• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Hon. Havugimana Emmanuel yatwibukije Inkomoko ya Masudi na Giraso yiturwa indi Ikinani cyamugereyemo   |   11 Sep 2026

  • Abana b’abagize uruhare muri Jenoside bongeye kwibutsa imigambi yapfubye y’ababyeyi babo   |   11 Sep 2026

  • Abakinnyi 19 muri 28 bahamagawe n’umutoza Stephen Constantine witegura gukina na Liberia na Cap-Vert, bakina hanze y’u Rwanda   |   09 Sep 2026

  • Irabu: Ibigarahamwe mwitege iyi nkota ya menge ivuye muri Oman nimukoronge ariko nimurenga wa murongo izabarya   |   09 Sep 2026

  • Cricket: U Rwanda rwitwaye neza mu mukino ufungura irushanwa rya ILT20 Continent Cup 2026   |   08 Sep 2026

  • Byatsi Baker yongeye kwikirigita araseka, mu mugambi we wa mpemuke ndamuke akomeje wo kwambara urubwa rwo gusebya u Rwanda rwabyaye Nyina   |   08 Sep 2026

 
You are at :Home»INKURU ZAKUNZWE CYANE»Burundi: Umuyobozi ukomeye mu Ishyaka CNDD-FDD yahishuye umugambi wacuzwe wo kwikiza ‘abakeba’

Burundi: Umuyobozi ukomeye mu Ishyaka CNDD-FDD yahishuye umugambi wacuzwe wo kwikiza ‘abakeba’

Ubwanditsi 30 Apr 2018 INKURU ZAKUNZWE CYANE

Umwe mu bantu bakomeye mu Ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi yavuze ko umuntu uzumvikana yigisha ibitandukanye n’ibyo igihugu gishaka azoherezwa muri Tanganyika, imvugo yafashwe nk’ica amarenga y’ubwicanyi bwateguwe bijyanye na kamarampaka iri gutegurwa muri icyo gihugu.

Amashusho yashyizwe ku mbuga nkoranyambaga yerekana umwe mu bakomeye mu Ishyaka riyoboye u Burundi, Melchiade Nzopfabarushe, ari mu Migera mu Ntara ya Ngozi, akoresha amagambo akomeye yatumye bamwe bayasanisha no kuburira abateganya kwitambika ivugururwa ry’itegeko nshinga.

Ni amatora byitezwe ko azaba ku itariki ya 17 Gicurasi 2018, ashobora gusiga Pierre Nkurunziza yemerewe gukomeza kuyobora u Burundi kugeza mu 2034. Biheruka gutangazwa ko ishyaka riri ku butegetsi ryafashe umwanzuro ko kizira kikanaziririzwa gukangurira abantu gutora ‘Oya’.

Nzopfabarushe yumvikana agira ati “Umuntu w’umukeba hano mu Migera uzigisha ibitandukanye n’ibyo igihugu cyifuza, twebwe ntituri kumwe! Turamukarabye. Sibyo? [Abaturage barikiriza bati ‘Yego’] Turamukarabye, abe agenda.”

Yaburiye abo yitaga ‘abakeba’ ko CNDD-FDD yakoresheje ubwato, ati “tuzabushyira muri Karonge tumanurire muri Tanganyika bigire iyo bashaka. [Amashyi menshi]. Sibyo? Abashaka kujya mu bwato, tuzabubaha. Na kare amafi yari yabuze hano iwacu, muri aya mazi yacu, tuzabashyiramo bigire muri Congo n’amaguru. Ubwo ni ubutumwa.”

Icyatumye ibintu bigira uburemere kurushaho, ni uko Nzopfabarushe yavuze ko ari umugambi wateguwe mu gihugu hose na buri komini ati “kandi uhagarikiwe n’ingwe aravoma. Aha ishyaka CNDD FDD rirubatse neza, mwabonye uko byagenze.”

Itangazo ryasohowe n’ubuyobozi bw’Ishyaka CNDDFDD, bwavuze ko “ryatunguwe no kumva amagambo yatangajwe ko ari aya Melchiade Nzopfabarushe, ashobora guhungabanya ubumwe n’imibanire y’Abarundi,” cyane ko ngo binyuranye n’ibitekerezo ishyaka rigenderaho.

Ryakomeje rigira riti “Ishyaka rirasaba Abarwanashyaka baryo kurangwa n’ubworoherane muri poliitiki, rikanasaba inzego z’ubutabera gukurikirana iki kibazo.”

Umuvunyi Mukuru, Nduwimana Edouard, nawe yamaganye izo mvugo yise ko zihembera urwango, mu gihe abaturage bitegura kwinjira muri kamarampaka.

Yagize ati “Urwego rw’Umuvunyi ruramagana imvugo z’umurwanashyaka wa CNDD-FDD, Melchiade, zitandukanye cyane n’umurongo ishyaka rigenderaho, zigamije guhembera urwango mbere ya #Referendum2018. Ukudahuza ibitekerezo birubaka bikanongerera imbaraga demokarasi.”

Biteganywa ko amashyaka 26 n’imiryango yigenga bizagira uruhare mu bikorwa byo kwiyamamaza bizatangira ku wa 1 Gicurasi.

Byitezwe ko Perezida Nkurunziza azakomeza kuyobora u Burundi, mu gihe manda yatorewe mu 2015 nayo yateje ibibazo, ku buryo imyigaragambyo y’abatarayemeraga, banagerageje kumuhirika ku butegetsi bigapfuba, yarangiye abaturage amagana bishwe naho abasaga 400,000 bakagana iy’ubuhungiro.

Melchiade Nzopfabarushe yavuze amagambo yatumye bamwe bayasanisha no kuburira abateganya kwitambika ivugururwa ry’itegeko nshinga mu Burundi

Perezida Nkurunziza Pierre n’abandu bayobozi bakuru b’Ishyaka CNDD-FDD riyoboye u Burundi

Umuvunyi Mukuru, Nduwimana Edouard, yamaganye imvugo yise ko zihembera urwango mu gihe abaturage bitegura kwinjira muri kamarampaka

2018-04-30
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umugambanyi Kamanzi Djanessa arasaba ubuhungiro muri Suede yitwaje Diane Rwigara

Umugambanyi Kamanzi Djanessa arasaba ubuhungiro muri Suede yitwaje Diane Rwigara

Ubwanditsi 15 Jan 2020
Icyinyoma cya Bonabaana inkoramutima ya RNC, kunyerera ku gishishwa cy’umuneke mu gitangazamakuru cya guverinoma

Icyinyoma cya Bonabaana inkoramutima ya RNC, kunyerera ku gishishwa cy’umuneke mu gitangazamakuru cya guverinoma

Ubwanditsi 12 Aug 2019
Ni iki cyihishe inyuma yo kureka ubujurire kuri Kizito Mihigo na Dukuzumuremyi J.Paul

Ni iki cyihishe inyuma yo kureka ubujurire kuri Kizito Mihigo na Dukuzumuremyi J.Paul

Ubwanditsi 10 Sep 2018
Col. Michel Rukunda Alias Makanika yavuze impamvu yatumye atera umugongo ingabo za FARDC, ahakana ibyo kwifatanya na P5.

Col. Michel Rukunda Alias Makanika yavuze impamvu yatumye atera umugongo ingabo za FARDC, ahakana ibyo kwifatanya na P5.

Ubwanditsi 17 Jan 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Tariki ya 19 Nyakanga 1994, Nyuma yo Guhagarika Jenoside yakorerwaga abatutsi no gutsinda inzirabwoba FPR nandi mashyaka bashyizeho Leta y’Ubumwe
INKURU NYAMUKURU

Tariki ya 19 Nyakanga 1994, Nyuma yo Guhagarika Jenoside yakorerwaga abatutsi no gutsinda inzirabwoba FPR nandi mashyaka bashyizeho Leta y’Ubumwe

Ubwanditsi 20 Jul 2020
Ku nshuro ya kabiri yikurikiranya ikipe ya Golden States Warriors yabuze itike iyihesha gukina imikino ya nyuma ya NBA.
Amakuru

Ku nshuro ya kabiri yikurikiranya ikipe ya Golden States Warriors yabuze itike iyihesha gukina imikino ya nyuma ya NBA.

Ubwanditsi 22 May 2021
Ikinyamakuru cyari igitoni kuri Leta y’u Burundi cyahagaritswe
INKURU NYAMUKURU

Ikinyamakuru cyari igitoni kuri Leta y’u Burundi cyahagaritswe

Ubwanditsi 12 Oct 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

31 Aug 2026
Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru