• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»CHAN: Byinshi ku mukino wa nyuma w’amateka hagati ya RDC na Mali

CHAN: Byinshi ku mukino wa nyuma w’amateka hagati ya RDC na Mali

Editorial 07 Feb 2016 Mu Rwanda

Umukino wa nyuma w’igikombe cya Afurika ku bakinnyi bakina imbere mu bihugu byabo (CHAN) uraba kuri iki Cyumweru tariki 07 Gashyantare 2016 uhuze RDC na Mali kuri Stade Amahoro saa kumi n’ebyiri z’umugoroba.

Uyu mukino utoroshye utegerejwe n’abatari bake bitewe n’uburyo aya makipe yombi yagiye yigaragaza cyane agahigika ibigugu byahabwaga amahirwe yo kwegukana igikombe.

Inzira DR Congo yanyuzemo ngo igere ku mukino wa nyuma

-2017.jpg

Abafana ba Congo

RDC y’umutoza Frolent Ibenge yaje muri iri rushanwa ari imwe mu makipe yitezwe kuba yagera kure ariko abakunzi bayo batangiye kuyishyiraho akabazo ubwo yatsindwaga n’u Rwanda kimwe ku busa mu mukino wo kwitegura wabereye i Rubavu.

RDC imaze gutsindwa umukino umwe kuva irushanwa ryatangira. Yari mu itsinda B ryakiniraga i Huye, umukino wa mbere yatsinze Ethiopia ibitego bitatu ku busa, uwa kabiri inyagira Angola bine kuri bibiri naho mu mukino wa gatatu itsindwa na Cameroun ibitego bitatu kuri kimwe.

Muri ¼ RDC yazamutse mu itsinda ari iya kabiri ihura n’u Rwanda rwari rwabaye urwa mbere mu itsinda A maze irutsinda bigoranye ibitego bibiri kuri kimwe.

Muri ½ n’ubundi bigoranye, RDC yasezereye Guinea kuri penaliti nyuma y’uko iminota 90 yari yarangiye ari ubusa ku busa hakongerwaho 30 zikanganya kimwe kuri kimwe.

Inzira Mali yanyuzemo ngo igere ku mukino wa nyuma

Mali yari mu itsinda D ryakiniye i Rubavu. Mu mukino wa mbere yanganyije ibitego bibiri ku bindi na Uganda, mu wa kabiri itsinda Zimbabwe kimwe ku busa naho mu wa gatatu inganya na Zambia kimwe ku kindi.

Kimwe na RDC, Mali muri ¼ yazamutse ari iya kabiri mu itsinda D ihura na Tunisia yari yazamutse ari iya mbere mu itsinda C iyitsinda igitego kimwe ku busa.

Muri ½ Mali yihereranye Côte d’Ivoire iyitsinda igitego kimwe ku busa ihita ibona itike yo gukina umukino wa nyuma wa CHAN 2016.

Amateka n’ibigwi bya buri gihugu muri CHAN kuva yatangira muri 2009

Ku nshuro ya mbere CHAN ikinwa mu 2009 yabereye muri Côte d’Ivoire yegukanwa na RDC itsinze Ghana ku mukino wa nyuma ibitego bibiri ku busa.

Muri iyi CHAN yari yitabiriwe n’ibihugu umunani gusa, Mali ntayabashije no kubona itike yo kuyitabira.

Mu 2011, CHAN yabereye muri Sudani bwa mbere amakipe yavuye ku munani agera kuri 16. Mali yabonye itike yo gukina iri rushanwa ku nshuro ya mbere ariko RDC yari ifite igikombe nayo yari ihari.

Mali yari mu yagarukiye mu matsinda itabashije no gutsinda umukino n’umwe itahana inota rimwe n’umwenda w’ibitego bibiri.

Iki gihe Mali yari mu itsinda C hamwe na RDC, mu mukino wazihuje zanganyije igitego kimwe ku kindi.

RDC yarakomeje igera muri ¼ ariko isezererwa na Tunisia ku gitego kimwe ku busa. Icyo gihe Tunisia yarakomeje inegukana igikombe.

Muri 2014, CHAN yabereye muri Afurika y’Epfo. Ibi bihugu byombi byabonye itike yo kwitabira iyi mikino.

Mali yasoje imikino yo mu itsinda ari iya mbere iri imbere y’ibihangange nka Nigeria na Afurika y’Epfo yari yakiriye irushanwa.

RDC yari mu itsinda D izamuka ari iya kabiri ariko zose ntizarenze ¼ kuko Mali yatsinzwe na Zimbabwe kimwe ku busa na RDC itsindwa kimwe ku busa na Ghana.

Ba rutahizamu babo bahagaze gute muri iri rushanwa?

Ku ruhande rwa RDC abamaze kuyitsindira ibitego byinshi ni Meshak Elia na Bolingi bafite bibiri bibiri naho abandi barimo Luvumbu ugifite ikibazo cy’imvune, Gikanji, Lusadisu, Munganga, Bokadi, Mundele na Bompunga bafite kimwe kimwe.

Ku ruhande rwa Mali, bagiye batsinda igitego kimwe kimwe ariko harimo abakinnyi bakiri bato bagiye bigaragaza cyane barimo nka Koita, Sinayoko,Diarra n’abandi bagaragaje ubuhanga no kutananirwa na gato.

Abatoza batangaje iki?

-2015.jpg

Florent Ibenge ati “Tuzajya mu mukino gutwara igikombe. Twageze ku mukino wa nyuma nta kindi duhatanira ni igikombe. Twabikoranye ubwitonzi, intambwe ku ntambwe kurinda tugeze ku mukino wa nyuma. Ni ngombwa ko dukosora amakosa yagaragaye ku mukino uheruka, hari ibitaragenze neza. Imyiteguro ni myiza, turashaka igikombe.”

RDC izakina idafite myugariro Padou Bompunga ufite amakarita abiri y’imihondo, Luvumbu we aracyashidikanywaho niba azaba yakize.

Djirbil Drame utoza Mali ati “Twashakaga kugera muri ¼ . Niyo yari intego yacu tuva mu rugo. Ariko twageze kure kurushaho. Ibi ni inyongera, turagenda twitegure umukino wa nyuma.”

Uyu mukino ni umwe mu ikomeye kuko amakipe yombi yifuza gucyura iki gikombe kitarasigara na rimwe mu gihugu cyakiriye amarushanwa.

RDC irashaka icya kabiri ishyireho agahigo naho Mali irashaka icya mbere mu mateka yayo.

2016-02-07
Editorial

IZINDI NKURU

Amafoto: Yannick Mukunzi yakoranye imyitozo n’ikipe y’igihugu Amavubi ikomeje kwitegura imikino ibiri isoza iyo mu itsinda F ryo gushaka itike y’Igikombe cya Afurika cya 2021

Amafoto: Yannick Mukunzi yakoranye imyitozo n’ikipe y’igihugu Amavubi ikomeje kwitegura imikino ibiri isoza iyo mu itsinda F ryo gushaka itike y’Igikombe cya Afurika cya 2021

Editorial 20 Mar 2021
Kibeho: Amacumbi n’ibyo kurya  birabona umugabo bigasiba undi

Kibeho: Amacumbi n’ibyo kurya birabona umugabo bigasiba undi

Editorial 14 Aug 2017
Urubanza rw’ubujurire rwa Lt. Col. Rugigana uvukana na Kayumba Nyamwasa rwashyizwe mu muhezo

Urubanza rw’ubujurire rwa Lt. Col. Rugigana uvukana na Kayumba Nyamwasa rwashyizwe mu muhezo

Editorial 30 Apr 2018
Ingabo za Congo zataye muri yombi abarwanyi 12 ba FDLR

Ingabo za Congo zataye muri yombi abarwanyi 12 ba FDLR

Editorial 30 Aug 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Rwanda -Uganda: U Rwanda nk’akandi karere ka Uganda na RDF nka Diviziyo ya UPDF  [ Igice 3 ]
POLITIKI

Rwanda -Uganda: U Rwanda nk’akandi karere ka Uganda na RDF nka Diviziyo ya UPDF [ Igice 3 ]

Editorial 23 May 2019
Inama y’abaminisitiri yahagaritse ku mirimo abayobozi b’ikigo cy’igihugu giteza imbere Uburezi (REB)
INKURU NYAMUKURU

Inama y’abaminisitiri yahagaritse ku mirimo abayobozi b’ikigo cy’igihugu giteza imbere Uburezi (REB)

Editorial 12 Apr 2018
Gatsibo: Abacukura amabuye y’agaciro mu buryo bunyuranyije n’amategeko bari mu maboko ya Polisi
Mu Rwanda

Gatsibo: Abacukura amabuye y’agaciro mu buryo bunyuranyije n’amategeko bari mu maboko ya Polisi

Editorial 22 Jun 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru