• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • “FDLR Yari Yaraduhinduye Ingabo Zibakingira Urupfu, Ariko Ubu Twagarutse Iwacu”: Abanyarwanda Batahutse Bagaragaje Ubunyamaswa Bwa FDLR   |   28 May 2025

  • Abarimo Kagere Medie bari ku rutonde Adel Amrouche yatangaje bazakina na Algérie mu mukino wa gicuti utegura imikino y’igikombe cy’isi 2026   |   28 May 2025

  • APR BBC na AL Ahli Tripoli niyo makipe yaboneye itike i Kigali yo gukina imikino ya nyuma ya BAL 2025 izabera muri Afurika y’Epfo   |   26 May 2025

  • Perezida Tshisekedi ahanganye n’ihuriro rikomeye: Katumbi na AFC/M23 bashyigikiye igaruka rya Kabila   |   26 May 2025

  • Burundi: Bombori bombori hagati ya Perezida Ndayishimiye na Minisitiri w’Intebe Ndirakobuca   |   26 May 2025

  • Uruhare rwa Radio Muhabura mu Kwihutisha Intambara yo Kubohoza Igihugu   |   25 May 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»CHAN: Byinshi ku mukino wa nyuma w’amateka hagati ya RDC na Mali

CHAN: Byinshi ku mukino wa nyuma w’amateka hagati ya RDC na Mali

Editorial 07 Feb 2016 Mu Rwanda

Umukino wa nyuma w’igikombe cya Afurika ku bakinnyi bakina imbere mu bihugu byabo (CHAN) uraba kuri iki Cyumweru tariki 07 Gashyantare 2016 uhuze RDC na Mali kuri Stade Amahoro saa kumi n’ebyiri z’umugoroba.

Uyu mukino utoroshye utegerejwe n’abatari bake bitewe n’uburyo aya makipe yombi yagiye yigaragaza cyane agahigika ibigugu byahabwaga amahirwe yo kwegukana igikombe.

Inzira DR Congo yanyuzemo ngo igere ku mukino wa nyuma

-2017.jpg

Abafana ba Congo

RDC y’umutoza Frolent Ibenge yaje muri iri rushanwa ari imwe mu makipe yitezwe kuba yagera kure ariko abakunzi bayo batangiye kuyishyiraho akabazo ubwo yatsindwaga n’u Rwanda kimwe ku busa mu mukino wo kwitegura wabereye i Rubavu.

RDC imaze gutsindwa umukino umwe kuva irushanwa ryatangira. Yari mu itsinda B ryakiniraga i Huye, umukino wa mbere yatsinze Ethiopia ibitego bitatu ku busa, uwa kabiri inyagira Angola bine kuri bibiri naho mu mukino wa gatatu itsindwa na Cameroun ibitego bitatu kuri kimwe.

Muri ¼ RDC yazamutse mu itsinda ari iya kabiri ihura n’u Rwanda rwari rwabaye urwa mbere mu itsinda A maze irutsinda bigoranye ibitego bibiri kuri kimwe.

Muri ½ n’ubundi bigoranye, RDC yasezereye Guinea kuri penaliti nyuma y’uko iminota 90 yari yarangiye ari ubusa ku busa hakongerwaho 30 zikanganya kimwe kuri kimwe.

Inzira Mali yanyuzemo ngo igere ku mukino wa nyuma

Mali yari mu itsinda D ryakiniye i Rubavu. Mu mukino wa mbere yanganyije ibitego bibiri ku bindi na Uganda, mu wa kabiri itsinda Zimbabwe kimwe ku busa naho mu wa gatatu inganya na Zambia kimwe ku kindi.

Kimwe na RDC, Mali muri ¼ yazamutse ari iya kabiri mu itsinda D ihura na Tunisia yari yazamutse ari iya mbere mu itsinda C iyitsinda igitego kimwe ku busa.

Muri ½ Mali yihereranye Côte d’Ivoire iyitsinda igitego kimwe ku busa ihita ibona itike yo gukina umukino wa nyuma wa CHAN 2016.

Amateka n’ibigwi bya buri gihugu muri CHAN kuva yatangira muri 2009

Ku nshuro ya mbere CHAN ikinwa mu 2009 yabereye muri Côte d’Ivoire yegukanwa na RDC itsinze Ghana ku mukino wa nyuma ibitego bibiri ku busa.

Muri iyi CHAN yari yitabiriwe n’ibihugu umunani gusa, Mali ntayabashije no kubona itike yo kuyitabira.

Mu 2011, CHAN yabereye muri Sudani bwa mbere amakipe yavuye ku munani agera kuri 16. Mali yabonye itike yo gukina iri rushanwa ku nshuro ya mbere ariko RDC yari ifite igikombe nayo yari ihari.

Mali yari mu yagarukiye mu matsinda itabashije no gutsinda umukino n’umwe itahana inota rimwe n’umwenda w’ibitego bibiri.

Iki gihe Mali yari mu itsinda C hamwe na RDC, mu mukino wazihuje zanganyije igitego kimwe ku kindi.

RDC yarakomeje igera muri ¼ ariko isezererwa na Tunisia ku gitego kimwe ku busa. Icyo gihe Tunisia yarakomeje inegukana igikombe.

Muri 2014, CHAN yabereye muri Afurika y’Epfo. Ibi bihugu byombi byabonye itike yo kwitabira iyi mikino.

Mali yasoje imikino yo mu itsinda ari iya mbere iri imbere y’ibihangange nka Nigeria na Afurika y’Epfo yari yakiriye irushanwa.

RDC yari mu itsinda D izamuka ari iya kabiri ariko zose ntizarenze ¼ kuko Mali yatsinzwe na Zimbabwe kimwe ku busa na RDC itsindwa kimwe ku busa na Ghana.

Ba rutahizamu babo bahagaze gute muri iri rushanwa?

Ku ruhande rwa RDC abamaze kuyitsindira ibitego byinshi ni Meshak Elia na Bolingi bafite bibiri bibiri naho abandi barimo Luvumbu ugifite ikibazo cy’imvune, Gikanji, Lusadisu, Munganga, Bokadi, Mundele na Bompunga bafite kimwe kimwe.

Ku ruhande rwa Mali, bagiye batsinda igitego kimwe kimwe ariko harimo abakinnyi bakiri bato bagiye bigaragaza cyane barimo nka Koita, Sinayoko,Diarra n’abandi bagaragaje ubuhanga no kutananirwa na gato.

Abatoza batangaje iki?

-2015.jpg

Florent Ibenge ati “Tuzajya mu mukino gutwara igikombe. Twageze ku mukino wa nyuma nta kindi duhatanira ni igikombe. Twabikoranye ubwitonzi, intambwe ku ntambwe kurinda tugeze ku mukino wa nyuma. Ni ngombwa ko dukosora amakosa yagaragaye ku mukino uheruka, hari ibitaragenze neza. Imyiteguro ni myiza, turashaka igikombe.”

RDC izakina idafite myugariro Padou Bompunga ufite amakarita abiri y’imihondo, Luvumbu we aracyashidikanywaho niba azaba yakize.

Djirbil Drame utoza Mali ati “Twashakaga kugera muri ¼ . Niyo yari intego yacu tuva mu rugo. Ariko twageze kure kurushaho. Ibi ni inyongera, turagenda twitegure umukino wa nyuma.”

Uyu mukino ni umwe mu ikomeye kuko amakipe yombi yifuza gucyura iki gikombe kitarasigara na rimwe mu gihugu cyakiriye amarushanwa.

RDC irashaka icya kabiri ishyireho agahigo naho Mali irashaka icya mbere mu mateka yayo.

2016-02-07
Editorial

IZINDI NKURU

M23  yubuye imirwano muri Congo, abarwanyi bagera kuri 200  binjiye ku butaka bwa Congo

M23 yubuye imirwano muri Congo, abarwanyi bagera kuri 200 binjiye ku butaka bwa Congo

Editorial 16 Jan 2017
Turibuka n’Abatutsi bishwe mbere ya Mata 1994 – MINUBUMWE

Turibuka n’Abatutsi bishwe mbere ya Mata 1994 – MINUBUMWE

Editorial 07 Apr 2025
Umunyamakuru Mugabushaka Jeanne de Chantal [ Maman Eminante ] na Bizimana Ibrahim bakatiwe igifungo cy’imyaka itatu n’ihazabu ya miliyoni 3

Umunyamakuru Mugabushaka Jeanne de Chantal [ Maman Eminante ] na Bizimana Ibrahim bakatiwe igifungo cy’imyaka itatu n’ihazabu ya miliyoni 3

Editorial 13 May 2017
Babiri bahawe urwamenyo bavugirizwa akamo nyuma yo kumatana bari gutera akabariro

Babiri bahawe urwamenyo bavugirizwa akamo nyuma yo kumatana bari gutera akabariro

Editorial 01 May 2017
M23  yubuye imirwano muri Congo, abarwanyi bagera kuri 200  binjiye ku butaka bwa Congo

M23 yubuye imirwano muri Congo, abarwanyi bagera kuri 200 binjiye ku butaka bwa Congo

Editorial 16 Jan 2017
Turibuka n’Abatutsi bishwe mbere ya Mata 1994 – MINUBUMWE

Turibuka n’Abatutsi bishwe mbere ya Mata 1994 – MINUBUMWE

Editorial 07 Apr 2025
Umunyamakuru Mugabushaka Jeanne de Chantal [ Maman Eminante ] na Bizimana Ibrahim bakatiwe igifungo cy’imyaka itatu n’ihazabu ya miliyoni 3

Umunyamakuru Mugabushaka Jeanne de Chantal [ Maman Eminante ] na Bizimana Ibrahim bakatiwe igifungo cy’imyaka itatu n’ihazabu ya miliyoni 3

Editorial 13 May 2017
Babiri bahawe urwamenyo bavugirizwa akamo nyuma yo kumatana bari gutera akabariro

Babiri bahawe urwamenyo bavugirizwa akamo nyuma yo kumatana bari gutera akabariro

Editorial 01 May 2017
M23  yubuye imirwano muri Congo, abarwanyi bagera kuri 200  binjiye ku butaka bwa Congo

M23 yubuye imirwano muri Congo, abarwanyi bagera kuri 200 binjiye ku butaka bwa Congo

Editorial 16 Jan 2017
Turibuka n’Abatutsi bishwe mbere ya Mata 1994 – MINUBUMWE

Turibuka n’Abatutsi bishwe mbere ya Mata 1994 – MINUBUMWE

Editorial 07 Apr 2025
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru