• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Gen Ibingira yatanze ubuhamya bw’ibyabaye umunsi wa mbere ahura na Perezida Kagame ku rugamba   |   28 Jun 2026

  • Umukiliya w’ibanze w’ibisahurano byibwa na FDLR ni MONUSCO; Col. BORA   |   28 Jun 2026

  • Abantu 53,426 bari bakatiwe igihano cyo kwicwa kubera guhamwa n’ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi   |   28 Jun 2026

  • Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara   |   27 Jun 2026

  • Ruharwa Ntabakuze azaguma muri gereza: IRMCT yatesheje agaciro ubusabe bwe bwo gufungurwa mbere y’igihe   |   27 Jun 2026

  • Umuhanzi Muyango Jean Marie agiye kuzenguruka u Rwanda mu bitaramo byo kwizihiza #Kwibohora32   |   26 Jun 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Abanenga ubufatanye bw’u Rwanda na Arsenal FC si abahanga mu kwamamaza – Amb. Habineza

Abanenga ubufatanye bw’u Rwanda na Arsenal FC si abahanga mu kwamamaza – Amb. Habineza

Ubwanditsi 29 May 2018 INKURU NYAMUKURU

Uwigeze kuba Minisitiri w’Umuco na Siporo, Ambasaderi Joseph Habineza, yunze mu ry’abakomeje kugaragaza ko nta mpamvu zo kunenga ubufatanye u Rwanda rwagiranye na Arsenal FC, bugamije kumenyekanisha iki gihugu nk’icyerekezo gikomeye cy’ubukerarugendo n’ishoramari.

Mu cyumweru gishize nibwo Ikigo cy’Igihugu cy’Iterambere mu Rwanda, RDB, binyuze mu kigo gishinzwe guteza imbere ubukerarugendo bushingiye ku nama, Rwanda Convention Bureau, cyinjiye mu bufatanye bw’imyaka itatu n’ikipe ya Arsenal FC, ikazajya yambara imyenda yanditseho ‘Visit Rwanda’ ndetse ikarumenyekanisha mu bundi buryo butandukanye.

RDB ntiyatangaje amafaranga yishyuye iyo kipe iri mu zikunzwe ku Isi, gusa ivuga ko ari ayari ateganyirijwe kumenyekanisha u Rwanda no kureshya abashoramari na ba mukerarugendo, akanaba ishoramari ritegerejweho “inyungu nyinshi kandi mu gihe kirekire.”

Ambasaderi Habineza yavuze ko yibaza niba muri iyi si hari ibintu bikwiye gufatwa ko bigenewe ibihugu byateye imbere (by’abakoloni) n’ibigenewe ibihugu bikennye, ashimangira ko mu bijyanye n’ubucuruzi hagomba kubamo guhanga udushya no kureba kure.

Yakomeje agira ati “Niba ibigo bikomeye nka Heineken, Pepsi, Emirates, Etihad n’ibindi bitera inkunga UEFA Champions League n’amakipe y’Umupira w’amaguru, ni gute wagira impungenge igihe igihugu kiri gutera imbere nk’u Rwanda gisinye amasezerano na Arsenal FC?”

“Byaba ari ukubera ko ruri mu byo mwita ibihugu bikennye? Mutekereza se ko ibyo bigo bifite ubucuruzi bufite agaciro kurusha igihugu icyo ariyo cyose muri Afurika? Ahubwo ntekereza ko ibyo bigo byose bishakira urwunguko n’izindi nyungu ku mugabane wacu.”

Yakomeje avuga ko mu busanzwe nta kibazo gikwiye kuba kivuka mu gihe nk’ikigo gifashe munsi 10% by’inyungu akajya mu kumenyekanisha ibikorwa.

Yakomeje agira ati “Ndahamya ko abantu banenze aya masezerano atari inzobere mu imenyekanishabikorwa, ariko mbere yo kuvuga ku ntambwe nziza undi yateye, mukwiye kubanza kwireba, inyungu zanyu n’ibigo byanyu.”

Yashimangiye ko nubwo igihugu cyaba gikennye nk’uko babivuga, ubwabyo bitaba umupaka wo kudatekereza kure mu kureba igikwiye.

Abanenze aya masezerano barimo abadepite b’u Buholandi, bikajya gusa n’ibyatangajwe n’Ikinyamakuru Daily Mail cyavuze ko u Rwanda rwahawe miliyoni “62£ yavuye mu misoro y’Abongereza, rugahamo Arsenal FC miliyoni 30£ kandi ari igihugu gikennye”.

Ni ibintu byatumye Ikigega cy’Abongereza gishinzwe iterambere mpuzamahanga, DFID, kibyamaganira kure, kivuga ko nta mafaranga cyatanze mu gutera inkunga Arsenal FC, Visit Rwanda cyangwa RDB.

Itangazo ryashyizwe ahagaragara rivuga ko inkunga u Bwongereza buha u Rwanda itangwa yitondewe kandi mu buryo bw’umwihariko muri gahunda zizafasha abakennye cyane no guteza imbere igihugu.

Rikomeza rigira riti “Inkunga iva mu misoro y’Abongereza iri gufasha Abanyarwanda kugira imibereho myiza, iri gufasha mu kwigisha abana barenga 350000 ndetse iri gufasha u Rwanda kongera imisoro hagamijwe kurekera aho kugendera ku nkunga.”

Mu gihe u Rwanda rwihaye intego yo gukuba kabiri umusaruro w’ubukerarugendo ukava kuri miliyoni 404 z’amadolari uriho ubu ukagera kuri miliyoni 800 z’amadolari mu 2024, umuyobozi wa RDB, Clare Akamanzi avuga ko hari n’imbaraga ziba zigomba kujyana nabyo.

Yagize ati “Ibi ntabwo bizakorwa no kwicara tugategereza, bizakorwa no gufata iya mbere tukamenyekanisha u Rwanda nk’ahantu habereye ubukerarugendo kandi bigakorwa mu buryo budasanzwe. Nimutuze mureke abantu bo ku Isi yose basure u Rwanda.

Imibare y’abasura u Rwanda irakomeza kuzamuka kuko mu 2017 rwakiriye abashyitsi miliyoni 1.2, ibihumbi 94 basura pariki eshatu z’igihugu zirimo Akagera, Ibirunga na Nyungwe. Ubukerarugendo bwanatanze imirimo ibihumbi 90, bwinjiza n’amadevise menshi kurusha ibindi byiciro by’ubukungu.

Uwigeze kuba Minisitiri w’Umuco na Siporo, Ambasaderi Joseph Habineza, yasubiye abanenze amasezerano u Rwanda rwagiranye na Arsenal


2018-05-29
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Interahamwe n’abambari bazo basomye buhumyi amabaruwa yanditswe n’Amerika n’u Bwongereza

Interahamwe n’abambari bazo basomye buhumyi amabaruwa yanditswe n’Amerika n’u Bwongereza

Ubwanditsi 26 May 2020
Musabyimana na Mukarugomwa bahuriye mu ngengabitekerezo imwe ya CDR, ubu bari murukundo kandi bashaje

Musabyimana na Mukarugomwa bahuriye mu ngengabitekerezo imwe ya CDR, ubu bari murukundo kandi bashaje

Ubwanditsi 27 Jan 2021
Kuki  Museveni yahishe Gen Mugisha Muntu umugambi wa FPR wo kubohoza U Rwanda

Kuki Museveni yahishe Gen Mugisha Muntu umugambi wa FPR wo kubohoza U Rwanda

Ubwanditsi 02 Oct 2018
P. Kagame na Museveni  bahuriye muri Sheraton Hotel i Addis [ Bageze kuki ? ]

P. Kagame na Museveni bahuriye muri Sheraton Hotel i Addis [ Bageze kuki ? ]

Ubwanditsi 30 Jan 2018

Igitekerezo kimwe

  1. Keter
    May 29, 20185:12 pm -

    Inzara se wafunguriye bangahe?

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ibikorwa by’ingenzi bigaragaza itegurwa rya Jenoside mu mezi ya Werurwe 1991-1994
ITOHOZA

Ibikorwa by’ingenzi bigaragaza itegurwa rya Jenoside mu mezi ya Werurwe 1991-1994

Ubwanditsi 05 Apr 2017
FARDC iratangaza ko ari yonyine mu rugamba rugamije kurandura burundu ADF
HIRYA NO HINO

FARDC iratangaza ko ari yonyine mu rugamba rugamije kurandura burundu ADF

Ubwanditsi 14 Jan 2018
Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri yateranye muri Village Urugwiro tariki ya 19/02/2016
Mu Mahanga

Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri yateranye muri Village Urugwiro tariki ya 19/02/2016

Ubwanditsi 23 Feb 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru