• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»ITOHOZA»Burundi : Ubufaransa inyuma y’ inyeshyamba izwiho no kuvangura amoko, nk’ ikiraro cyo kujegeza Leta y’Urwanda

Burundi : Ubufaransa inyuma y’ inyeshyamba izwiho no kuvangura amoko, nk’ ikiraro cyo kujegeza Leta y’Urwanda

Editorial 05 Dec 2016 ITOHOZA

Amakuru dukesha Agence Bujumbura News mu itohoza ryabo bagaragaza uko, Ubufaransa bushobora kuba bufitemo ikiganza mu bibera i Burundi.

Ibibera I Burundi mu maso y’umuryango mpuzamahanga biteye urujijo. Ni nko kumva induru y’imbwa zimokera impande y’igihuru, imbere harimo ikirura kirimo kwirira umwana w’intama mu mutuzo.

Ariko se Nkurunziza yaba akurahe imbaraga zo kwihererana umwana w’intama uko yishakiye mu maso y’umuryango mpuzamahanga, mu gihe uwo muryango wari wararahiye ko bitazongera, umaze gusiga ibihumbi by’abana n’abagore bitikirira mu Rwanda muri genocide yakorerwaga abatutsi muri 1994?

Kugirango ugire icyo usubiza, wabanza gusubira inyuma ugahera mu mwaka wa 2005, igihe inteko nshinga mategeko y’uburundi yashyiraga ku butegetsi Peter Nkurunziza. Icyo gihe Ubufaransa bwishimiye ko iyo nyeshyamba izwiho no kuvangura amoko, yazaba ikiraro cyo kuzajegeza Leta y’Urwanda.

-4874.jpg

Perezida Petero Nkurunziza

Urwanda mu maso y’ubufaransa rukaba ruregwa kuba rwaratunze ku mugaragaro urutoki igihugu cy’Ubufaransa muruhare rwagize muri Genocide yatsembye abatutsi muri 1994.

Aho kugirango Bwemere amakosa bwakoze, ahubwo bwarakajwe n’uko ashyizwe ahagaragara. Ubufaransa rero bwahisemo kuba bwakoresha ibikoresho biturutse mu bihugu byo mu karere, bishingikiriza ku nzangano barebye ku moko yiyitirira Banthous, bayangisha abatutsi bo mu karere ko muri Afurika yo hagati.

Ubufaransa bugasa n’uburundarunda imitwe na za leta za kibandi zigaragara muri ako karere kugirango zikomeze zihungize izo nzangano zibyara ubwicanyi budafite ishingiro, ariko bwica.

-4875.jpg

Perezida w’ Ubufaransa Hollande Francois

Ubufaransa bwijeje Nkurunziza, kuzabafasha mu rwego rw’ibikoresho, kugirango basyonyore icyo bita Leta ya Kigali bityo ikibazo cy’abatutsi kirangire burundu.
Baba baranareshyeje Zuma wa Afurika Y’Epfo ,bamuguraho intwaro zizakora muri icyo gikorwa. Bivugwa ko Uburundi bwonyine bwagombaga guhabwa intwaro zihwanye na miliyari eshanu z’amayero.

Uko umugambi wari uteguwe, imirwano yari guturuka mu Burundi.

Niyo mpamvu aribwo bwari guhabwa ibikoresho bihenze, kuko ni nabwo bwari guturukamo abarwanyi benshi. Ibyo aribyo byose ayo mayero ni make, ugereranyije n’indishyi bagombaga guha u Rwanda kubera Genocide bijanditsemo.

Imyiteguro yatangiye 2010. Nkurunziza atorerwa gusubira ku butegetsi, mu buryo abatavuga rumwe na Leta batemeye uko amatora yagenze. Bamwe baricwa abandi batangira guhunga.

-4876.jpg

Imbonerakure za CNDD-FDD

Imbonerakure zitangira imyitozo mu Kibira, no muri rdc, ahahana imbibe n’uburundi. Bavuga izigera ku bihumbi 300, nk’uko byatangajwe na APRODH, iyo myitozo ahanini yatangwaga n’Interahamwe ( abagenocidaire bavuye mu Rwanda), n’abarimu b’abafaransa.

Muri RDC, kabira yirengagiza imyitozo ibera ku butaka bwe, araruca ararumira. Ikihutiwe kwabaye ukurwanya no gukuraho burundu umutwe wa M23, ngo kuko wavugiraga abatutsi bo muri Kongo batotezwaga.

Ingabo za ONU, zari muri Congo, zasabwe kurwanya no kurandura imitwe yitwara gisilikare yose iri mu burasirazuba bwa RDC, irimo M23 n’Interahamwe, yo irandura M23 gusa, Interahamwe na FDLR, irazihorera ziridegembya. Byakozwe mu kanya nk’ako guhumbya, Drone z’abafaransa nizo zarashe M23! Ingabo za Onu, zishatse kurasa Interahamwe na Drones, Gouverinema ya Kabila irabahagarika. Baravuga ngo ikibazo cy’Interahamwe, barakirangiriza. Na n’ubu ziridegembya muri RDC no mu Burundi.

-152.png

Gikwete we yari yahawe ubutumwa bwo gushotora u Rwanda.

Nibwo kumugaragaro yatangaje ko Urwanda rugomba gushyikirana na FDLR, umutwe uri ku rutonde rw’Ibyihebe ku isi. Gikwete niwe wenyine wasobanura aho iyo nama yari ayikuye. Ubu twizera ko Magufuri atakomeza muri iyo nzira kuko ubushake bwiza bwo yatangiye kubugaragaza.

Undi mugabo wo muri kano karere ubufaransa bunyuraho, ni Denis Sassou Ngesso, nawe umaze kwiyongeza za Manda. Mu bumwe na Kabila, intwerarano za Nkurunziza zaba zinyura kuri Sassou Ngesso, nk’uko byanditswe mu busesenguro bwimbitse na Flavio Beltrami.

Intwaro iyo zivuye muri Afurika y’epfo zinyura muri Uvira, naho amafaranga yo ava mu ntoki bwite bwa Sassou Ngesso ajya mu za Nkurunziza ayazaniwe n’intumwa za Sassou. Miliyoni 8 za nyuma z’amayero zazanywe mu ntoki za Okemba, zari zigamije guhemba abasilikare n’abapolisi ibirarane, no guhemba abacancuro.

-4878.jpg

Perezida Denis Sassou yijejwe gutsinda amatora, yongeye gutorerwa kuyobora Congo Brazza

Imyiteguro n’ubushotoranyi byaratangiye, nko kwica abakomoka mu Rwanda batuye mu Burundi, ibyo byose n’ubushotoranyi bwa Nkurunziza, kandi ijisho ry’Ubufaransa riba rirora.

Ku rundi ruhande, ubutegetsi bwa Kigali bukurikirana ibyo byose biba umunsi ku munsi bwirinda kugira icyo bwakora ku bushotoranyi bwa Nkurunziza, kugirango hataboneka urwitwazo ngo urwanda rwateye umuturanyi, noneho abari baryamiye amajanja bakabaduka.

Umuyobozi w’ibikorwa ariwe Ubufaransa we, ahora arega Urwanda mu kanama k’umutekano ku isi, ngo nirwo rushaka kwigarurira akarere k’ibiyaga bigari, ibirego bigambiriye kurangaza abashaka kwitegereza ibitegurirwa mu Burundi.

Gahunda yakomejwe gukorwa mu nkokora na societe civile y’i Burundi, yagiye itangaza ibigo by’imyitozo bya gisilikari mu kibira no muri Congo, ikindi ni igenda rya Gikwete, no kwinumira kwa Leta y’Urwanda ntiyikirize ubushotoranyi bwa Nkurunziza n’uduco twe.

-4879.jpg

Minisitiri w’ Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda Louise Mushikiwabo mu kiganiro n’abanyamakuru Yagize ati: “U Rwanda n’u Burundi, nk’uko mwese mushobora kubibona, ibyo mu Burundi bimaze gutuza ariko ibibazo ntibyakemutse mu buryo bugaragara. Icyo twakoze nk’igihugu nk’uko twakunze kubigarukaho kenshi no mu bindi biganiro n’abanyamakuru, ni uko uburyo bwiza u Rwanda rwafasha u Burundi kwigobotora [ibibazo rurimo], ari ukugerageza kujya kure/kwirengagiza iby’i Burundi… Byaba ubushotoranyi, byaba imvugo zigamije kwatsa umuriro ndetse n’indi myitwarire ifite impamvu zitumvikana twagiye tubona kuva i Burundi hatangira imudugararo, twafashe umwanzuro wo gutuza, no kumva ko ubwo ari bwo buryo bwiza kuri twe bwo kudakomeza ibintu kurushaho, twizera ko wenda ari n’uburyo bwo kugira uruhare mu gufasha igihugu kwivana mu bibazo bimaze imyaka hafi ibiri…”

Icyatangaje abantu ni ukuntu Pierre Nkurikiye, umuvugizi wa Polisi mu Burundi, avuga ko mu ijoro ryo kuwa mbere, abashatse guhitana Willy Nyamitwe agana iwe, agakomeretswa ukuboko ndetse umurinzi we umwe aricwa undi arakomereka.

Igipolisi cy’u Burundi, ki kaba cyamaze gutangaza ko kugeza ubu umusirikare w’ipeti rya Caporal ari we wamaze gufatwa, ariko akaba yakoranaga na Col Dushimagize Dieudonne bahimba Gangi na Caporal Nduwimana Jean Claude ngo bakorana n’umutwe w’Abarundi bahungiye mu Rwanda hamwe n’umusirikare umwe w’u Rwanda.
Ibi ntibyari biherutse ko u Burundi bushinja u Rwanda kugira uruhare mu bitero bigabwa mu Burundi, nyamara ibi u Rwanda rubyita ubushotoranyi, rukaba rwarahisemo kubigendera kure.

Cyiza Davidson

2016-12-05
Editorial

IZINDI NKURU

Frank Ruhinda yemeje iyegura rya Lea Karegeya wari ukuriye akanama k’inararibonye muri RNC

Frank Ruhinda yemeje iyegura rya Lea Karegeya wari ukuriye akanama k’inararibonye muri RNC

Editorial 13 Jan 2020
Burera: Afunzwe nyuma yo gufatanwa amafaranga yibye aho yakoraga I Kigali

Burera: Afunzwe nyuma yo gufatanwa amafaranga yibye aho yakoraga I Kigali

Editorial 10 Jul 2017
‘Umwami Kigeli  akwiye guhabwa icyubahiro kimukwiriye nk’umuntu wigeze kuba Umukuru w’Igihugu’ Twagiramungu

‘Umwami Kigeli akwiye guhabwa icyubahiro kimukwiriye nk’umuntu wigeze kuba Umukuru w’Igihugu’ Twagiramungu

Editorial 22 Nov 2016
Bruxelles : Imyiteguro ya Rwanda Day irarimbanije [ AMAFOTO ]

Bruxelles : Imyiteguro ya Rwanda Day irarimbanije [ AMAFOTO ]

Editorial 12 Jun 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Hashinzwe Fondasiyo yigenga ikora ubushakashatsi kuri Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse no kurwanya abayihakana
Amakuru

Hashinzwe Fondasiyo yigenga ikora ubushakashatsi kuri Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse no kurwanya abayihakana

Editorial 12 Jan 2021
Perezida Kagame yazamuye mu ntera abapolisi 4385
Mu Rwanda

Perezida Kagame yazamuye mu ntera abapolisi 4385

Editorial 29 Jan 2019
Urubyiruko rwatangije gahunda yo gushyigikira Perezida Kagame mu kurwanya ibinyoma n’ibikangisho bya mpatsibihugu
Amakuru

Urubyiruko rwatangije gahunda yo gushyigikira Perezida Kagame mu kurwanya ibinyoma n’ibikangisho bya mpatsibihugu

Editorial 13 Feb 2025

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru