• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Busingye yasubije Abasenateri ba Amerika ku birego by’abo kwa Rwigara

Busingye yasubije Abasenateri ba Amerika ku birego by’abo kwa Rwigara

Ubwanditsi 02 Dec 2018 ITOHOZA

Minisitiri w’Ubutabera akaba n’Intumwa Nkuru ya Leta, Johnston Busingye, yasabye abagize Inteko Ishinga Amategeko ya Amerika kureka inkiko z’u Rwanda zigakorera mu bwisanzure mu rubanza rwa Diane Rwigara n’umubyeyi we Mukangemanyi Adeline.

Mu iburanisha riheruka aba bombi ubushinjacyaha bwabasabiye igifungo cy’imyaka 22 buri umwe.

Diane Rwigara ashinjwa gukora no gukoresha inyandiko mpimbano ubwo yashakaga ibyangombwa ngo yemererwe kwiyamamariza kuyobora u Rwanda mu matora yabaye mu 2017, agahurira n’umubyeyi we Adeline Mukangemanyi ku cyaha cyo kugambirira guteza imvururu cyangwa imidugararo muri rubanda; Adeline we yihariye icyaha cy’ivangura no gukurura amacakubiri.

Mu cyumweru gishize, Senateri Dick Durbin wa Leta ya Illinois yanditse kuri Twitter ko ababajwe n’ibyaha byageretswe kuri Diane Rwigara kubera ko yashatse kwiyamamaza abinyujije mu nzira y’amahoro.

Senateri Ann Louise wo muri Missouri na we yasabye u Rwanda kurekura Rwigara, ngo kuko gukora politiki mu mahoro atari icyaha.

Senateri Patrick Leahy na Barbara Jean Lee bavuze ko Diane na Adeline bari kuzira kuba baratinyutse kuvuga kuri ruswa n’igitugu mu Rwanda.

Minisitiri Busingye yasabye abo basenateri guha ubwisanzure inkiko z’u Rwanda, zigakora akazi kazo nk’uko The East African yabitangaje.

Yagize ati “Si njye ugenzura abagize Inteko Ishinga Amategeko ya Amerika ariko ibibera mu Rwanda ndabizi. Nzi ko ibibazo biri mu nkiko, biba bireba inkiko. Nkeka ko ari nako bigenda muri Amerika ariko niba atari ko bimeze, ubwo bitandukanye no mu Rwanda.”

Yakomeje agira ati “Sinzi ikibaraje ishinga. Niba muri Amerika Inteko Ishinga Amategeko ariyo itegeka inkiko ibyo zikora bikemerwa, twe mu Rwanda si uko bikorwa.”

Minisitiri w’Ubutabera akaba n’Intumwa Nkuru ya Leta, Johnston Busingye

Mu bandi bazamuye amajwi basabira Diane n’umubyei we kugirwa abere harimo komisiyo y’umutwe w’abadepite muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, iharanira uburenganzira bwa muntu.

Ibinyujije kuri Twitter, ku wa Mbere yagize iti “Kugaragaza ibitekerezo bya politiki mu ituze nta cyaha kirimo. Kwiyamamariza umwanya runaka si icyaha. Uyu munsi turasaba u Rwanda kurekura Diane Rwigara no kurekura Adeline Rwigara.”

Ni ubutumwa yatangaje mbere y’uko ku wa Kabiri tariki 4 Ukuboza 2018, izagira ibiganiro ku cyo yise kubahiriza uburenganzira bwa muntu n’imfungwa za politiki mu Rwanda.

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane ushinzwe Umuryango w’Ibihugu bya Afurika y‘Iburasirazuba, Nduhungirehe Olivier, yavuze ko bitumvikana uburyo Inteko Ishinga Amategeko ya Amerika yivanga mu bucamanza bw’ikindi gihugu, ku kibazo idasobanukiwe.

Ku wa 6 Ukuboza nibwo Urukiko Rukuru ruzafata umwanzuro ku byaha Diane Rwigara na Mukangemanyi bashinjwa.

2018-12-02
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Ndayishimiye Yahisemo Gushyira imbere ubushyamirane mu baturanyi aho gukemura ibibazo by’imbere mu gihugu

Ubwanditsi 30 Jul 2025
Gen Kale Kayihura yasabye Museveni kumurenganura

Gen Kale Kayihura yasabye Museveni kumurenganura

Ubwanditsi 20 Jul 2018
RNC ishaje ya Gen. Kayumba Nyamwasa na Gervais Cyondo baratanguranwa abayoboke  na New-RNC ya Rudasingwa nk’indaya zitanguranwa abagabo Kampala road.

RNC ishaje ya Gen. Kayumba Nyamwasa na Gervais Cyondo baratanguranwa abayoboke na New-RNC ya Rudasingwa nk’indaya zitanguranwa abagabo Kampala road.

Ubwanditsi 09 Aug 2016
Police mu iperereza  yemeje ko Umucuruzi  Rwabukamba yapfuye  yiyahuye

Police mu iperereza yemeje ko Umucuruzi Rwabukamba yapfuye yiyahuye

Ubwanditsi 13 Oct 2016

2 Ibitekerezo

  1. Sacyega
    December 2, 20183:14 pm -

    Ni Imana ibakoresha, none se abantu bamaze umwaka bafunze ubushinjacyaha ngo buri gukora iperereza ntihagire n’umutangabuhamya n’umwe uza mu urubanza? Ubu uko bateza cyamunara ibyabo hari utabona ko barengana? kurenganya abantu ntacyo bimaze.

    Subiza
  2. katsibwenene
    December 3, 20187:36 am -

    Sacyega we????????? Biza tubireba tukicecekera, dutinya Ruhuga

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Rwanda Day: Kagame yasabye urubyiruko kutigana ibibi biba mu mico y’amahanga
POLITIKI

Rwanda Day: Kagame yasabye urubyiruko kutigana ibibi biba mu mico y’amahanga

Ubwanditsi 25 Sep 2016
Harimo na tike ya Miliyoni 2 ku mukino Rayon Sports izahuramo na Yanga SC kuri Rayon Day
Amakuru

Harimo na tike ya Miliyoni 2 ku mukino Rayon Sports izahuramo na Yanga SC kuri Rayon Day

Ubwanditsi 22 Jul 2025
Gakenke : Kagame ati : ‘ twishakemo imbaraga hanyuma dukomeza twiyubake ‘
Mu Rwanda

Gakenke : Kagame ati : ‘ twishakemo imbaraga hanyuma dukomeza twiyubake ‘

Ubwanditsi 31 Jul 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru