abanenga ubufatanye bw’u Rwanda na Arsenal FC si abahanga mu kwamamaza – Amb. Habineza

Ubwanditsi 29 May 2018 INKURU NYAMUKURU

Uwigeze kuba Minisitiri w’Umuco na Siporo, Ambasaderi Joseph Habineza, yunze mu ry’abakomeje kugaragaza ko nta mpamvu zo kunenga ubufatanye u Rwanda rwagiranye na Arsenal FC, bugamije kumenyekanisha iki gihugu nk’icyerekezo gikomeye cy’ubukerarugendo n’ishoramari.

Mu cyumweru gishize nibwo Ikigo cy’Igihugu cy’Iterambere mu Rwanda, RDB, binyuze mu kigo gishinzwe guteza imbere ubukerarugendo bushingiye ku nama, Rwanda Convention Bureau, cyinjiye mu bufatanye bw’imyaka itatu n’ikipe ya Arsenal FC, ikazajya yambara imyenda yanditseho ‘Visit Rwanda’ ndetse ikarumenyekanisha mu bundi buryo butandukanye.

RDB ntiyatangaje amafaranga yishyuye iyo kipe iri mu zikunzwe ku Isi, gusa ivuga ko ari ayari ateganyirijwe kumenyekanisha u Rwanda no kureshya abashoramari na ba mukerarugendo, akanaba ishoramari ritegerejweho “inyungu nyinshi kandi mu gihe kirekire.”

Ambasaderi Habineza yavuze ko yibaza niba muri iyi si hari ibintu bikwiye gufatwa ko bigenewe ibihugu byateye imbere (by’abakoloni) n’ibigenewe ibihugu bikennye, ashimangira ko mu bijyanye n’ubucuruzi hagomba kubamo guhanga udushya no kureba kure.

Yakomeje agira ati “Niba ibigo bikomeye nka Heineken, Pepsi, Emirates, Etihad n’ibindi bitera inkunga UEFA Champions League n’amakipe y’Umupira w’amaguru, ni gute wagira impungenge igihe igihugu kiri gutera imbere nk’u Rwanda gisinye amasezerano na Arsenal FC?”

“Byaba ari ukubera ko ruri mu byo mwita ibihugu bikennye? Mutekereza se ko ibyo bigo bifite ubucuruzi bufite agaciro kurusha igihugu icyo ariyo cyose muri Afurika? Ahubwo ntekereza ko ibyo bigo byose bishakira urwunguko n’izindi nyungu ku mugabane wacu.”

Yakomeje avuga ko mu busanzwe nta kibazo gikwiye kuba kivuka mu gihe nk’ikigo gifashe munsi 10% by’inyungu akajya mu kumenyekanisha ibikorwa.

Yakomeje agira ati “Ndahamya ko abantu banenze aya masezerano atari inzobere mu imenyekanishabikorwa, ariko mbere yo kuvuga ku ntambwe nziza undi yateye, mukwiye kubanza kwireba, inyungu zanyu n’ibigo byanyu.”

Yashimangiye ko nubwo igihugu cyaba gikennye nk’uko babivuga, ubwabyo bitaba umupaka wo kudatekereza kure mu kureba igikwiye.

Abanenze aya masezerano barimo abadepite b’u Buholandi, bikajya gusa n’ibyatangajwe n’Ikinyamakuru Daily Mail cyavuze ko u Rwanda rwahawe miliyoni “62£ yavuye mu misoro y’Abongereza, rugahamo Arsenal FC miliyoni 30£ kandi ari igihugu gikennye”.

Ni ibintu byatumye Ikigega cy’Abongereza gishinzwe iterambere mpuzamahanga, DFID, kibyamaganira kure, kivuga ko nta mafaranga cyatanze mu gutera inkunga Arsenal FC, Visit Rwanda cyangwa RDB.

Itangazo ryashyizwe ahagaragara rivuga ko inkunga u Bwongereza buha u Rwanda itangwa yitondewe kandi mu buryo bw’umwihariko muri gahunda zizafasha abakennye cyane no guteza imbere igihugu.

Rikomeza rigira riti “Inkunga iva mu misoro y’Abongereza iri gufasha Abanyarwanda kugira imibereho myiza, iri gufasha mu kwigisha abana barenga 350000 ndetse iri gufasha u Rwanda kongera imisoro hagamijwe kurekera aho kugendera ku nkunga.”

Mu gihe u Rwanda rwihaye intego yo gukuba kabiri umusaruro w’ubukerarugendo ukava kuri miliyoni 404 z’amadolari uriho ubu ukagera kuri miliyoni 800 z’amadolari mu 2024, umuyobozi wa RDB, Clare Akamanzi avuga ko hari n’imbaraga ziba zigomba kujyana nabyo.

Yagize ati “Ibi ntabwo bizakorwa no kwicara tugategereza, bizakorwa no gufata iya mbere tukamenyekanisha u Rwanda nk’ahantu habereye ubukerarugendo kandi bigakorwa mu buryo budasanzwe. Nimutuze mureke abantu bo ku Isi yose basure u Rwanda.

Imibare y’abasura u Rwanda irakomeza kuzamuka kuko mu 2017 rwakiriye abashyitsi miliyoni 1.2, ibihumbi 94 basura pariki eshatu z’igihugu zirimo Akagera, Ibirunga na Nyungwe. Ubukerarugendo bwanatanze imirimo ibihumbi 90, bwinjiza n’amadevise menshi kurusha ibindi byiciro by’ubukungu.

Uwigeze kuba Minisitiri w’Umuco na Siporo, Ambasaderi Joseph Habineza, yasubiye abanenze amasezerano u Rwanda rwagiranye na Arsenal


2018-05-29
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Namibia : Perezida Kagame  yagarutse ku nkuru ya David Himbara ushinja u Rwanda guhimba imibare

Namibia : Perezida Kagame  yagarutse ku nkuru ya David Himbara ushinja u Rwanda guhimba imibare

Ubwanditsi 20 Aug 2019
Amafaranga yakusanyijwe na Rusesabagina ashenye FLN aho kuyubaka

Amafaranga yakusanyijwe na Rusesabagina ashenye FLN aho kuyubaka

Ubwanditsi 26 Nov 2020
JAMBO ASBL yimanike: Dore Perezida Kagame yavuze ko nta mugambi wo kohereza undi Ambasaderi mu Bubiligi nyuma yo kwanga kwakira Vincent Karega

JAMBO ASBL yimanike: Dore Perezida Kagame yavuze ko nta mugambi wo kohereza undi Ambasaderi mu Bubiligi nyuma yo kwanga kwakira Vincent Karega

Ubwanditsi 20 Sep 2023
Afrika y’Epfo: Min. Lindiwe Sisulu yongeye kuvuga ku kazi we na mugenzi w’u Rwanda bahawe ko kugarura umubano hagati y’u Rwanda na Africa y’epfo

Afrika y’Epfo: Min. Lindiwe Sisulu yongeye kuvuga ku kazi we na mugenzi w’u Rwanda bahawe ko kugarura umubano hagati y’u Rwanda na Africa y’epfo

Ubwanditsi 13 Nov 2018

Igitekerezo kimwe

  1. Keter
    May 29, 20185:12 pm -

    Inzara se wafunguriye bangahe?

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abahakanyi ba Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda bakomeje kugororerwa I Burundi
INKURU NYAMUKURU

Abahakanyi ba Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda bakomeje kugororerwa I Burundi

Ubwanditsi 07 Aug 2020
Uko Abayobozi ba FDLR batwawe ijoro ryose bajyanwa i Kampala n’ubutumwa Museveni yabahaye
INKURU NYAMUKURU

Uko Abayobozi ba FDLR batwawe ijoro ryose bajyanwa i Kampala n’ubutumwa Museveni yabahaye

Ubwanditsi 07 Jan 2019
Nyanza: Polisi ifunze umugabo ukekwaho kwiyita umukozi wa WASAC
Mu Rwanda

Nyanza: Polisi ifunze umugabo ukekwaho kwiyita umukozi wa WASAC

Ubwanditsi 30 Sep 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru