• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»CMI na RNC bibasiye abayoboke b’Itorero ADEPR muri Uganda, banze kuyoboka umugambi wa Kayumba Nyamwasa

CMI na RNC bibasiye abayoboke b’Itorero ADEPR muri Uganda, banze kuyoboka umugambi wa Kayumba Nyamwasa

Editorial 14 May 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE, ITOHOZA

Umukuru w’urwego rushinzwe ubutasi mu ngabo za Uganda (CMI)  Brig. Gen. Abel Kandiho [ ibumoso ], ari nawe bwonko bwibasira ishimtwa ry’Abanyarwanda b’inzirakarengane, kugirango bakorerwe iyicarubozo, nkuko ubutegetsi bwa Museveni bubyifuza ndetse ari nayo politike ya RNC kandi bigaragara ko inkoramutima za RNC arizo zishinzwe iyi yicarubozo, n’ihatwa ry’ibibazo ku banyarwanda iyo bamaza kugezwa ku cyicaro gikuru cya CMI ahitwa Mbuya,” nkuko bitangazwa n’uwakorewe iyicarubozo aho Mbuya.

Abayobozi babiri  b’Itorero ADEPR muri Uganda, Hakizimana Bright na Nsabimana Moses – bombi bakaba ari Abanyarwanda ku Cyumweru bashimuswe n’abakozi b’urwego rushinzwe ubutasi mu ngabo za Uganda. Kugeza ubu, bakaba baraburiwe irengero n’ubwo intama zo mu Itorero bari babereye abayobozi bahangayikishijwe n’ibura ry’abo bashumba, banakeka ko bashobora kuba barimo gukorerwa iyicarubozo muri kasho za CMI zimeze nk’ubuvumo,  ahitwa Mbuya,ikicaro gikuru cya CMI.

Nk’uko Abayobozi ba  ADEPR IKigali babivuga, ngo ibibazo byatangiye kototera aba bashumba ahitwa Kibuye mu murwa mukuru wa Uganda Kampala, ubwo barimo kwitegurira kujya kubwiriza ubutumwa bwiza. “Amakuru twumvise n’uko ngo nyuma y’igihe gito cyane, Bright akimara kugera ku Rusengero, umupolisi nawe yahise ahagera ako kanya,” nkuko umushumba Karangwa John, umuvugizi wa ADEPR yabitangarije ku cyicaro gikuru IKigali.

Umushumba Karangwa avuga ko umupolisi yabwiye Umushumba Hakizimana Bright, mu kanwa ko nta nyandiko nimwe gusa ngo yarakenewe kuri sitasiyo ya Polisi Kibuye

Bityo ngo Hakizimana, umwe mu bagize komite mu Karere ka Kampala, nuko asaba Nsabimana Moses ko amuherekeza. Ubwo bahise binjira mu modoka y’umukirisitu wari waje gusenga n’uko ahita abaha lifuti

Ubwo bageraga yo, Hakizimana yabwiye uwari wabahaye lifuti gusubira ku Rusengero, mu rwego rwo kwanga kumubangamira.Mu kanya nkako guhumbya baje gutungurwa n’uko abapolisi baturutse muri ka biro kamabati gasa ukuntu, ari nako bababwira gufatana amaboko bahita babambika amapingu

Ntibigeze bababwira icyo  batigeze bakora, kandi baragombaga kuba barakoze.  Ntibigeze basomerwa ibyaha bacyekwagaho kuba barakoze. “Nta gisa n’ubutabera cyigeze gikorwa!” Umushumba Karangwa avuga ko amaze kumirwa n’intama ze, kubera  ibyo byose ngo yatangiye guhangayika, kandi ngo uko amasaha yagengaga yicuma, ninako barushagaho guhangayika, ari nako bashakishiriza kuri za sitasiyo za Polisi zinyuranye bityo ngo nibwo baje gufata umwanzuro wo kujya kubariza kuri sitasiyo.

Nyuma yo kubazwa n’abakirisitu inshuro nyinshi, kera kabaye umupolisi umwe agize ati,: “Ni CMI yadutegetse guhamagara Umushumba Bright; none se niba ari CMI ntimubona ko mwakabaye mubaza CMI!”

Hakizimana Bright ni Umushumba, akaba numwe mu bagize inama nyobozi ya ADEPR mu Karere  ka Kampala. Nsabimana ni Umudiyakoni, ushinzwe imicungire y’urusengero. “Akazi kacu muri Uganda, ndetse no mu bindi bihugu n’ukubwiriza ubutumwa bwiza ntakindi nabusa!” nk’uko bivugwa n’Umushumba Karangwa. “Turimo gushakisha Roho zazimiye gusa ngo tuzizahure, bityo zikagarukira Kristo. Ntabwo tuzi icyo CMI ishaka muri twe!”

Umushumba Karangwa akaba yavuze ko hamaze igihe hari ibibazo mu banyamuryango bo muri Uganda. Bityo rero kuba igikorwa cyo ku Cyumweru sicyo cyambere mu rwego rwa CMI ishimuta abayoboke ba ADEPR Ishami ryo muri Uganda.

Muri Werurwe uyu mwaka, Umukuru ku rwego rw’Akarere, Umushumba Ntakirutimana Theoneste yafashwe muri ubu buryo, bikorwa n’abakozi buru rwego hamwe n’undi Mukirisitu witwa, Cyusa Jean Paul.

Icyabaye rero kuri Ntakirutimana n’uko yahamagajwe na Polisi mu ntangiriro za Werurwe abwirwa ko, “agomba kugenda akazana inyandiko zose zerekeranye n’iyandikisha ry’Itorero!” Kandi bikaba byarabereye kuri sitasiyo imwe ya polisi naho ubu bafatiwe Kibuye. Ubwo yari akimara kuzana izo nyandiko, yategetswe kujya kuri sitasiyo ya Polisi ya Katwe.

Ubwo Ntakirutimana yegeraga kuri sitasiyo ya Katwe, agace karangwa n’akajagari ndetse n’urusaku rw’indengakamere ko muri Kampala, bahise bamwambura ibyangombwa. N’uko bahita ‘‘bajya mu gisa n’inama’’”, nyuma y’igihe kingana n’iminota mirongo itatu, bahise bagaruka. Umwe muri bo shishitabona yambika Umushumba Ntakirutimana amapingu!

Nkuko abivuga, “ haje imodoka itariho pulake, ifite ibirahure byijimye (fime) banzingazingiramo imodoka iragenda. Bankubise ikintu cy’uruziga ku mutwe n’uko imodoka yerecyeza ku cyicaro gikuru cya CMI Mbuya.”

Abasomyi b’inkuru zijyanye n’ishimutwa ry’Abanyarwanda bagifite ubugingo kuba bagihumeka, kuva mu buvumo bwa CMI Mbuya, bamaze kumenyera kubona bene ibi bikorwa by’iyicarubozo n’ifungwa rya hato na hato. Umushumba Ntakirutimana, ukimara kuva muri ayo menyo ya rubamba,  yamaze amezi abiri muri iyo nzira y’Umusaraba, kandi akaba yemeza ko yaje gufungwa kuko ari Umunyarwanda gusa.

Akaba avuga ko asizemo Abanyarwanda basaga ijana barimo gukorerwa iyicarubozo nizo nyangabirama z’abambari ba CMI. Ntakirutimana avuga ko ubwo bamushimutaga, bamushinjaga kuba intasi y’URwanda. Uyu mukozi w’Imana akaba avuga ko yatunguwe na bene ibyo birego bidafite ishingiro.

Umushumba  John mu kiganiro yagiranye n’imbuga nkoranyambaga yavuze ko bigaragara ko hari umuntu umwe muri Uganda ushishikajwe no gutembagaza Itorero rya ADEPR. Akaba yaragize ati,: “Ntawe utazi ko muri iyi minsi uburyo bworoshye bwo gushyira umunyarwanda mu makuba ko ari ukubwira CMI ko ari intasi y’URwanda! Ibyo nibyo barimo gukorera Abashumba bacu!”

Umushumba Ntakirutimana nk’uko abibona, ngo ni imigambi mibi cyane ku Banyarwanda kuko bigaragara nkaho Kayumba Nyamwasa na RNC ari bo bagena bakanategura ririya yicarubozo, ryibasira Abanyarwanda!” Avuga ko ngo ubwo babaga barimo kumukorera iyicarubozo, bamwe muri bo bavugaga Ikinyarwanda cyiza cyane. Ikinyarwanda gishoborwa kuvugwa gusa n’Umunyarwanda,” nkuko abishimangira.

Ubwo babaga barimo kumukubita avuga ko ngo babaga barimo kumubaza umurimo akorera guverinoma y’URwanda?

“Ninde ushyikiriza raporo Kigali?

“Hari Abanyarwanda basaga ijana muri kasho zimeze nk’u buvumo bwa Mbuya honyine,” nkuko bivugwa n’uwarokotse.

Amakuru Rushyashya yabashije kumenya ni uko muri iryo torero rya ADEPR ishami rya Uganda harimo ibice bibiri, igice kiyemeje gukorera Kayumba Nyamwasa na RNC , ari nacyo gitanga bagenzi babo banze kuyoboka uyu mugambi, ibi bikorwa ku bufatanye bwa Pasiteri Nyirigira Deo ufite urusengero ruri i Mbarara  rwitwa Agape.

Urusengero Agape rwa Pasiteri Deo Nyirigira rwahindutse ihuriro ry’ibikorwa bya RNC mu Burengerazuba bwa Uganda aho ibikorwa nyobokamana bihakorerwa mu rwego rwo guhisha umugambi w’ubukangurambaga no gushaka abajya muri uyu mutwe wa Kayumba Nyamwasa.

Uru rusengero ni hamwe mu hantu RNC ikorera ibikorwa byayo ishize amanga muri Uganda ishakisha abayoboke bayifasha mu mugambi wo guhungabanya umutekano w’u Rwanda, byose bigakorwa bihagarikiwe na Brig. Gen. Abel Kandiho uyobora Urwego rw’Ubutasi mu Ngabo za Uganda,CMI.

2019-05-14
Editorial

IZINDI NKURU

Ntacyo Komisiyo yacukumburaga ibibazo twarazwe n’ubukoloni bw’Ababiligi yari kugeraho, kandi igizwe n’abari ku isonga mu kugoreka amateka, nka Laure Uwase Nkundakozera

Ntacyo Komisiyo yacukumburaga ibibazo twarazwe n’ubukoloni bw’Ababiligi yari kugeraho, kandi igizwe n’abari ku isonga mu kugoreka amateka, nka Laure Uwase Nkundakozera

Editorial 20 Dec 2022
Ibyo Utamenye ku Buzima n’Imibereho ya Ruharwa Kabuga Felicien ndetse n’Abamukingiye Ikibaba mu Myaka 26 Ishize, Byashyizwe Hanze na Netflix

Ibyo Utamenye ku Buzima n’Imibereho ya Ruharwa Kabuga Felicien ndetse n’Abamukingiye Ikibaba mu Myaka 26 Ishize, Byashyizwe Hanze na Netflix

Editorial 06 Aug 2020
U Burundi bwasubije Congo abarwanyi 34 ba Mai-Mai bari barahahungiye imirwano

U Burundi bwasubije Congo abarwanyi 34 ba Mai-Mai bari barahahungiye imirwano

Editorial 03 Feb 2018
Finland – Urukiko rwanze kurekura Bazaramba wakatiwe Burundu

Finland – Urukiko rwanze kurekura Bazaramba wakatiwe Burundu

Editorial 05 Jan 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Rayon Sports yatakaje amanota i Rusizi mbere yo guhura na AS Kigali
IMIKINO

Rayon Sports yatakaje amanota i Rusizi mbere yo guhura na AS Kigali

Editorial 23 Oct 2016
Burundi: Utazi umwanzi acirira FDLR.
Amakuru

Burundi: Utazi umwanzi acirira FDLR.

Editorial 28 Sep 2024
Uretse isoni nke, Tewojeni Rudasingwa atinyuka ate kuvuga mu bantu, azi ubujura yasize akoze mu Rwanda? 
Amakuru

Uretse isoni nke, Tewojeni Rudasingwa atinyuka ate kuvuga mu bantu, azi ubujura yasize akoze mu Rwanda? 

Editorial 27 May 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru