• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»CHAN 2018: Maroc yatangiye itanga isomo rya ruhago, u Rwanda ruritegura Nigeria

CHAN 2018: Maroc yatangiye itanga isomo rya ruhago, u Rwanda ruritegura Nigeria

Ubwanditsi 14 Jan 2018 IMIKINO

Mu gikombe cya Afurika cy’abakina imbere mu bihugu byabo, CHAN 2018, Maroc yafunguye irushanwa inyagira Mauritania ibitego bine ku busa kuri uyu wa Gatandatu; Amavubi y’u Rwanda yo aritegura kwisobanura na Nigeria kuri uyu wa Mbere.

Mu mukino ufungura CHAN 2018 Maroc yari imbere y’abafana bayo yatanze isomo rya ruhago kuri Mauritania iyinyagira ibitego 4-0.

Ni umukino utari woroshye kuko iminota 45 ya mbere yarangiye impande zombi zinganya ubusa ku busa ndetse bisaba iminota 66 kugira ngo Ayoub El Kaabi amene urukuta rwa Mauritania yari yihagazeho.

Nyuma y’iki gitego cya mbere, umukino waberaga kuri Stade Mohamed V iri mu mujyi wa Casablanca wahise uhindura isura, abasore ba Mauritania bacika intege biha amahirwe Maroc ku munota wa 72 Ismail El Haddad ashyiramo igitego cya kabiri, Kaabi ashyiramo icya gatatu ku wa 80’ mbere y’uko Achraf Bencharki ashyiramo icya kane mu minota w’inyongera.

Uyu niwo mukino wonyine wabaye kuri uyu wa Gatandatu, hategerejwe indi igomba guhuza Guinea na Sudani na zo ziri mu itsinda A saa 16h30 zo mu Rwanda; mu Itsinda B, Cote d’Ivoire ikaza guhura na Namibia saa 18h30 naho saa 21h30 Zambia ikaza kuba ihanganye na Uganda.

Itsinda C ririmo Amavubi ryo rizakina kuwa Mbere Libya yisobanura na Equatorial Guinea saa 18h30 naho u Rwanda ruzakina saa 21h30 ruhanganye na Nigeria.

Mu myaka itatu ishize, Maroc yagombaga kwakira irushanwa ry’igikombe cya Afurika, CAN 2015, ariko iza kubyanga ku munota wa nyuma itanga impamvu zo gutinya icyorezo cya Ebola cyacaga ibinti icyo gihe, biba ngombwa ko CAF yitabaza Guinée équatoriale nk’igisubizo cya nyuma kugira ngo irushanwa ribe.

Ibi byatumye Maroc ifatirwa ibihano birimo kutazongera kwitabira iri rushanwa inshuro ebyiri zitaha ndetse inacibwa amande ya miliyoni y’amadolari ya Amerika.

Mu mpera za 2017 ubwo byagaragaraga ko Kenya yari yahawe kwakira CHAN 2018 yabigendagamo biguruntege, Maroc yasabye ko yahabwa iri rushanwa ikaritegura.

2018-01-14
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Amavubi u20 yatsinzwe na Zambia, amahirwe ya CAN arayoyoka

Amavubi u20 yatsinzwe na Zambia, amahirwe ya CAN arayoyoka

Ubwanditsi 13 May 2018
Liverpool yanyagiye AS Roma ikandagiza ikirenge ku mukino wa nyuma wa Champions League (Amafoto)

Liverpool yanyagiye AS Roma ikandagiza ikirenge ku mukino wa nyuma wa Champions League (Amafoto)

Ubwanditsi 25 Apr 2018
Bitewe n’amasomo, Nshimiyimana Maurice uzwi nka Maso wari umutoza wungirije yatandukanye n’ikipe ya Musanze FC

Bitewe n’amasomo, Nshimiyimana Maurice uzwi nka Maso wari umutoza wungirije yatandukanye n’ikipe ya Musanze FC

Ubwanditsi 13 Dec 2022
APR FC, Police FC, Musanze na Rayon Sports zigiye guhatanira Miliyoni 6 mu irushanwa ry’gikombe cy’Intwari 2024

APR FC, Police FC, Musanze na Rayon Sports zigiye guhatanira Miliyoni 6 mu irushanwa ry’gikombe cy’Intwari 2024

Ubwanditsi 26 Jan 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda : Perezida Museveni  yasinye Itegeko Nshinga rimwemerera manda ya gatandatu
INKURU NYAMUKURU

Uganda : Perezida Museveni yasinye Itegeko Nshinga rimwemerera manda ya gatandatu

Ubwanditsi 03 Jan 2018
Agahuru kimbwa kahiye
ITOHOZA

Agahuru kimbwa kahiye

Ubwanditsi 08 Feb 2018
Volleyball : Batatu barimo Nkurunziza Gustave wari Perezida bari mu maboko ya Polisi
IMIKINO

Volleyball : Batatu barimo Nkurunziza Gustave wari Perezida bari mu maboko ya Polisi

Ubwanditsi 18 Feb 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru