• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»CECAFA WOMEN2018: Mukeshimana Jeannette yafashije u Rwanda gukura inota kuri Uganda-AMAFOTO

CECAFA WOMEN2018: Mukeshimana Jeannette yafashije u Rwanda gukura inota kuri Uganda-AMAFOTO

Ubwanditsi 26 Jul 2018 IMIKINO

Mukeshimana Jeannette ukina hagati mu ikipe ya AS Kigali n’Amavubi yafashije u Rwanda gukura inota rimwe ku ikipe y’igihugu ya Uganda Crested Cranes biciye ku gitego yatsinze ku munota wa 87’ w’umukino warangiye ari ibitego 2-2.

CECAFA WOMEN2018: Mukeshimana Jeannette yafashije u Rwanda gukura inota kuri Uganda-AMAFOTO

Uganda Crested Cranes ni bo bafunguye amazamu ku munota wa 54’ batsindiwe na Lilian Mutuuzo wahise yuzuza ibitego bibiri mu irushanwa kuko yanatsinze igitego gifungura irushanwa ubwo batsindaga Kenya igitego 1-0 cya Lilian Mtuuzo ku munota wa karindwi (7’).

Igitego Lilian Mtuuzo yatsinze ku munota wa 54’ cyishyuwe na Anne Marie Ibangarye ku munota wa 65’ kuri penaliti yinjije nyuma yaho yari amaze gutera umupira ugakora ku ntoki za Namudu Viola ukina inyuma ibumoso muri Uganda Crested Cranes. Nyuma y’iminota icumi gusa (75’) ni bwo Uganda Crested Cranes babonye igitego cya kabiri batsindiwe na Norah Alupo akoresheje umutwe ku mupira wari uvuye mu ruhande rw’iburyo. Igitego cyahaye inota u Rwanda cyabonetse ku munota wa 87’ gitsinzwe na Mukeshimana Jeannette wari winjiye mu kibuga ku munota wa 69’ asimbuye Nyiramwiza Marthe. Mukeshimana yari amaze iminota 18’ mu kibuga.

Igitego cya Mukeshimana Jeannette nicyo cyatumye u Rwanda rukomeza kuba mu irushanwa

Igitego cya Mukeshimana Jeannette ni cyo cyatumye u Rwanda rukomeza kuba mu rugamba rwo gushaka igikombe

Cecafa

Abakinnyi b'u Rwanda bashimira abafana bari bitabiriye ku bwinshi

Abakinnyi b’u Rwanda bashimira abafana bari bitabiriye ku bwinshi

Abafana b'Amavubi

Abafana b’Amavubi bari bitabiriye kuko u Rwanda na Uganda biba ari amateka

Muri uyu mukino, Kayiranga Baptiste umutoza mukuru w’Amavubi yari yakoze impinduka mu bakinnyi 11 yabanje mu kibuga, wabonaga ko afite umugambi wo kwirinda ko yakwinjizwa igitego mu minota yihuse.

Ahereye mu bwugarizi, Kayiranga yari yicaje Mukantaganira Joselyne ukina inyuma iburyo ahita abanzamo Maniraguha Louise usanzwe akina mu mutima w’ubwugarizi. Izi mpinduka ni zo zatumye Umulisa Edith ukina mu mutima w’ubwugarizi abanza hanze ahubwo Nibagwire Sifa Gloria kapiteni ukina hagati mu kibuga ajya gukina mu mutima w’ubwugarizi afatanya na Mukamana Clementine.

Hagati mu kibuga naho yakoze impinduka abanzamo Nyiramwiza Marthe mu mwanya wa Mukeshimana Jeannette wari wabanjemo mu mukino wa Ethiopia akaza gusimburwa ku munota wa 47’. Aha hagati mu kibuga hari hajemo Uwamahoro Marie Claire wakinaga inyuma y’abasatira.

Ibangarye Anne Marie 11 agenzura umupira

Ibangarye Anne Marie 11 agenzura umupira

Ibangarye Anne Marie 11 agenzura umupira ashaka inzira

Ibangarye Anne Marie 11 agenzura umupira ashaka inzira

Uyu mukino wari uw’ubuzima kuri Uganda kuko iyo bawutsinda bari guhita bagira uburenganzira busesuye ku gikombe kuko yari guhita igwiza amanota icyenda (9) mu mikino ine mu gihe ikipe iri hafi yari kuba ari Ethiopia ifite amanota atandatu (6) mu mikino itatu (3.

Muri uyu mukino, Uganda ifite abakinnyi basatira cyane barimo Mtuuzo Lilian, Nalukenge Juliet na Namuleme Zainah batumaga ubwugarizi bw’u Rwanda butaruhuka kuko bakina umupira urimo tekinike.

Ikipe y’u Rwanda yagiye igorwa no kugera imbere y’izamu mu gice cya mbere ariko bagiye baza mu mukino buhoro buhoro biciye kuri Kalimba Alice wakunze kwihutisha imipira iva hagati igana mu bakinnyi b’u Rwanda bakina imbere barimo; Umwariwase Dudja, Ibangarye Anne Marie na Beatrice Uwamahoro.

Ufitenema Clotilde (2) yaje mu kibuga asimbuye Uwamahoro Beatrice

Ufitenema Clotilde (2) yaje mu kibuga asimbuye Uwamahoro Beatrice

Mu gukora impinduka, Kayiranga Baptiste yatangiye ku munota wa 26’ akuramo Uwamahoro Marie Claire ashyiramo Umulisa Edith. Ibi byatumye Umulisa Edith ajya mu mutima w’ubwugarizi afatanya na Mukamana Clementine ako kanya Nibagwire Sifa Gloria asubira hagati mu kibuga.

Ku munota 58’ ni bwo Uwamahoro Beatrice yasimbuwe na Clotilde Ufitinema  mbere y’uko Mukeshimana Jeannette asimbura Nyiramwiza Marthe ku munota wa 69’.

Umulisa Edith yaje mu kibuga ku munota wa 26' asimbuye Uwamahoro Marie Claire

Umulisa Edith yaje mu kibuga ku munota wa 26′ asimbuye Uwamahoro Marie Claire

Uwamahoro Marie Claire (10) ku mupira mbere yo gusimburwa

Uwamahoro Marie Claire (10) ku mupira mbere yo gusimburwa

Uwamahoro Marie Claire (10) ku mupira mbere yo gusimburwa

Kayiranga Baptiste umutoza mukuru w'Amavubi y'abagkobwa atanga amabwiriza

Kayiranga Baptiste umutoza mukuru w’Amavubi y’abakobwa atanga amabwiriza

Faridah Bulega umutoza mukuru wa Uganda yakoze impinduka ebyiri kuko yaje gukuramo Nalukenge Juliet ashyiramo Nabisaalu Bridget ku munota 67’ mu gihe Babirye Winnie yasimbuye Mtuuzo Lilian wagize ikibazo cy’imvune.

Abakinnyi 11 babanje mu kibuga:

Rwanda XI: Nyirabashyitsi Ingabire Judith (GK,18), Nibagwire Sifa Gloria (C,17), Maniraguha Louise 19, Nyiransanzabera Miliam 20, Mukamana Clementine 5, Uwamahoro Marie Claire 10, Kalimba Alice 16, Umwariwase Dudja 3, Ibangarye Anne Marie 11, Nyiramwiza Marthe 6  na Beatrice Uwamahoro 8.

Uganda XI: Aturo Ruth (GK, 18), Nankya Shadia 5, Namudu Viola 6, Nakayenze Yudaya 7, Akiror Tracy (C, 8), Nalukenge Juliet 9, Namulemge Zainah 10, Phiona Nabbumba 13, Alupo Norah 15, Aluka Grace 16 na Mtuuzo Lilian 17.

Mukeshimana Jeannette yinjiye mu kibuga asimbuye Nyiramwiza Marthe

Mukeshimana Jeannette yinjiye mu kibuga asimbuye Nyiramwiza Marthe

Mukamana Clementine umunyarwandakazi ukina muri Tanzania yari yahuye n'abakinnyi asanzwe azi

Mukamana Clementine umunyarwandakazi ukina muri Tanzania arekura umupira uva inyuma

Cecafa 2018

U Rwanda rwishimira igitego cya mbere

U Rwanda rwishimira igitego cya mbere

Mtuuzo Lilian (17) amaze kureba mu izamu

Mtuuzo Lilian (17) amaze kureba mu izamu

Uganda Crested Cranes bishimira igitego

Uganda Crested Cranes bishimira igitego cya Lilian Mtuuzo

Nyirabashyitsi Judith Ingabire umunyezamu w'Amavubi amaze kwinjizwa igitego

Nyirabashyitsi Judith Ingabire umunyezamu w’Amavubi amaze kwinjizwa igitego

Abasimbura b'u Rwanda bajya mu rwambariro nyuma y'iminota 45'

Abasimbura b’u Rwanda bajya mu rwambariro nyuma y’iminota 45′

Nakayenze Yudaya (7) myugariro wa Uganda agenzura umupira imbere ya Anne Marie Ibangarye

Nakayenze Yudaya (7) myugariro wa Uganda agenzura umupira imbere ya Anne Marie Ibangarye

Mbere gato yuko batera koruneri

Mbere gato y’uko batera koruneri

Abasimbura ba Uganda

Intebe y’abatoza ba Uganda

Abasimbura ba Uganda

Abasimbura ba Uganda

Umwariwase Dudja umwe mu bakinnyi bafite tekinike muri iri rushanwa

Umwariwase Dudja umwe mu bakinnyi bafite tekinike muri iri rushanwa

Mukeshimana Jeannette (hagati) yabanje hanze

Mukeshimana Jeannette (hagati) yabanje hanze

Kayiranga Baptiste umutoza mukuru w'Amavubi y'abagkobwa

Kayiranga Baptiste umutoza mukuru w’Amavubi y’abakobwa

Abakapiteni batombola ibibuga

Abakapiteni batombola ibibuga

Abasifuzi n'abakapiteni

Abasifuzi n’abakapiteni

11 ba Uganda babanje mu kibuga

11 ba Uganda babanje mu kibuga

11 b'u Rwanda babanje mu kibuga

11 b’u Rwanda babanje mu kibuga

Abakinnyi basuhuzanya

Abakinnyi basuhuzanya

Indirimbo yubahiriza igihugu cy'u Rwanda

Indirimbo yubahiriza igihugu cy’u Rwanda

Nyiramwiza Marthe (6) na Kalimba Alice (16)

Nyiramwiza Marthe (6) na Kalimba Alice (16)

Ibangarye Anne Marie (11) na Marie Claire Uwamahoro (10)

Ibangarye Anne Marie (11) na Marie Claire Uwamahoro (10)

Amakipe asohoka mu rwambariro

Amakipe asohoka mu rwambariro

Uganda bishyushya

Uganda bishyushya

Ethiopia bagera ku kibuga

Ethiopia bishimira amanota bakuye kuri Kenya mu mukino wabanje

Ethiopia bishimira amanota bakuye kuri Kenya mu mukino wabanje

Esse Mbeyu Akida (14) wa Kenya ashaka aho yacisha umupira

Esse Mbeyu Akida (14) wa Kenya ashaka aho yacisha umupira

Mirkat Feleke Ayele wa Ethiopia ku mupira shaka inzira

Mirkat Feleke Ayele wa Ethiopia ku mupira ashaka inzira

Kenya kuri ubu ifite inota rimwe mu mikino itatu

Kenya kuri ubu ifite inota rimwe mu mikino itatu

Dore gahunda y’imikino:

Kuwa Kane tariki 19 Nyakanga 2018

-Kenya 0-1 Uganda: (Mtuuzo Lilian 7′)

-Rwanda 1-0 Tanzania: (Kalimba Alice 34′)

Kuwa Gatandatu tariki 21 Nyakanga 2018

-Ethiopia 1-2 Uganda: ( Ware Birtukan 30′ (Ethiopia), Aruka Grace68′  & Nakayenze Yudaya 75′)

-Kenya 1-1 Tanzania (Donisia Daniel Minja 12′ (TZ) & Mwanalima Adam Jereko 20′(Ken)

Kuwa Mbere tariki 23 Nyakanga 2018

-Uganda 1-4 Tanzania:  ( Asha Saada Rachid 17′ & 45+1′, Donisia Daniel Minja 23′, Shaban Hamza for TZ & Nankya Shadia (UG):90+1′)

-Rwanda 0-3 Ethiopia:  ( Meselu Abera Tesfamariam 32′, Alemnesh Geremew Asefa 65′ & Senaf Wakuma Demise 76′).

Kuwa Gatatu tariki 25 Nyakanga 2018

-Kenya 0-1 Ethiopia (30’Meselu Abera Tesfamariam)

-Uganda 2-2 Rwanda (Lilian Mtuuzo 54′ & Alupo Norah 75′, Ibangarye 65′ & Mukeshimana Jeannette 87′)

Kuwa Gatanu tariki 27 Nyakanga 2018

-Ethiopia vs Tanzania (Stade de Kigali, 14h00’)

-Rwanda vs Kenya (Stade de Kigali, 16h15’)

Source : Inyarwanda

2018-07-26
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

U Rwanda rwahawe kwakira igikombe cya Afurika mu mukino wa Volleyball, Ikipe y’igihugu y’abagabo n’abagore ihabwa Umunya-Brazil Paulo De Tarso Milagres nk’umutoza mukuru

U Rwanda rwahawe kwakira igikombe cya Afurika mu mukino wa Volleyball, Ikipe y’igihugu y’abagabo n’abagore ihabwa Umunya-Brazil Paulo De Tarso Milagres nk’umutoza mukuru

Ubwanditsi 04 Aug 2021
Nzafashwanayo Jean Claude na Ingabire Diane irushanwa ryiswe Human Rights Race ryabereye I Rubavu

Nzafashwanayo Jean Claude na Ingabire Diane irushanwa ryiswe Human Rights Race ryabereye I Rubavu

Ubwanditsi 09 Dec 2024
Binyuze ku muyobozi mushya wa FERWAFA Nizeyimana Olivier, Perezida wa FIFA Gianni Infantino yashimiye APR FC yegukanye igikombe cya Shampiyona

Binyuze ku muyobozi mushya wa FERWAFA Nizeyimana Olivier, Perezida wa FIFA Gianni Infantino yashimiye APR FC yegukanye igikombe cya Shampiyona

Ubwanditsi 03 Jul 2021
Casa Mbungo André wahawe gutoza AS Kigali aratangirira akazi ku ikipe ya Gasogi United mu mukino wa 1/4 cy’igikombe cy’Amahoro – Uko imikino yose ikinwa

Casa Mbungo André wahawe gutoza AS Kigali aratangirira akazi ku ikipe ya Gasogi United mu mukino wa 1/4 cy’igikombe cy’Amahoro – Uko imikino yose ikinwa

Ubwanditsi 26 Apr 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abanyamuryango ba FERWAFA barasaba De Gaulle kwegura
Mu Mahanga

Abanyamuryango ba FERWAFA barasaba De Gaulle kwegura

Ubwanditsi 21 Jun 2016
Minisiteri ya Siporo yahakanye amakuru y’iseswa ry’amatora ya FERWAFA y’uzayiyobora mu myaka ine iri imbere
Amakuru

Minisiteri ya Siporo yahakanye amakuru y’iseswa ry’amatora ya FERWAFA y’uzayiyobora mu myaka ine iri imbere

Ubwanditsi 29 Jul 2025
Callixte Nsabimana yibukije Paul Rusesabagina ko ari umunyarwanda yareka ibyo gutinza urubanza
Amakuru

Callixte Nsabimana yibukije Paul Rusesabagina ko ari umunyarwanda yareka ibyo gutinza urubanza

Ubwanditsi 17 Feb 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru