• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»IMIKINO»Byukusenge Patrick yigaruriye icyizere muri Tour du Cameroun azamuka imyanya itatu

Byukusenge Patrick yigaruriye icyizere muri Tour du Cameroun azamuka imyanya itatu

Editorial 30 May 2018 IMIKINO

Ku munsi wa Kane wa Tour du Cameroun, kapiteni wa Team Rwanda, Byukusenge Patrick yigaruriye icyizere nyuma yo gusoza ari uwa kabiri mu gace kavaga Douala kajya i Limbe, ku rutonde rusange azamuka imyanya itatu.

Iri siganwa mpuzamahanga rizenguruka Cameroun, ryatangiye ku wa Gatandatu tariki 26 Gicurasi rikomeza ku Cyumweru ariko agace ko ku wa Mbere kari kuzenguruka Douala ku ntera ya kilometero 108 ntikabashije gukinwa kubera imvura nyinshi yaguye kagakurwaho.

Mu gace ka kane bakinnye kuri uyu wa Kabiri bava Douala bajya i Limbe ku ntera ya kilometero 75.5, Byukusenge yasoje ari uwa kabiri akoresheje isaha 1:53:41 anganya n’Umunya- Slovakia, Haring Martin, wabaye uwa mbere, basiga Konstantinov Radoslav Valentinov wa gatatu amasegonda 02 naho Uwizeyimana Bonaventure wa kane asigwa amasegonda 0:23.

Muri aka gace, Munyaneza Didier yasoje ari uwa 13, Ukiniwabo Jean Paul René aba uwa 17, Nsengimana Jean Bosco aba uwa 20 naho Hadi Janvier asoza ari uwa 23.

Kwitwara neza byatumye Byukusenge azamuka ku rutonde rusange ava ku mwanya wa karindwi afata uwa kane asigwa umunota 1:03 na Richet Noël bikaba bishoboka ko ashobora gukomeza kugabanya ikinyuranyo.

Kuri uru rutonde, Uwizeyimana Bonaventure wafashije cyane mugenzi we, yavuye ku mwanya wa gatanu ajya ku wa karindwi, Ukiniwabo Jean Paul René azamuka imyanya icyenda ava ku wa 21 aba uwa 12, Munyaneza Didier azamuka imyanya 11 ava ku wa 24 aba uwa 13, Nsengimana Jean Bosco azamuka 19 aba 21 avuye ku wa 40 naho Hadi Janvier asubira inyuma itatu aba uwa 31 avuye ku wa 28.

Nsengimana yagumanye umwambaro w’umukinnyi uzamuka imisozi kurusha abandi yambaye kuva ku munsi wa mbere, Ukiniwabo Jean Paul René agumana umwanya wa kabiri mu bakinnyi beza bakiri bato akurikiwe na Munyaneza Didier naho ikipe y’u Rwanda ikaba ari iya gatatu inyuma ya Martigues Sport Cyclisme yo mu Busuwisi na Dukla Banska Bystrica yo muri Slovakia.

Kuri gahunda, abakinnyi bagomba kuruhuka kuri uyu wa Gatatu mbere yo gukora agace ka Mbanga bajya Bafang kareshya na kilometero 121.5, tariki ya 1 Kamena bakazakora urugendo rw’ibilometero 98 bazenguruka Bafoussam, mu gitondo cyaho bakore ibilometero 83.7 bazenguruka Tonga basoze isiganwa tariki 3 Kamena bakora urugendo rw’ibilometero 122.8 ruva Bafia bajya i Yaoundé.

2018-05-30
Editorial

IZINDI NKURU

Nyuma y’isezererwa ry’Amavubi amakipe 18 yo yamaze kubona itike ya CHAN2023, Rayon Sports yasoje imikino mpuzamahanga ya gishuti inganya na Singida Bigstars

Nyuma y’isezererwa ry’Amavubi amakipe 18 yo yamaze kubona itike ya CHAN2023, Rayon Sports yasoje imikino mpuzamahanga ya gishuti inganya na Singida Bigstars

Editorial 05 Sep 2022
Rayon Sports yitegura gukina na Azam FC kuri Rayon Day, yanganyije na Gorilla FC 1-1

Rayon Sports yitegura gukina na Azam FC kuri Rayon Day, yanganyije na Gorilla FC 1-1

Editorial 20 Jul 2024
APR FC na Rayon Sports zizacakirana ku munsi wa Gatanu wa shampiyona ya PNL – Uko tombola yose yagenze

APR FC na Rayon Sports zizacakirana ku munsi wa Gatanu wa shampiyona ya PNL – Uko tombola yose yagenze

Editorial 20 May 2021
Urban Boyz ntibazitabira ibirori bya Hipipo Awards muri Uganda

Urban Boyz ntibazitabira ibirori bya Hipipo Awards muri Uganda

Editorial 24 Jan 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

DRC: Jenerali Afurika Jean Michel wa RUDI -URUNANA na P5., yakomerekejwe bikabije n’ingabo za FARDC abari bamurinze 14 bahasiga ubuzima.
INKURU NYAMUKURU

DRC: Jenerali Afurika Jean Michel wa RUDI -URUNANA na P5., yakomerekejwe bikabije n’ingabo za FARDC abari bamurinze 14 bahasiga ubuzima.

Editorial 15 Oct 2019
ESE ABACIRA URUBANZA BAKANATUKA GITWAZA NI ABATAGATIFU?
Mu Mahanga

ESE ABACIRA URUBANZA BAKANATUKA GITWAZA NI ABATAGATIFU?

Editorial 28 Apr 2016
Richard Muhumuza yavanwe ku mwanya w’Ubushijacyaha Bukuru, akazasimburwa na Mutangana J.B
Mu Mahanga

Richard Muhumuza yavanwe ku mwanya w’Ubushijacyaha Bukuru, akazasimburwa na Mutangana J.B

Editorial 14 Dec 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru