• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rayon Sports ifite imyenda ya miliyoni 260 Frw, ikeneye miliyoni 200 Frw yo kugura abakinnyi   |   05 Dec 2025

  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Callixte Nsabimana yahaye ubutumwa bwihariye ibigarasha cyane cyane abizera igisambo Kayumba Nyamwasa

Callixte Nsabimana yahaye ubutumwa bwihariye ibigarasha cyane cyane abizera igisambo Kayumba Nyamwasa

Editorial 27 May 2022 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE, Mu Rwanda

“Mwiyambure ishati y’ubugarasha mwambare iy’ubutore” aya ni amagambo Callixte Nsabimana yabwiye abanyamakuru ku munsi w’ejo ubwo basuraga bakanatemberezwa Gereza ya Nyarugenge ku munsi abagororwa bamwe bari bahawe impamyabushobozi nyuma yo kurangiza amahugurwa mu bumenyingiro.

Callixte Sankara yavuzeko babayeho neza muri Gereza ndetse ko n’abibeshya bakavuga ko aramutse afunguwe yasubira hanze barota ku manwa y’ihangu kuko aho kugirango asubire hanze yakwigumira muri gereza.

Yagarutse kandi ku bwoba buranga ababarizwa mu mitwe y’iterabwoba irwanya u Rwanda ko bagenda bububa, bakebaguzwa. Ibi abihuje na Paul Rusesabagina, kuko asaba Bishop Niyomwungeri kumuherekeza i Burundi yamusabye ko bahagurukira Dubai kuko ahandi cyane cyane muri Afurika yari gufatwa na InterPol kubera ibikorwa bye by’iterabwoba mu Rwanda.

Callixte yahishuye ko asigaye aryama agasinzira bitandukanye n’imyaka itandatu yamaze arwanya `Leta kuko ngo utasinzira urwanya Leta. Yagize ati “ubuse murakeka ko Kayumba Nyamwasa asinzira?”

Mu bijyanye n’urubanza rwe, yavuzeko we atashatse guhangana kuko nkumwe mu bayobozi bakuru ba MRCD/FLN yemera uruhare mu bitero byagabwe nuyu mutwe bigahitana abaturage b’inzirakarengane.

Yibukije abantu uburyo muri 2017 Kayumba Nyamwasa yabijeje ko bagiye gufata ubutegetsi bakamuha miliyoni y’amadorali ngo agure intwaro maze umwana w’umuhungu akiguriramo amakamyo y’Actross 10 bityo batandukana nawe bashinga irindi shyaka.

Yabwiye abanyamakuru ko yiteguye guhinduka akaba umunyarwanda mwiza kuko ababazwa n’ibyo yakoze byagize ingaruka ku gihugu. Akaba yiteguye kwandikira Perezida wa Repubulika amusaba imbabazi. Yasabye abantu bose batekereza nkawe kera ko bataha bagafatanya n’abandi mu kubaka u Rwanda abibutsa ko batamurushije gushaka guhirika ubutegetsi bw’u Rwanda.

Yavuze ko ntacyo batagerageje ko n’ibihugu bya Uganda n’u Burundi byabijeje ibitangaza by’ubufasha bigafata ubusa.

Callixte Sankara yakatiwe imyaka 15 y’igifungo akaba yaremeye ibyaha byose yaregwaga aho yavuzeko n’inyoni zo muri Nyungwe zamushinja.

2022-05-27
Editorial

IZINDI NKURU

Village Urugwiro : Perezida Kagame yakiriye Nicolas Sarkozy , bitunguranye

Village Urugwiro : Perezida Kagame yakiriye Nicolas Sarkozy , bitunguranye

Editorial 15 Jan 2018
Paul Kagame yasoreje ibikorwa bye byo kwiyamamaza mu Karere ka Gasabo i Bumbogo ku Isoko y’u Rwanda

Paul Kagame yasoreje ibikorwa bye byo kwiyamamaza mu Karere ka Gasabo i Bumbogo ku Isoko y’u Rwanda

Editorial 02 Aug 2017
Ubuhamya bubabaje bw’undi munyarwanda washimutanywe n’abakoresha be muri Uganda

Ubuhamya bubabaje bw’undi munyarwanda washimutanywe n’abakoresha be muri Uganda

Editorial 12 Apr 2019
Perezida Zuma ari mu bibazo byatuma akurwa ku butegetsi

Perezida Zuma ari mu bibazo byatuma akurwa ku butegetsi

Editorial 12 Apr 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Polisi y’u Rwanda irashima imyitwarire yaranze abaturarwanda mu gihe cy’iminsi mikuru
Mu Mahanga

Polisi y’u Rwanda irashima imyitwarire yaranze abaturarwanda mu gihe cy’iminsi mikuru

Editorial 05 Jan 2016
Uganda: Gen Kale Kayihura yavuze ko yiteguye kuburana niba hari ibyaha ashinjwa
Mu Mahanga

Uganda: Gen Kale Kayihura yavuze ko yiteguye kuburana niba hari ibyaha ashinjwa

Editorial 27 Jun 2018
Komisiyo y’amatora yatangaje intsinzi ntakuka ya Perezida Kagame
Mu Rwanda

Komisiyo y’amatora yatangaje intsinzi ntakuka ya Perezida Kagame

Editorial 09 Aug 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru