• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR iracyari ihurizo rikomeye ku mutekano w’u Rwanda   |   17 Jun 2025

  • Munezero Valentine afatanyije na Mukandayisenga Benitha begukanye irushanwa rya Beach Volleyball   |   16 Jun 2025

  • APR BBC yabaye ikipe ya mbere mu Rwanda igeze ku mwanya wa Gatatu mu irushanwa rya Basketball Africa League (BAL)   |   13 Jun 2025

  • Ububirigi, ibere ritindi ryonsa imitwe yo guhungabanya umutekano w’u Rwanda     |   12 Jun 2025

  • Burundi: Ntagitunguranye CNDD-FDD yihaye imyanya yose mu matora atarimo abo bari bahanganye   |   12 Jun 2025

  • Wisunga umugabo mbwa mugakubitirwa hamwe, bizwi na Frank Ntwali nyuma yo kwisunga Kayumba Nyamwasa   |   11 Jun 2025

 
You are at :Home»ITOHOZA»CNLG yamaganye abitwaza gufasha abarokotse Jenoside mu nyungu zabo bagasabiriza

CNLG yamaganye abitwaza gufasha abarokotse Jenoside mu nyungu zabo bagasabiriza

Editorial 11 Apr 2018 ITOHOZA

Komisiyo y’Igihugu yo Kurwanya Jenoside (CNLG), yamaganye abantu bitwaza ko bari gushakisha inkunga yo gufasha abarokotse Jenoside yakorewe abatutsi mu nyungu zabo bwite, bagakora ibikorwa bigayitse kandi bibatesha agaciro birimo gusabiriza no kuyibeshyera ko bari gukorana na yo.

Byatangajwe n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa CNLG, Dr Bizimana Jean Damascène, kuri uyu wa Kabiri, ubwo yatangaga ikiganiro ku Biro Bikuru bya Polisi, mu muhango wo kwibuka ku nshuro ya 24, Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994.

Dr Bizimana yasubizaga umupolisi wari umubajije ibijyanye n’itangazo CNLG yanyujije ku mbuga nkoranyambaga ryamagana umunyamideli Bashabe Catherine[Kate] umaze iminsi akora ubukangurambaga yise ‘Kabash Cares’ bwo gukusanya inkunga yo gufasha abarokotse Jenoside batishoboye yavugaga ko afatanyije na CNLG.Résultat de recherche d'images pour "Kate bashabe"

Dr Bizimana yavuze ko mu gihe cyo kwibuka hari abantu batandukanye basaba uburenganzira bwo gukora imipira, ingofero n’ibindi biriho ikirango cyo kwibuka Jenoside yakorewe abatutsi bakabigurisha kandi ko byemewe, mu rwego rwo gufasha abihangira imirimo.

Dr Bizimana yakomeje yamagana ababikoresha mu buryo bunyuranyije n’ubwemewe.

Yagize ati “Hari abantu bamwe babikoresha bashaka kubona abaguzi benshi bakavuga bati ‘twabyumvikanyeho na CNLG kandi amafaranga azava muri ibi bintu tugurishije, azajya gufasha abacitse ku icumu rya Jenoside. Aha niho tutemera kuko si byo. Nta wukwiye kwitwaza ko hari abacitse ku icumu rya Jenoside bakeneye gufashwa kugira ngo ajye gukora ubucuruzi abitwaje.”

“Niba ari ushaka kubafasha, rwose yabafasha ariko kubavanamo amafaranga ubitwaje, urumva harimo no kutabubaha no kubatesha agaciro. Ikindi harimo no kunyuranya n’amabwiriza ya Leta n’amategeko kuko yashyizeho inzego n’uburyo bwo gufasha by’umwihariko abacitse ku icumu rya Jenoside batishoboye.”

Bumwe muri ubwo buryo harimo nk’ikigega FARG, gihabwa ubushobozi na Leta kandi kikabafasha mu buryo buzwi.

Bizimana asanga abitwaza ko bari gukusanya iyo nkunga kandi nta muntu n’umwe uzagenzura ingano y’amafaranga bakuyemo bidakwiye.

Yagize ati “Nta n’uzagenzura amafaranga yakuyemo uko angana ngo amenye niba azajya gufasha abo bantu koko. Murumva ibyo tugiye kubyemera, twaba turimo dukora ikintu kitari cyo. Icyo rero ni cyo twaganiriye n’inzego zindi zirimo Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu, dusanga uwo muntu avuga ko akora atyo, kuko yari yabishyize ku mbuga nkoranyambaga, natwe tubishyiraho dusobanura uko ibintu byagakwiye gukorwa. Abikorera bakwiye gukora ariko nta kwitwaza abacitse ku icumu cyangwa kubasabisha.”

Ibi kandi byuzuzanya n’umurongo Leta y’u Rwanda yashyizeho mu 2016, wo gukuraho icyitwaga agaseke, wasangaga abantu bagiye mu biganiro byo kwibuka Jenoside yakorewe abatutsi, bamwe mu bayobozi bagasaba buri muturage kugira amafaranga ashyiramo, bigatera ibibazo, bigatuma udafite ayo mafaranga atinya kujyayo, Leta yanzura ko iyo mfashanyo izajya itangwa ku bushake bw’uwagiye mu biganiro.

Ikiganiro cyabereye ku cyicaro gikuru cya Polisi ku Kacyiru

Amafoto : IGIHE

 

2018-04-11
Editorial

IZINDI NKURU

Umunyarwanda wabaga muri Canada yaguye muri Turikiya agana i Kigali

Umunyarwanda wabaga muri Canada yaguye muri Turikiya agana i Kigali

Editorial 17 Oct 2018
Ibizamini  ( Autopsie ) byagaragaje ko Umunyemari Makuza yahitanwe n’indwara y’umwijima

Ibizamini ( Autopsie ) byagaragaje ko Umunyemari Makuza yahitanwe n’indwara y’umwijima

Editorial 09 Nov 2016
Perezida Kagame n’igisirikare bafitiwe icyizere kiri hejuru cyane n’abaturage – Ubushakashatsi

Perezida Kagame n’igisirikare bafitiwe icyizere kiri hejuru cyane n’abaturage – Ubushakashatsi

Editorial 15 Nov 2016
Urukiko Ruzemeza Aho Umugogo w’Umwami Kigeli V Uzatabarizwa

Urukiko Ruzemeza Aho Umugogo w’Umwami Kigeli V Uzatabarizwa

Editorial 28 Nov 2016
Umunyarwanda wabaga muri Canada yaguye muri Turikiya agana i Kigali

Umunyarwanda wabaga muri Canada yaguye muri Turikiya agana i Kigali

Editorial 17 Oct 2018
Ibizamini  ( Autopsie ) byagaragaje ko Umunyemari Makuza yahitanwe n’indwara y’umwijima

Ibizamini ( Autopsie ) byagaragaje ko Umunyemari Makuza yahitanwe n’indwara y’umwijima

Editorial 09 Nov 2016
Perezida Kagame n’igisirikare bafitiwe icyizere kiri hejuru cyane n’abaturage – Ubushakashatsi

Perezida Kagame n’igisirikare bafitiwe icyizere kiri hejuru cyane n’abaturage – Ubushakashatsi

Editorial 15 Nov 2016
Urukiko Ruzemeza Aho Umugogo w’Umwami Kigeli V Uzatabarizwa

Urukiko Ruzemeza Aho Umugogo w’Umwami Kigeli V Uzatabarizwa

Editorial 28 Nov 2016
Umunyarwanda wabaga muri Canada yaguye muri Turikiya agana i Kigali

Umunyarwanda wabaga muri Canada yaguye muri Turikiya agana i Kigali

Editorial 17 Oct 2018
Ibizamini  ( Autopsie ) byagaragaje ko Umunyemari Makuza yahitanwe n’indwara y’umwijima

Ibizamini ( Autopsie ) byagaragaje ko Umunyemari Makuza yahitanwe n’indwara y’umwijima

Editorial 09 Nov 2016
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru