• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Burundi: Major Ernest Nimubona wari umujyanama wambere w’umugaba w’ingabo yaburiwe irengero

Burundi: Major Ernest Nimubona wari umujyanama wambere w’umugaba w’ingabo yaburiwe irengero

Editorial 07 Jul 2019 INKURU NYAMUKURU

Kuva ku munsi w’ejo, amakuru aturuka i Bujumbura aravuga ko Majoro Ernest Nimubona wari umujyanama wa mbere w’umugaba w’ingabo z’u Burundi yaburiwe irengero.

Aya makuru aravuga ko yazimiranye n’ingabo zarindaga umutekano w’iwe ndetse nyuma y’ibura rye hakaba haraye humvikanye amasasu menshi n’amabombe mu mujyi wa Bujumbura.

Kuri ikicyumweru tariki 7 Nyakanga 2019, ahagana saa tanu na cumi n’itanu z’amanywa mu mujyi wa Bujumbura haturikirijwe ibisasu bibiri kugeza ubu hataramenyekana impamvu y’ubu bugizi bwa nabi.

Ernest Nimubona yari Ofisiye mukuru mu ngabo za Ex-FAB, akaba yakoraga muri Etat Majoro y’ingabo z’u Burundi.

Nyuma y’uko muri Gicurasi 2015 Bamwe mu basirikare bari bafatanyije na Général Godefroid Niyombare guhirika ubutegetsi bwa Nkurunziza bigapfuba, bamwe baburiwe irengero, abandi benshi barafashwe, barafungwa. Niyombare we yabashije gusohoka mu Burundi ndetse ahamya ko kuri ubu afite umutwe w’inyashyamba ayoboye witwa les FOREBU (Forces républicaines du Burundi).

Ubwo yashakaga guhirika ubutegetsi, icyo gihe Niyombare yari akuriye urwego rushinzwe iperereza. Ku itariki 18 mu kwezi kwa Gashyantare 2015, yashyikirije Perezida Nkurunziza inyigo igaragaza ko 80% by’abakomeye mu ishyaka riri ku butegetsi ndetse n’igisirikare ko badashyigikiye ko yiyamamariza mandat ya 3. Bukeye bwaho nibwo yahise yirukanwa ku mirimo ye.

Niyombare yavuze ko ubwo yashakaga guhirika ubutegetsi ngo yari yavuganye n’abayobozi b’amabatayo menshi y’igisirikare cy’Uburundi. Yavuze ko yashatse gukora Coup d’Etat ubwo Perezida Nkurunziza atari mu gihugu. Abasirikare bari kumwe na we avuga ko babarirwaga mu magana , bafite intwaro zihagije ndetse n’ibimodoka 2 by’intambara.

Ku itariki 13 Gicurasi nibwo hatanzwe ikimenyetso cy’uko guhirika ubutegetsi bitangiye ariko habaye ikosa mu kwibeshya ku bamushyigikiye. Abagombaga gufata ikibuga cy’indege bahinduye inzira. Ibimodoka by’intambara zagombaga gutanga ubufasha zarahagaritswe, Minisitiri w’ingabo wari uri ku ruhande rw’abagombaga guhirika ubutegetsi arabagambanira.

Icyakurikiyeho ni uko mu ijoro ryo ku itariki 14 rishyira tariki 15 Gicurasi 2015, abasirikare bari bafatanyije na Niyombare bakwiriye imishwaro mu Mujyi wa Bujumbura. Niyombare yabashije gutoroka, asohoka mu gihugu. Yihishe aho yari asanzwe aba mu minsi 2 , nyuma aza guca mu kiyaga cya Tanganyika asohoka mu Burundi. Niyombare yahamije ko nta bufasha yigeze ahabwa n’igihugu icyo aricyo cyose. Kugeza ubu ngo ayoboye abasirikare bagera mu bihumbi.

NDLR: Nyuma y’aho dutangarije inkuru ya  Majoro Ernest Nimubona umujyanama wa mbere w’umugaba w’ingabo z’u Burundi wari waburiwe irengero mu ijoro ryo kuwa gatandatu w’iki cyumweru dushoje, twaje kumenya ko yabonetse ari muzima, ari kumwe n’abamurinda, akaba yasubiye mu kazi ke. Turacyakomeza gutohoza imvo n’imvano y’iki kibazo.

2019-07-07
Editorial

IZINDI NKURU

Uko u Rwanda rwari rugiye kwirukanwa muri OIF

Uko u Rwanda rwari rugiye kwirukanwa muri OIF

Editorial 18 Oct 2018
CNLG yahishuye ibanga ry’uko Col. Bagosora yapanze kwikiza Habyarimana ngo azice Abatutsi nta nkomyi

CNLG yahishuye ibanga ry’uko Col. Bagosora yapanze kwikiza Habyarimana ngo azice Abatutsi nta nkomyi

Editorial 15 Jan 2020
Ikinyamakuru cyari igitoni kuri Leta y’u Burundi cyahagaritswe

Ikinyamakuru cyari igitoni kuri Leta y’u Burundi cyahagaritswe

Editorial 12 Oct 2018
Leta y’Ububiligi ntizavuge ko itamenye ko muri icyo gihugu hatangijwe ikigega kigamije gushyigikira iterabwoba n’imyivumbagatanyo mu Rwanda

Leta y’Ububiligi ntizavuge ko itamenye ko muri icyo gihugu hatangijwe ikigega kigamije gushyigikira iterabwoba n’imyivumbagatanyo mu Rwanda

Editorial 19 Jan 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame yayoboye inama nyunguranabitekerezo ku mavugururwa ya AU
Mu Rwanda

Perezida Kagame yayoboye inama nyunguranabitekerezo ku mavugururwa ya AU

Editorial 20 Aug 2017
Qatar yegukanye 60% mu mushinga wa miliyari $1.3 wo kubaka Ikibuga cy’Indege cya Bugesera
UBUKUNGU

Qatar yegukanye 60% mu mushinga wa miliyari $1.3 wo kubaka Ikibuga cy’Indege cya Bugesera

Editorial 10 Dec 2019
Indege y’igisilikare cya RDF  yakoreye impanuka i Masaka
Mu Mahanga

Indege y’igisilikare cya RDF yakoreye impanuka i Masaka

Editorial 28 Oct 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru