• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

  • AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon   |   13 Jun 2026

  • AMAFOTO – Ikipe y’igihugu ya Mexique yakiriye igikombe cy’Isi 2026 na Koreya y’Epfo zatangiye zitsinda imikino yayo   |   12 Jun 2026

  • Nyuma y’imyaka 12 y’ubufatanye, Amasezerano ya Rayon Sports na SKOL yageze ku musozo   |   09 Jun 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»CHAN 2018: Maroc yatangiye itanga isomo rya ruhago, u Rwanda ruritegura Nigeria

CHAN 2018: Maroc yatangiye itanga isomo rya ruhago, u Rwanda ruritegura Nigeria

Ubwanditsi 14 Jan 2018 IMIKINO

Mu gikombe cya Afurika cy’abakina imbere mu bihugu byabo, CHAN 2018, Maroc yafunguye irushanwa inyagira Mauritania ibitego bine ku busa kuri uyu wa Gatandatu; Amavubi y’u Rwanda yo aritegura kwisobanura na Nigeria kuri uyu wa Mbere.

Mu mukino ufungura CHAN 2018 Maroc yari imbere y’abafana bayo yatanze isomo rya ruhago kuri Mauritania iyinyagira ibitego 4-0.

Ni umukino utari woroshye kuko iminota 45 ya mbere yarangiye impande zombi zinganya ubusa ku busa ndetse bisaba iminota 66 kugira ngo Ayoub El Kaabi amene urukuta rwa Mauritania yari yihagazeho.

Nyuma y’iki gitego cya mbere, umukino waberaga kuri Stade Mohamed V iri mu mujyi wa Casablanca wahise uhindura isura, abasore ba Mauritania bacika intege biha amahirwe Maroc ku munota wa 72 Ismail El Haddad ashyiramo igitego cya kabiri, Kaabi ashyiramo icya gatatu ku wa 80’ mbere y’uko Achraf Bencharki ashyiramo icya kane mu minota w’inyongera.

Uyu niwo mukino wonyine wabaye kuri uyu wa Gatandatu, hategerejwe indi igomba guhuza Guinea na Sudani na zo ziri mu itsinda A saa 16h30 zo mu Rwanda; mu Itsinda B, Cote d’Ivoire ikaza guhura na Namibia saa 18h30 naho saa 21h30 Zambia ikaza kuba ihanganye na Uganda.

Itsinda C ririmo Amavubi ryo rizakina kuwa Mbere Libya yisobanura na Equatorial Guinea saa 18h30 naho u Rwanda ruzakina saa 21h30 ruhanganye na Nigeria.

Mu myaka itatu ishize, Maroc yagombaga kwakira irushanwa ry’igikombe cya Afurika, CAN 2015, ariko iza kubyanga ku munota wa nyuma itanga impamvu zo gutinya icyorezo cya Ebola cyacaga ibinti icyo gihe, biba ngombwa ko CAF yitabaza Guinée équatoriale nk’igisubizo cya nyuma kugira ngo irushanwa ribe.

Ibi byatumye Maroc ifatirwa ibihano birimo kutazongera kwitabira iri rushanwa inshuro ebyiri zitaha ndetse inacibwa amande ya miliyoni y’amadolari ya Amerika.

Mu mpera za 2017 ubwo byagaragaraga ko Kenya yari yahawe kwakira CHAN 2018 yabigendagamo biguruntege, Maroc yasabye ko yahabwa iri rushanwa ikaritegura.

2018-01-14
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uwari umutoza wa Rayon Sport yeguye ku mirimo ye

Uwari umutoza wa Rayon Sport yeguye ku mirimo ye

Ubwanditsi 25 Feb 2016
U Burusiya bwafunguye Igikombe cy’Isi bwandagaza Arabia Saoudite

U Burusiya bwafunguye Igikombe cy’Isi bwandagaza Arabia Saoudite

Ubwanditsi 15 Jun 2018
Ikipe ya Tottenham yirukanye umutoza wayo Jose Mourihno wari umaze amezi 17 mu mirimo

Ikipe ya Tottenham yirukanye umutoza wayo Jose Mourihno wari umaze amezi 17 mu mirimo

Ubwanditsi 19 Apr 2021
APR FC yatsinze Mukura 2-0 ikomeza gushyiramo ikinyuranyo ku makipe ayikurikiye arimo Rayon Sports

APR FC yatsinze Mukura 2-0 ikomeza gushyiramo ikinyuranyo ku makipe ayikurikiye arimo Rayon Sports

Ubwanditsi 26 Feb 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umujyi wa Kigali wahagaritse inkunga ya Miliyoni 250FRW yahaga amakipe ya Kiyovu Sports na Gasogi United
Amakuru

Umujyi wa Kigali wahagaritse inkunga ya Miliyoni 250FRW yahaga amakipe ya Kiyovu Sports na Gasogi United

RUSHYASHYA 02 Jun 2026
Itangazamakuru rya Uganda mu kugoreka nkana ukuri ku iyicwa rya Camille Nkurunziza
INKURU NYAMUKURU

Itangazamakuru rya Uganda mu kugoreka nkana ukuri ku iyicwa rya Camille Nkurunziza

Ubwanditsi 05 Jun 2019
Perezida Kagame yatangaje ko u Rwanda rwatanze ubusabe bwo kwakira Formula 1 ndetse ko ibiganiro biri kugenda neza
Amakuru

Perezida Kagame yatangaje ko u Rwanda rwatanze ubusabe bwo kwakira Formula 1 ndetse ko ibiganiro biri kugenda neza

Ubwanditsi 13 Dec 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru