• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Callixte Nsabimana yijejwe na Kayumba Nyamwasa kuba Minisitiri w’Ubutabera mu mezi atandatu ubwo bahuraga bwa mbere muri 2013

Callixte Nsabimana yijejwe na Kayumba Nyamwasa kuba Minisitiri w’Ubutabera mu mezi atandatu ubwo bahuraga bwa mbere muri 2013

Editorial 18 Jan 2022 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Rwanda

Ubwo yaganiraga n’umunyamakuru w’Ikinyamakuru “The Chronicles”, Callixte Nsabimana yavuze birambuye ubuzima bwe kuva avutse kugeza yisanze muri gereza ya Mageragere.

Muri ubwo buzima hari ubuzima bwa nyuma ya Jenoside, imyitwarire ye mu mashuri yisumbuye na kaminuza itari imeze neza kugeza agiye gushaka ubuzima hanze y’u Rwanda haba muri Kenya, Tanzaniya n’Afurika y’Epfo aho yaje guhurira na Kayumba Nyamwasa akamwizeza ibitangaza.

Calllixte Nsabimana yageze muri Afurika y’Epfo abifashijwemo n’inshuti ze ebyiri zamubwiye kujugunya Passport y’u Rwanda kuko byoroshye kugenda nta mpapuro. Uru rugendo akoresheje imodoka rwamutwaye amezi agera kuri abiri. Umwe mu nshuti zamufashije ni Mike Rwalinda.

Akigera muri Afurika y’Epfo inshuti ze zahise zimwinjiza muri RNC ya Kayumba Nyamwasa aho bamubwira ko gahunda yo gukuraho Leta y’u Rwanda ari vuba aha. Bamubwiye uburyo Kayumba Nyamwasa ashyigikiwe n’Afurika y’Epfo ndetse na Tanzaniya igihe yayoborwaga na Jakaya Kikwete.

Izo nshuti ze zamubwiye ko abishaka bamuhuza na Kayumba Nyamwasa. Callixte Nsabimana yahise abona uburyo mugenzi we Mike Rwalinda ari hafi ya Kayumba Nyamwasa kuko yamuhamagaraga kuri telefoni nta wu ndi muntu anyuzeho.

Ubwo umunsi wo guhura na Nyamwasa wageraga bahuriye muri Hotel aho Kayumba Nyamwasa yari arinzwe nk’umukuru w’igihugu. Nsabimana Callixte yavuze ko Kayumba Nyamwasa ariwe mutekamutwe wa mbere yahuye nawe. Yavuze ko muhuye bwa mbere wakeka ko ari umuntu mwiza.

Yamwijeje ko nk’umuntu wize amategeko akaba ari n’umucikacumu azamugira Minisitiri w’Ubutabera
Ubwo bahuraga Nyamwasa yari kunywa ikinyobwa cya Heineken. Nuko abwira Callixte Nsabimana uburyo abacikacumu babayeho nabi mu Rwanda avuga ko Leta itabakunda n’ibindi byinshi ariko asoza amubwira ko abaminisitiri bo mu Rwanda n’abasirikari bakuru bari ku ruhande rwe.

Yakomeje amubwira ko niyemera kujya muri RNC azamuhuza n’abandi bantu nka Patrick Karegeya. Nyamwasa yasabye Callixte gushaka abandi bantu barokotse Jenoside benshi bagomba kujya muri RNC. Nyuma y’ibyumweru bibiri ahuye na Nyamwasa, yaje guhura na Karegeya wamusubiriyemo ibyo Kayumba Nyamwasa yamubwiye. Bahise bamusaba gutangira gukora ibiganiro kuri Radiyo Itahuka akaba yaranahimbye indirimbo zisaga 17.

Nyamwasa yishimiye uburyo ndi gukora atuma umugore we anyoherereza amafaranga. Nyamwasa yakomeje amubwira ko bafite ingabo zigera kuri 2,000 muri Kongo ndetse Callixte Nsabimana akabona koko ko ibyo bamwijeje byo kuba Minisitiri w’Ubutabera biri hafi ndetse ko igihugu bagifata vuba.

Nsabimana yashinze ishami rya RNC rishinzwe urubyiruko bakaba barambaraga ingofero z’umutuku zimeze nkiza gisirikari. Gahunda Nsabimana yari yarabwiwe yajemo kidobya ubwo Karegeya bamusangaga muri Hotel yapfuye tariki ya 1 Mutarama 2014 nubwo urupfu rwe rwatumye babona amafaranga menshi binyuze muri Fandarayizingi (fundraising)

Ikindi kinyoma cyatumye Callixte Nsabimana ava muri RNC nuko Kayumba Nyamwasa yamubwiye ko bafite abasirikari ibihumbi bibiri muri Kongo kandi nzi neza ko batarenga 50 kuko navuganaga na Gedeon Kanyemera wari umwe mu bakuru babo. Nyamwasa yaje kunsaba kujya muri Kongo mubwira ko nzajyayo we ubwe na Frank Ntwali muramu we nibafata iya mbere nabo bakajyayo.

Callixte Nsabimana avuga ko yicuza imyaka yamaranye na Kayumba Nyamwasa kuko abiba urwango akishimira kubona abantu bashwana. Nsabimana yavuze ko yahoraga atongana na Ben Rutabana, Gerard Gahima na Theogene Rudasingwa.

Callixte Nsabimana (Wiyitaga Maj. Sankara) [Ifoto ya The chronicles]

2022-01-18
Editorial

IZINDI NKURU

Amavubi yitegura gukina na Mali ndetse na Kenya mu rugendo rwo gushaka itike y’igikombe cy’isi 2022, akomeje imyitozo atarimo Faustin Usengimana wari wagiye mu mwiherero

Amavubi yitegura gukina na Mali ndetse na Kenya mu rugendo rwo gushaka itike y’igikombe cy’isi 2022, akomeje imyitozo atarimo Faustin Usengimana wari wagiye mu mwiherero

Editorial 16 Aug 2021
Habura umunsi umwe, ikipe ya Gasabo United yikuye mu irushanwa ryo guhatanira gukina ikiciro cya mbere umwaka w’imikino wa 2021-2022

Habura umunsi umwe, ikipe ya Gasabo United yikuye mu irushanwa ryo guhatanira gukina ikiciro cya mbere umwaka w’imikino wa 2021-2022

Editorial 17 Sep 2021
U Bufaransa: Umunyarwanda Samuel Baker yarohamye muri ‘piscine’ yitaba Imana

U Bufaransa: Umunyarwanda Samuel Baker yarohamye muri ‘piscine’ yitaba Imana

Editorial 29 Dec 2018
Inama yahuje abanyamuryango ba FERWAFA bemeje uko amakipe azahura ubwo shampiyona y’u Rwanda 2020-2021 izaba isubukuwe muri Gicurasi 2021, ndetse hamejwe uko amakipe azakina

Inama yahuje abanyamuryango ba FERWAFA bemeje uko amakipe azahura ubwo shampiyona y’u Rwanda 2020-2021 izaba isubukuwe muri Gicurasi 2021, ndetse hamejwe uko amakipe azakina

Editorial 06 Apr 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Rusesabagina akwiye kubazwa inzirakarengane zikomeje kugirwa ingwate na MRCD zikaba ziri gupfira mu mirwano mu mashyamba ya Congo
INKURU NYAMUKURU

Rusesabagina akwiye kubazwa inzirakarengane zikomeje kugirwa ingwate na MRCD zikaba ziri gupfira mu mirwano mu mashyamba ya Congo

Editorial 04 Feb 2019
Perezida Kagame yongeye kuvuga k’uruhare rwa Uganda mu guhohotera Abanyarwanda
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame yongeye kuvuga k’uruhare rwa Uganda mu guhohotera Abanyarwanda

Editorial 20 Jun 2019
Bane mu nyeshyamba zikomoka i Burundi bishwe n’igisirikare cya Congo
Mu Mahanga

Bane mu nyeshyamba zikomoka i Burundi bishwe n’igisirikare cya Congo

Editorial 25 Oct 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru