• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu mukino Mali yatsinzemo u Rwanda 3-0 ikabona na tike yo gukomeza mu kindi kiciro, kapiteni Haruna Niyonzima yashimwe na FERWAFA

Mu mukino Mali yatsinzemo u Rwanda 3-0 ikabona na tike yo gukomeza mu kindi kiciro, kapiteni Haruna Niyonzima yashimwe na FERWAFA

Ubwanditsi 12 Nov 2021 Amakuru, IMIKINO, Mu Rwanda

Ku mugoroba wo kuri uyu wa kane tariki ya 11 Ugushyingo 2021, ikipe y’igihugu y’u Rwanda Amavubi yaraye atsinzwe na Mali ibitego 3-0 mu mukino w’umunsi wa gatanu wo guhatanira gukina imikino ya nyuma y’igikombe cy’isi cya 2022, mbere y’uyu mukino kapiteni w’Amavubi Haruna yashimiwe kuba amaze gukina imikino myinsi mu ikipe y’igihugu.

Mbere y’uko umukino ukinwa kuri Sitade ya Kigali i Nyamirambo, Kapiteni w’Amavubi Haruna Niyonzima yashimwe n’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda FERWAFA, aho binyuze ku muyobozi waryo Nizeyimana Olivier yahaye umwenda Haruna uriho umubare 105 usobanuye ko uyu mukinnyi amaze gukinira u Rwanda incuro 105.

Ibi byabaye kandi nyuma yaho mu ntangiriro z’iki cyumweru impuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru ku Isi FIFA yagaragaje ko Haruna Niyonzima amaze gukinira Amavubi imikino 104 kuva atangiye gukinira ikipe nkuru mu mwaka wa 2006.

Nyuma y’icyo kgikorwa, ikipe ya Mali yitwaye neza imbere y’Amavubi aho yatsinze ibitego bitatu kubusa, ni ibitego yatsindiwe na Moussa Djenepo ubwo hari ku munota wa 19, igitego cya kabiri cyabonetse gitsinzwe na Ibrahima Kone, ni nyuma y’umunota umwe hatsinzwe igitego cya mbere naho Khaliffa Koulibary yatsinze igitego cya gatatu ku munota wa 88 w’umukino.

Ku ruhande rw’u Rwanda kandi ntabwo byagenze neza kuko umukinnyi wo hagati mu Mavubi Bizimana Djihad yahawe ikarita itukura ubwo hari ku munota wa 8 gusa ndetse na myugariro Imanishimwe Emmanuel uzwi nka Mangwende yagiriye ikibazo cy’imvune muri uyu mukino.

Gutsinda uyu mukino kuri Mali byatumye ikomeza kuyobora iri tsinda n’amanota 13 bituma iboneka mu makipe 10 azishakamo andi atanu azakina imikino ya nyuma y’igikombe cy’Isi kizabera muri Qatar 2022, dore ko mu wundi mukino wabaye ejo Uganda yanganyije na Kenya kimwe kuri kimwe.

Muri uru rugendo rwo gushaka itike y’igikombe cy’Isi 2020, ikipe y’igihugu Amavubi arasoza akina na Kenya ku wa mbere w’icyumweru gitaha umukino ukazabera mu gihugu cya Kenya.

Aha kandi amakuru akaba avuga ko ikipe y’igihugu Amavubi ahaguruka kuri uyu wa gatanu ku isaha ya saa kumi n’imwe za Kigali.

Muri iyi kipe y’igihugu yitegura gukina na Kenya yongeyemo abandi bakinnyi barimo Ishimwe Christian ukinira AS Kigali wasimbuye Imanishimwe Emmanuel wavunitse ndetse na Nsengiyumva Isaac ukinira ikipe ya Rayon Sports.

2021-11-12
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Intsinzi 20 mu mikino 23, kwitsinda inshuro 2 bimwe mu byaranze igice cy’ibanze cya shampiyona y’u Rwanda

Intsinzi 20 mu mikino 23, kwitsinda inshuro 2 bimwe mu byaranze igice cy’ibanze cya shampiyona y’u Rwanda

Ubwanditsi 09 May 2021
Uganda yegukanye CECAFA U18 2023, u Rwanda rutahana umwanya wa Kane mu irushanwa ryaberaga muri Kenya

Uganda yegukanye CECAFA U18 2023, u Rwanda rutahana umwanya wa Kane mu irushanwa ryaberaga muri Kenya

Ubwanditsi 08 Dec 2023
Djoliba yageze i Kigali n’intego zo gusatira ikipe ya APR FC

Djoliba yageze i Kigali n’intego zo gusatira ikipe ya APR FC

Ubwanditsi 16 Mar 2018
Bugesera-Rweru hizihirijwe Umunsi Mpuzamahanga w’Agakingirizo, hibutswa akamaro ko kwirinda no gukumira Virusi itera SIDA

Bugesera-Rweru hizihirijwe Umunsi Mpuzamahanga w’Agakingirizo, hibutswa akamaro ko kwirinda no gukumira Virusi itera SIDA

RUSHYASHYA 13 Jan 2026

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Lesotho: Abasirikare bakuru barasanye, Umugaba w’Ingabo ahasiga ubuzima
ITOHOZA

Lesotho: Abasirikare bakuru barasanye, Umugaba w’Ingabo ahasiga ubuzima

Ubwanditsi 06 Sep 2017
Apple na Google zigiye gukora porogaramu ya telefoni yifashishwa mu gutahura uwanduye Coronavirus
IKORANABUHANGA

Apple na Google zigiye gukora porogaramu ya telefoni yifashishwa mu gutahura uwanduye Coronavirus

Ubwanditsi 13 Apr 2020
Ubushotoranyi bwa Museveni bwo gukomeza gushimuta Abanyarwanda  buhatse iki ?
INKURU NYAMUKURU

Ubushotoranyi bwa Museveni bwo gukomeza gushimuta Abanyarwanda buhatse iki ?

Ubwanditsi 14 Jan 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru