• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»CAN 2019: Cameroun ifite igikombe giheruka na Misiri yakiriye irushanwa byasezerewe muri 1/8

CAN 2019: Cameroun ifite igikombe giheruka na Misiri yakiriye irushanwa byasezerewe muri 1/8

Ubwanditsi 07 Jul 2019 IMIKINO

Igikombe cya Afurika cy’uyu mwaka kiri kubera mu Misiri gikomeje kugaragaramo ugutungurwa ku makipe akomeye, aho nyuma ya Maroc yakuwemo na Bénin, Cameroun ifite irushanwa riheruka yasezerewe na Nigeria mu gihe Misiri iri mu rugo yakuwemo na Afurika y’Epfo mu mikino ya 1/8 yabaye kuri uyu wa Gatandatu.

Afurika y’Epfo yazamutse mu matsinda idahabwa amahirwe menshi dore ko yatsinzwe na Côte d’Ivoire na Maroc, gusa yaraye ibabaje ibihumbi 70 by’Abanyamisiri bari kuri Stade Mpuzamahanga ya Cairo, ubwo yatsindaga Les Pharaohs igitego 1-0.

Percy Tau ni we wagerageje uburyo bwa mbere bugana ku izamu ku munota wa kabiri, umupira awutera hejuru kure mu gihe Mohamed Salah yaje kugerageza gutera umupira adahagarite, ugaca ku ruhande rw’izamu.

Ku munota wa 21, Afurika y’Epfo yabonye umupira w’umuterekano inyuma gato y’urubuga rw’amahina, uterwa na Percy Tau ku bw’amahirwe ya Misiri, umunyezamu El Shenawi arirambura awushyira muri koruneri. Nyuma y’iminota ibiri, Misiri yakoze contre-attaque, Mohamed Salah atanze umupira kuri Trezeguet, awutera mu izamu n’ishoti ridakomeye ryafashwe n’umunyezamu Ronwen Williams.

Misiri yatangiye igice cya kabiri iri hejuru, irema uburyo bubiri bwashoboraga kuyihesha igitego, igorwa n’umunyezamu Williams mu gihe na El Shenawi yafashe umupira watewe na Thembinkosi Lorch ku munota wa 71.

Habura iminota itanu ngo umukino urangire, Afurika y’Epfo yaciye mu rihumye Misiri yari yazamutse ijya gushaka igitego, ikora contre-attaque maze Lebo Mothiba acomekera umupira Thembinkosi Lorch warobye umunyezamu Mohamed El Shenawi wari wasohotse, atsinda igitego cyahesheje igihugu cye kugera muri ¼.

Undi mukino wa 1/8 wari wabanje, Nigeria yasezereye Cameroun ifite igikombe cya Afurika giheruka, iyitsinze ibitego 3-2.

Odion Ighalo yafunguye amazamu ku ruhande rwa Nigeria ku munota wa 19, ubwo yari aherejwe na myugariro Kennth Omeruo mu gihe Cameroun yishyuye ku wa 40, Stephane Bahoken aherejwe na Christian Bassogog.

Nyuma y’iminota itatu, Clinton N’jie yatsindiye Cameroun igitego cya kabiri, ariko Odion Ighalo na Alex Iwobi batsindira Nigeria ibindi bitego ku munota wa 63 n’uwa 66, Cameroun yaherukaga kwegukana iri rushanwa mu 2017 irasezererwa.

Imikino ya 1/8 irakomeza kuri iki Cyumweru aho Madagascar yitabiriye iri rushanwa bwa mbere ikanazamuka iyoboye itsinda ryarimo Nigeria, yisobanura na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo saa 18:00, mu gihe Algérie iri mu makipe ahabwa amahirwe, ihura na Guinée yazamutse iri mu makipe ane ya gatatu yitwaye neza. Uyu mukino uratangira saa 21:00.

Tarek Hamed agerageza kwambura umupira Lebo Mothiba wa Afurika y’Epfo

Dean Furman akura umupira kuri Mohamed Salah

Misiri yakiriye irushanwa, yasezerewe itarenze 1/8

Mohamed Salah na bagenzi be bari mu gahinda mu gihe Afurika y’Epfo yari mu byishimo

Abanyamisiri ntibiyumvishaga ibibaye ku ikipe yabo
Inkuru ya IGIHE

2019-07-07
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Mcgregor yifatiye ku gahanga Mayweather arahiririra kuzamwesura

Mcgregor yifatiye ku gahanga Mayweather arahiririra kuzamwesura

Ubwanditsi 25 Aug 2017
Kiyovu SC yakuye Alain Adré Landeut ku mwanya w’umutoza mukuru ahabwa izindi nshingano, haritegurwa kwakira umutoza mushya

Kiyovu SC yakuye Alain Adré Landeut ku mwanya w’umutoza mukuru ahabwa izindi nshingano, haritegurwa kwakira umutoza mushya

Ubwanditsi 06 Dec 2022
Kiyovu Sports yasinyanye amasezerano y’ubufatanye na Kipharma akubiyemo guhabwa imiti ndetse n’ibindi bikoresho.

Kiyovu Sports yasinyanye amasezerano y’ubufatanye na Kipharma akubiyemo guhabwa imiti ndetse n’ibindi bikoresho.

Ubwanditsi 04 May 2021
REG Women Basketball Club yasinyishije abakinnyi batatu barimo Feza Ebengo wakiniraga ikipe ya The Hoops Rwanda

REG Women Basketball Club yasinyishije abakinnyi batatu barimo Feza Ebengo wakiniraga ikipe ya The Hoops Rwanda

Ubwanditsi 16 Dec 2021

Igitekerezo kimwe

  1. Musengimana Ruhango Mbuye Rugarama
    July 8, 20197:08 am -

    African Yepfo Niyo Izegukana Igikombe

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

UMUFARANSA UDASANZWE! INKURU IDASANZWE
Mu Rwanda

UMUFARANSA UDASANZWE! INKURU IDASANZWE

Ubwanditsi 12 Jun 2018
Muhongerwa Patricie atorewe kuba Visi Meya ushinzwe imibereho myiza mu mujyi wa Kigali
Mu Mahanga

Muhongerwa Patricie atorewe kuba Visi Meya ushinzwe imibereho myiza mu mujyi wa Kigali

Ubwanditsi 20 Dec 2016
Uko Abayobozi ba FDLR batwawe ijoro ryose bajyanwa i Kampala n’ubutumwa Museveni yabahaye
INKURU NYAMUKURU

Uko Abayobozi ba FDLR batwawe ijoro ryose bajyanwa i Kampala n’ubutumwa Museveni yabahaye

Ubwanditsi 07 Jan 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru