• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Bwa mbere, U Rwanda rurakira inama nyafurika y’abagore bo mu nzego z’umutekano

Bwa mbere, U Rwanda rurakira inama nyafurika y’abagore bo mu nzego z’umutekano

Editorial 28 Nov 2016 Mu Mahanga

Biteganyijwe ko abagore barenga 250 bo mu nzego z’umutekano ku mugabane wa Afurika bateranira i Kigali mu nama y’iminsi 2, yateguwe n’abashinzwe gushyira mu bikorwa ibyemezo by’Itangazo ry’Inama Mpuzamahanga ya Kigali (KICD), iyi nama ikaba igamije kongera kwigira no gufatira hamwe ingamba zo kurwanya ibyaha, cyane cyane ihohoterwa rikorerwa abagore n’abana b’abakobwa.

Iyi nama nyafurika y’abagore bo mu nzego z’umutekano ikaba ifite intego igira iti:”uruhare rw’umugore mu kubungabunga umutekano”, mu byo izibandaho hakaba harimo gusuzuma ishyirwa mu bikorwa ry’imyanzuro yafatiwe mu nama rusange ya 5 y’ Inama Mpuzamahanga ya Kigali (KICD) yabereye i Alger muri Algeria muri Werurwe uyu mwaka.

Umuhuzabikorwa w’iyi nama, Chief Superintendent of Police (CSP) Lynder Nkuranga yavuze ati:”Abagore bo mu nzego z’umutekano bagira uruhare rukomeye mu gukemura ibibazo bishamikiye ku ihohoterwa rishingiye ku gitsina, ikaba ariyo mpamvu bazungurana ibitekerezo bakanafatira hamwe ingamba z’uko ibi bibazo by’ihohoterwa rishingiye ku gitsina byajya bikemurwa mu buryo bumwe.”

Yakomeje avuga ati:”Iyi nama kandi izaganira ku ruhare rw’umugore mu kubungabunga umutekano, gusangira ubunararibonye, imbogamizi bahura na zo muri iyo mirimo no kuzishakira ibisubizo; bityo ubumenyi bazayungukiramo ndetse n’ingamba bazafata bikaba bizatuma abayitabiriye bagira imyumvire imwe ku guca ihohoterwa rikorerwa abagore n’abakobwa, kandi bikaba bizatuma abagore bo mu nzego z’umutekano bakumira ubwo bwoko bw’ihohoterwa

Iyi nama ikaba ihuriranye n’igikorwa cy’Ubukangurambaga bw’iminsi 16 bwo kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina. Biteganyijwe ko izanitabirwa n’inzobere mu bijyanye n’amahoro n’umutekano n’abandi bayobozi barimo abo mu nzego Nkuru za Guverinoma, abo mu muryango w’Abibumye, Imiryango Itegamiye kuri Leta n’abafatanyabikorwa mu iterambere.

Abitabiriye iyi nama kandi, bazanaganira ku kamaro ko gushyiraho uburyo umugore yarushaho kugira uruhare mu bikorwa byo kugarura amahoro no kubungabunga umutekano, hagamijwe amahoro n’umutekano birambye.

Kuri iyi ngingo, CSP Nkuranga yagize ati:” tuzaganira birambuye ku buryo bwakoreshwa mu gukumira no kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’irikorerwa abana, uruhare rw’imiryango y’iterambere mu guteza imbere no kwita ku burenganzira bw’umugore, ubw’abakobwa n’ubw’abana muri rusange, tunaganire ku buringanire bw’ibitsina byombi hagamijwe umutekano n’iterambere birambye ndetse tuzanaganira ku ruhare rw’abagore bo mu nzego z’umutekano mu kurwanya ibyaha biri kuvuka muri iki gihe.”

Muri iyi nama kandi, abayitabiriye bazanitabira umuhango wo gutaha ku mugaragaro Ikigo cy’Icyitegererezo muri aka Karere kigamije guca ihohoterwa rikorerwa abagore n’abana kiri ku cyicaro gikuru cya Polisi y’u Rwanda ku Kacyiru.

Iki kigo Kizafasha mu bushakashatsi ku byaha by’ihohoterwa rikorerwa abagore n’abana, gusangira ubumenyi n’ubunararibonye ndetse no guhanahana amakuru y’uburyo iryo hohoterwa ryacika. Iki Kigo kirimo kandi Ibiro by’Ubunyamabanga bwa KICD, kikazafasha kandi mu kubaka no kongera ubushobozi abanyamuryango, kwegeranya no guhanahana amakuru, kubika amakuru y’ibikorwa by’indashyikirwa, gutegura neza ibikorwa by’ubufatanye n’abaturage mu kubungabunga umutekano, kunoza imikoranire n’izindi nzego no gufatanya muri gahunda zitandukanye, gushyiraho amategeko no kugena gahunda zifasha ibihugu bigize uyu muryango.

Nk’uko CSP Nkuranga abitangaza, iyi nama y’abagore bo mu nzego z’umutekano muri aka karere inahuriranye n’ishyirwa ku mugaragaro ry’igitabo cya Isange One Stop Center cyitwa «Rwanda’s Holistic Approach to Fighting Gender Based Violence and Child abuse: The Isange One Stop Centre Model”

-4817.jpg

-4841.jpg

Isange ni ikigo cyita ku bakorewe ihohoterwa rishingiye ku gitsina, bakaba bahabwa serivisi zirimo kubapima, kubavura no kubagira inama zitandukanye hashingiwe ku bwoko bw’ihohoterwa uwakigannye yakorewe, kandi izi serivisi bazihabwa nta kiguzi.

Kugeza ubu Isange One Stop Center ifite amashami 28 mu bitaro by’uturere dutandukanye tw’u Rwanda.

RNP

2016-11-28
Editorial

IZINDI NKURU

Tumenye umutekamutwe John SIMBABURANGA ubeshya ngo mu Rwanda nta mutekano uhari, kandi yaratorotse ubutabera kubera ubujura.

Tumenye umutekamutwe John SIMBABURANGA ubeshya ngo mu Rwanda nta mutekano uhari, kandi yaratorotse ubutabera kubera ubujura.

Editorial 27 Jul 2021
Ntawe ukwiriye kuziza Umunyarwanda icyo aricyo cyangwa icyo yemera – Kagame

Ntawe ukwiriye kuziza Umunyarwanda icyo aricyo cyangwa icyo yemera – Kagame

Editorial 09 Feb 2017
Urupfu rw’agashinyaguro rwa Chérubin Okende, umudepite akaba yarabaye na Minisitiri wo gutwara ibintu n’abantu rwagaragaje isura y’ukuri ya Tshisekedi

Urupfu rw’agashinyaguro rwa Chérubin Okende, umudepite akaba yarabaye na Minisitiri wo gutwara ibintu n’abantu rwagaragaje isura y’ukuri ya Tshisekedi

Editorial 14 Jul 2023
Bombori bombori hagati ya FARDC na Wazalendo

Bombori bombori hagati ya FARDC na Wazalendo

Editorial 22 Nov 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

‘Uyu mugore muto hari ibitekerezo ahagarariye’ Mushikiwabo avuga kuri D. Rwigara
ITOHOZA

‘Uyu mugore muto hari ibitekerezo ahagarariye’ Mushikiwabo avuga kuri D. Rwigara

Editorial 03 Nov 2017
Bamwe mu banyeshuri barangije muri Kaminuza ya Kigali bararira ayo kwarika nyuma yaho batagaragariye ku rutonde rw’abahawe Impamyabumenyi.
Mu Rwanda

Bamwe mu banyeshuri barangije muri Kaminuza ya Kigali bararira ayo kwarika nyuma yaho batagaragariye ku rutonde rw’abahawe Impamyabumenyi.

Editorial 13 Mar 2017
Rayon Sports yerekanye Kalisa Rachid na Heritier Nzinga Luvumbu nk’abakinnyi bayo
Amakuru

Rayon Sports yerekanye Kalisa Rachid na Heritier Nzinga Luvumbu nk’abakinnyi bayo

Editorial 03 Aug 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru