• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»CNLG aravuga ko Amerika ari intangarugero igakebura u Buholandi bukinangira kohereza abakekwaho Jenoside

CNLG aravuga ko Amerika ari intangarugero igakebura u Buholandi bukinangira kohereza abakekwaho Jenoside

Editorial 29 Sep 2016 Mu Mahanga

Komisiyo y’Igihugu yo kurwanya Jenoside (CNLG), yashimye intambwe ishimishije mu butabera yatewe na Leta Zunze Ubumwe za Amerika (USA) yohereje Munyakazi Léopold mu Rwanda, inakangurira ibindi bihugu cyane cyane u Buholandi gukurikiza urwo rugero rwiza.

Itangazo rya CNLG ryo kuri uyu wa 29 Nzeri 2016, yavuze ko kuba Leta Zunze Ubumwe za Amerika zarahaye agaciro inyandiko y’u Rwanda igaragaza birambuye uruhare rwa Munyakazi Léopold muri Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse no kuyihakana, zikanemera ubusabe bwo kumwohereza mu Rwanda ari intambwe ikomeye ku butabera ibindi bihugu nabyo byagombye kureberaho.

Rivuga ko iyoherezwa mu Rwanda ry’abakekwaho ibyaha bya jenoside, ryerekana intambwe ikomeye ubutabera bw’u Rwanda bumaze gutera mu kubahiriza uburenganzira bw’ukekwaho icyaha bwo kujya imbere y’ubutabera butabogama, ndetse n’ubundi burenganzira bujyanye no kwiregura.

U Buholandi bwakebuwe

Iri tangazo ryashyizweho umukono n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa CNLG, Dr. Jean Damascene Bizimana, rivuga ko by’umwihariko iyoherezwa mu Rwanda rya Munyakazi Léopold ari uburyo bwo kwibutsa abayobozi b’u Buholandi ko bagomba gukurikiza uru rugero bakohereza mu Rwanda Mugimba Jean-Baptiste na Iyakaremye Jean Claude, bashinjwa icyaha cya jenoside.

-4201.jpg

Leoport Munyakazi

Muri Nyakanga uyu mwaka nibwo Urukiko rw’Ubujurire rwo mu Buholandi rwafashe icyemezo cyo kohereza Mugimba na Iyakaremye mu Rwanda ariko ishyirwa mu bikorwa ryacyo n’ubu rikomeje gutinzwa.

CNLG ivuga ko imiryango itandukanye ndetse n’abantu ku giti cyabo, cyane cyane abahakana Jenoside, bakomeje gusaba iburizwamo ry’icyo cyemezo.

Mugimba akekwaho gutegura no kugira uruhare mu iyicwa ry’Abatutsi benshi mu duce twa Nyamirambo na Nyarugenge, muri za Segiteri za Nyakabanda, Kimisigara, Biryogo ndetse n’ahandi muri Kigali.

Yafashwe tariki 23 Mutarama 2014, hakurikijwe impapuro zo gutabwa muri yombi zatanzwe n’u Rwanda tariki ya 22 Ugushyingo 2012.

Iyakaremye uzwi ku izina rya Nzinga, nawe yafashwe na Polisi y’u Buholandi kuva tariki 9 Nyakanga 2013 kubera impapuro zatanzwe n’u Rwanda. Akurikiranywe n’ubutabera kubera kuba yarayoboye Interahamwe mu iyicwa ry’Abatutsi bari bahungiye mu ishuri ry’imyuga rya Kicukiro (ETO).

CNLG isanga nta rwitwazo ruhari

CNLG ishingira ku butabera butabogama n’iyubahirizwa ry’uburenganzira bw’aboherejwe n’ibindi bihugu ngo baburanire mu Rwanda, igasanga nta mpamvu n’abandi batakoherezwa.

Ivuga ko ababa mu bihugu by’amahanga bakunze kubeshya ko bakurikiranywe kubera impamvu za politiki cyangwa se ubwoko bwabo, ayo aba ari amatakirangoyi n’ikinyoma bigamije kuyobya ubutabera kugira ngo ibihugu barimo bireke kubohereza kubazwa uruhare rwabo muri Jenoside.

Iri tangazo rigaruka ku bihugu byanga kohereza abakekwaho ibyaha bya Jenoside, rikavuga ko nta ngingo n’imwe y’ubutabera iba yubahirijwe kuko biba byirengagije ko ubusabe bw’u Rwanda bwubahirije amateko.

-4200.jpg

Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa CNLG, Dr. Bizimana Jean Damascène

Rigira riti ‘Gukomeza kwanga kohereza mu Rwanda abakekwaho ibyaha bya jenoside bikorwa n’ibihugu bimwe nk’u Bufaransa, nta ngingo n’imwe igaragara y’ubutabera bishingiyeho. Ibyo ni ugupfobya ku buryo butaziguye Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda.”

Abamaze koherezwa kuburanira mu Rwanda ibyaha bya Jenoside bakekwaho

Urukiko Mpanabyaha Mpuzamahanga rwashyiriweho u Rwanda rwohereje Munyagishari Bernard, Uwinkindi Jean na Ntaganzwa Ladislas, Canada yohereje Mugesera Léon; Norvège yohereza Bandora Charles naho Danemark yohereza Mbarushimana Emmanuel. Urukiko rw’uburenganzira bwa muntu rw’Ibihugu by’Iburayi rwafashe icyemezo ndakuka gisaba igihugu cya Danemark kohereza Sylvere Ahorugeze mu Rwanda.

2016-09-29
Editorial

IZINDI NKURU

Abakozi b’Ishuri rikuru ry’Ubumenyingiro ryo mu ntara y’Uburengerazuba bahawe ubumenyi ku kurwanya inkongi z’imiriro

Abakozi b’Ishuri rikuru ry’Ubumenyingiro ryo mu ntara y’Uburengerazuba bahawe ubumenyi ku kurwanya inkongi z’imiriro

Editorial 20 Jan 2016
Karongi : Hangijwe litiro 660 z’inzoga itemewe

Karongi : Hangijwe litiro 660 z’inzoga itemewe

Editorial 20 Aug 2016
Ntibitangaje kuba abajenosideri n’abana babo bifuza ko “IBUKA-MEMOIRE ET JUSTICE” isenyuka, kuko uyu muryango ubambika ubusa mu ruhame

Ntibitangaje kuba abajenosideri n’abana babo bifuza ko “IBUKA-MEMOIRE ET JUSTICE” isenyuka, kuko uyu muryango ubambika ubusa mu ruhame

Editorial 03 Dec 2021
Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi

Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi

Editorial 29 Dec 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

U Rwanda rwahawe na Banki y’Isi inguzanyo ya miliyoni 120 z’amadolari y’Amerika
Mu Rwanda

U Rwanda rwahawe na Banki y’Isi inguzanyo ya miliyoni 120 z’amadolari y’Amerika

Editorial 17 Jul 2017
Kwiyamamariza kuyobora OIF kwa Mushikiwabo bisobanuye iki ku Rwanda mu mubano n’u Bufaransa?
POLITIKI

Kwiyamamariza kuyobora OIF kwa Mushikiwabo bisobanuye iki ku Rwanda mu mubano n’u Bufaransa?

Editorial 21 May 2018
Tanzania: Depite Tundu Lisu yarasiwe iwe  bikekwa ko yaba yazize  kumena  ibanga
ITOHOZA

Tanzania: Depite Tundu Lisu yarasiwe iwe bikekwa ko yaba yazize kumena ibanga

Editorial 08 Sep 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru