• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Ukuri ku nkuru y’igihuha ko ingabo z’u Rwanda zambutse muri Uganda

Ukuri ku nkuru y’igihuha ko ingabo z’u Rwanda zambutse muri Uganda

Ubwanditsi 21 Apr 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE, ITOHOZA

Kuri uyu wa Kane ushize, taliki 18 Mata, ikinyamakuru cyo muri Uganda cyasohoye inkuru igira iti: “EXCLUSIVE: Tension Flares as Rwandan Soldiers Cross into Uganda” ugenekereje mu Kinyarwanda bivuze: “umwuka mubi ukomeje kuzamuka nyuma yaho ingabo z’u Rwanda zambukiye muri Uganda”aho umunyamakuru ashingira ku bantu baringa bitwa ko bamuhaye amakuru y’igihuha ko ingabo z’u Rwanda (RDF) zinjiye muri Uganda gushaka ibyo kunywa, kurya ndetse n’itabi.

Muri iyo nkuru, igihuha gikomeza kivuga kiti: “….nyuma yo gufata icyo kunywa, ingabo z’u Rwanda zongeye gusubira mu Rwanda” ariko se umuntu yakwibaza ukuntu ingabo za RDF zambaye impuzankano ndetse zinafite ibindi bikoresho bya gisirikare bakwinjira imbere muri Uganda kugera ahitwa Kisoro!

Ikindi gitangaje kandi gisekeje ni ukuntu izo baringa zitatanze amakuru ku nzego z’umutekano za Uganda ngo zifate ingamba z’umutekano, ahubwo ayo makuru agahabwa ikinyamakuru mbere!

Ibi bifatwa nk’icengezamatwara riciriritse ndetse binagaragaza ubunyamwuga buke k’uruhande rw’ikinyamakuru cyasohoye iyi nkuru.

Ikindi cyo kwibaza ni icyaba kiri hakurya kitari mu Rwanda ku buryo ingabo z’u Rwanda zizwiho ubunyamwuga ku rwego rw’isi zambuka zikajya muri Uganda!

Umwanditsi w’ikinyamakuru nkiki akwiye kwibanda ku bibazo by’ingabo za Uganda (UPDF), zimaze igihe zifite ikibazo cy’ibiribwa ndetse n’ibikoresho, akareka ingabo z’u Rwanda!

Inkuru nk’iyi kandi iteye inkeke n’urujijo kuko bishoboka kuba ari amayeri yo gushakira icyuho ingabo za Uganda ngo zisahure abenegihugu (ibisanzwe bibamenyereweho!) bikitirirwa ingabo z’u Rwanda.

Muri Nzeli 2018, itsinda ry’ingabo za Uganda zarindaga parike ya Queen Elizabeth zashimuse inyama zari zigenewe intare muri parike, nkuko byatangajwe n’uwabyihereye amaso ubwo izo ngabo zasahuraga inyama zikazijyana mu birindiro byazo, nyuma yo kwirukana izo ntare aho zari burire.

Soma inkuru bifitanye isano:  

Uganda : Chimpreports Yahawe Inkwenene Nyuma Yo Gutangaza Ko Ingabo Z’u Rwanda Zambuka Muri Uganda Gushaka Ibiryo

Inkuru kandi ikomeza ivuga kuva umwaka ushize, u Rwanda rwakomeje kongera ingabo k’umupaka wayo na Uganda nyuma yaho umwuka hagati y’ibihugu byombi ukomereje kuba mubi. Inavuga kandi ko Museveni ari kwitegura nawe gushyira ingabo k’umupaka n’u Rwanda ngo akumire

Umwanditsi w’iyi nkuru hibazwa niba yarirengagije nkana cyangwa Atari abizi ko ingabo za UPDF zongereye umubare w’abasirikare hafi n’u Rwanda, bayobowe na Brig Kayanja Muhanga ufite icyicare muri Mbarara.

Ni ibizwi ko division ya kabiri ya UPDF ifite brigade ebyiri (309 na 401) zongerewe imbaraga zikegera umupaka n’u Rwanda.

Brigade ya 401, ifite icyicaro muri Kabale iyobowe na Lt Col Ibrahim Mutabazi ifite batayo eshatu (19, 35 na 33) zose ziri hafi k’umupaka w’ibihugu byombi.

Urugero, batayo ya 19 ifite icyicaro muri Kabale iyobowe na Lt Col Emmanuel Mukasa ikorera mu bice bya Cyonyo, Rushaki, Kamuganguzi, Gafunzo na Butobere.

Naho batayo ya 35, iyobowe na Lt Col Johnson Muhanguzi, ikorera mu bice bya Nyakabande, Nyarusiza, umusozi wa Kanombe, umusozi wa Ntamutindi na Bunagana; hanyuma batayo ya 33 iyobowe na Lt Col Tumwine ikaba ifite icyicaro muri Kisoro ikorera mu bice bya Kisoro, Rwindi, Kanungu, Ishasha, na Rugano.

K’urundi ruhande, brigade ya 309, iyobowe na Col Keith Katungyi ikaba ifite icyicaro muri Kisoro, ifite batayo ebyiri; iya 7 iyobowe na Maj. Geoffrey Nabimanya n’iya 47 Battalion iyobowe na Maj. Jotham Kature.

Izi batayo ebyiri zikorera mu bice bya Bunagana, Rukungiri, Kabingo and Kikagati.

Byumvikane nkuko bigaragaye hejuru ko izi ngabo za UPDF zashyizwe k’umupaka w’u Rwanda na Uganda, ndetse ntibikiri n’ibanga ko guhera Ugushyingo 2018, UPDF yatangiye gushyira ingabo n’ibikoresho bikomeye mu bice byegereye u Rwanda aribyo agasozi ka Kihumuro na Kabale.

Nk’umusozi wa Kihumuro ukoreshwa nk’ibirindo by’ingabo zirwanira k’ubutaka zimaze kugera ku 1000. Izi ngabo ziyoborwa na Maj. Joshua Annuarachi, hakaba hanarimo n’abandi bashinzwe kurwanya iterabwoba ndetse n’abasirikare b’urwego rw’ubutasi CMI ruzwiho guhohotera cyane abanyarwanda; bose bakaba birirwa baneka mu nkengero z’umupaka.

Amakuru kandi agaragaza ko itsinda (platoon) y’ingabo zirwanisha imbunda nini, ziyobowe na Lt Judith zibarizwa ku misozi ya Kacwekano na Karujanga yitegeye u Rwanda bafite zimwe mu mbunda nini zirimo Katyusha, 11mm, 14.7mm and 12.7mm).

Andi makuru ava Kisoro avuga ko ingabo za UPDF zikomeje kwiyongera cyane cyane muri batayo ya 35; hiyongereyeho n’ingabo zigera kuri 200 za special forces ziri ahitwa Butobera mu gace ka Nyabitabo.

Bitandukanye nibyo umwanditsi yavugaga, hari gihamya ko ingabo za Uganda zongereye umubare w’ingabo zayo k’umupaka n’u Rwanda ariko umuntu yakwibaza impamvu yabyo!

Niba iki kinyamakuru cyari kigambiriye ukuri, aya makuru twavuze haruguru ntabwo yari bwirengazizwe, aho gushaka guharabika isura y’u Rwanda n’ingabo zarwo ngo zambuka Uganda!

Src: The New Times

2019-04-21
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ese Koko Umunyemari  W’umunyarwanda Wakoze Jenoside Witwa Kabuga Félicien Yiturije Mu Burundi Guhera 2009

Ese Koko Umunyemari W’umunyarwanda Wakoze Jenoside Witwa Kabuga Félicien Yiturije Mu Burundi Guhera 2009

Ubwanditsi 27 Jun 2018
Hagati ya CMI na RNC imizinga iraza kuvamo imyibano ku ibura rya Ben Rutabana utagejejwe Imbere y’Ubucamanza bwa Uganda

Hagati ya CMI na RNC imizinga iraza kuvamo imyibano ku ibura rya Ben Rutabana utagejejwe Imbere y’Ubucamanza bwa Uganda

Ubwanditsi 28 Feb 2020
Leta ya Uganda yirukanye ku butaka bwayo Abanyarwanda 342 ibashinja kubateza icyorezo Isi iri guhangana nacyo cya Coronavirus (COVID-19).

Leta ya Uganda yirukanye ku butaka bwayo Abanyarwanda 342 ibashinja kubateza icyorezo Isi iri guhangana nacyo cya Coronavirus (COVID-19).

Ubwanditsi 27 Mar 2020
Kuva muri 2016, uwayoboye wese RUD Urunana yarishwe guhera kuri Gen Musare, Gen Afrika, Col Mpiranya na Col Rugema wishwe mu minsi ibiri ishize

Kuva muri 2016, uwayoboye wese RUD Urunana yarishwe guhera kuri Gen Musare, Gen Afrika, Col Mpiranya na Col Rugema wishwe mu minsi ibiri ishize

Ubwanditsi 23 Oct 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire
Amakuru

Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire

RUSHYASHYA 15 Jan 2026
Icyamamare mu mibyinire  Sommizi Mhlongo aratwite nyuma yo kwibagisha inda ibyara
Mu Rwanda

Icyamamare mu mibyinire Sommizi Mhlongo aratwite nyuma yo kwibagisha inda ibyara

Ubwanditsi 17 Feb 2017
INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA
KWAMAMAZA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Ubwanditsi 20 Mar 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru