• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bayaherewe mu Rwambariro, Rayon Sports yakiriye amafaranga nyuma yo gushimangira umwanya wa mbere   |   09 May 2025

  • Gukura no Kubaho kwanjye byose bishingiye ku cyerekezo cya Nyakubahwa Perezida Paul Kagame – Knowless   |   08 May 2025

  • Ntacyasaza Turahirwa Moses cyatuma Urumogi Rumushora mu Kiguri cy’Urwango   |   06 May 2025

  • Eric Bagiruwusa yashinze YouTube Channel ishinzwe ubuvugizi mu gushishikariza gusubirishamo imanza z’abajenosideri n’abarwanya ubutegetsi   |   05 May 2025

  • Nyuma y’imyaka 8, APR FC yegukanye igikombe cy’Amahoro 2025 itsinze Rayon Sports 2-0   |   04 May 2025

  • APR FC na Rayon Sports zabonye itike yo gukina imikino Nyafurika zizahurira ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro 2025   |   01 May 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»COVID-19 : Umuhinde ukorera RNC Anjan Sundaram, David Himbara na Patrick Habamenshi bararimbanije mu guharabika u Rwanda
Anjan Sundaram, David Himbara na Patrick Habamenshi

COVID-19 : Umuhinde ukorera RNC Anjan Sundaram, David Himbara na Patrick Habamenshi bararimbanije mu guharabika u Rwanda

Editorial 08 Apr 2020 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE, ITOHOZA

Mu gihe isi yose yugarijwe  n’icyorezo cya Virusi ya Corona giteye inkeke kikaba cyarahungabanyije ibihugu byose, Umubare w’abanduye icyorezo cya COVID-19 giterwa na Coronavirus mu Rwanda wagumye ku 105, mu gihe abandi bantu batatu basezerewe mu bitaro, bituma umubare w’abamaze gukira ugera kuri barindwi.

Ku wa 5 Mata 2020 nibwo abantu bane ba mbere barimo Abanyarwanda batatu n’Umurundi umwe basezerewe aho bari barwariye mu Kigo Nderabuzima cya Kanyinya, nyuma yo gusuzumwa ibipimo bikerekana ko nta bwandu bagifite.

Abasezerewe mu bitaro ku Cyumweru basohotse bagaragara ko bameze neza ku maso, bipfutse udupfukamunwa nka bumwe mu buryo bwo kwirinda.

Ariko abanzi b’igihugu ndetse n’abandi bafite imitekereze mibi ya politiki  barimo David Himbara na Patrick Habamenshi wigeze kuba Minisitiri w’ubuhinzi n’ubworozi, uyu akaba ari umuhungu wa Habamenshi wari Ambasaderi muri Leta ya Habyarimana n’abandi nkabo babarizwa mu mashyaka atandukanye yitwa ko ari muri Opposition, arwanya leta y’u Rwanda bakomeje guhonda agatoki ku kandi kuva Minisitireri y’ubuzima itangaje ku mugaragaro ko abantu batatu basezerewe mu bitaro.

Aba ni nako  barimo gukoresha abanyamahanga bahabwa amafaranga na Rujugiro biciye muri David Himbara  guharabika  u Rwanda, muri abo harimo Umunyamakuru Anjan Sundaram ukomoka mu buhinde uyu akaba yarinjiye muri RNC nyuma yo kuva mu Rwanda  yubikiwe imbehe, akaba yarabaye mu Rwanda, akorera Internews I Kigali, uyu mushinga ukaza gufungwa,  Sundaram na Nathalie Blaquiere, bakoranaga muri uyu mushinga babana mu nzu imwe nk’ umugore  n’umugabo kuko  Sundaram yari yarinjiye uyu mugore w’umukecuru w’imyaka isaga 60 wari umuyobozi wa Internews/EU bombi bakoreraga, yaje guhagarikirwa inkunga n’imiryango yabafashaga kubera kudakoresha neza amafaranga bahabwaga no kubera gutangaza amakuru yibinyoma ku Rwanda, uyu  Anjan Sundaram nyuma y’uko ava mu Rwanda yahise yandika  igitabo giharabika u Rwanda yise: Bad News: Last Journalists in a Dictatorship (mu cyongereza), Bad News – Derniers journalistes sous une dictature (mu gifaransa), yafatanyije kwandika n’uwahoze ari Umunyamakuru w’umuseso witwa Nsabimana Alphonse uba mu gihugu cy’Ubufaransa.

Amakuru azwi neza ni uko akorana n’abarwanya Leta y’Urwanda cyane cyane Paul Rusesabagina ndetse na RNC.Niwe ukora ubuhuza hagati y’abarwanya Leta y’U Rwanda ndetse kubufatanye na Anjan Sundaram  akabahuza n’itangazamakuru rinyuranye. Ahora mu ngendo mu bihugu by’uburayi ndetse n’Afurika aho aba agiye guhura n’abo bose batifuriza igihugu cyacu icyiza.

Kuri uyu wa kabiri tariki ya 7 Mata 2020, Anjan Sundaram yongeye gukora u Rwanda mu jisho, akoresheje urubuga nkoranyambaga rwa twitter yatangaje ko muri iki cyumweru inshuti ye y’umunyarwanda yitabye Imana iri mu Rwanda izize COVID-19.  Ariko ngo abayobozi b’u Rwanda bavuga ko yazize indwara y’umutima, nyamara ngo umuntu wageze ku murambo mbere yashyizwe mu kato k’iminsi 14. Anjan Sundaram agira ati: “Uku niko abategetsi b’igitugu bacunga imibare y’abahitanwa na Coronavirus”

Niba koko iyi nshuti ya Anjan Sundaram yarahitanywe na COVID-19 bikagirwa ibanga, ese ntigira imyirondoro ye ndetse n’umuryango ikomokamo ngo babe baravuze ukuri kuri ibi byabaye n’igihe uwo muntu yaba yarashyinguriwe. Nyamara uriya Sundaram avuga ni umu DJ uherutse kwicwa n’Umutima. Iyi Propaganda ye turayimenyereye.

Abazi neza uyu muhinde babwiye Rushyashya ko kuva yava mu Rwanda yubikiwe imbehe aho yari yungirije umugore bakoranaga muri Internews, witwa Nathalie Blaquiere akaba yari n’umwinjira murugo Nathalie Blaquiere, bombi  bamye ari abantu bashishikajwe no kumva inkuru mbi ku Rwanda.

Anjan Sundaram na Nathalie Blaquiere

“Bad News: Last Journalists in a Dictatorship ”  Sam Gody Nshimiyimana, umunyamakuru umaze igihe kirekire mu itangazamakuru ryo mu Rwanda ni we wibanzweho cyane muri iki gitabo yanahawemo akabyiniriro ka Moses. Avuga ko ibyanditswe na Sundaram ari ibinyoma bisa, akurikije uko amuzi nk’umuntu bakoranye igihe kigera ku myaka itatu.

Anjan Sundam yakoranye bya bugufi cyane na Sam Gody Nshimiyimana mu mushinga wahoze ukorera mu Rwanda witwa Internews/EU waterwaga inkunga na DFID ndetse n’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi, wibandaga mu bikorwa byo guhugura abanyamakuru.

Mu gitekerezo Sam Gody yanyujije mu kinyamakuru Rwanda Focus [ kitarafunga ] avuga ko Sundaram n’umugore we Nathalie Blaquiere bakoraga iyo bwabaga kugira bagaragaze isura itari nziza y’u Rwanda, dore ko ngo Anjan Sundam  yajyaga akora inkuru akazohereza ku binyamakuru bitandukanye byo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika nka The New York Times na Associated Press, Ibiro Ntaramakuru by’Abanyamerika. Aha hose ngo zaragurwaga.

Iteka ngo Sam Gody mu gihe yamaranye na Sundaram yamusobanuriraga ibivugwa ku itangazamakuru ryo mu Rwanda, ahanini ku binyoma by’uko hari abanyamakuru baterwa ubwoba bigatuma badakora umwuga wabo neza.

Nyamara uyu mwanditsi ukomoka mu Buhinde mu gitabo cye cyakirijwe yombi n’ibitangazamakuru byo mu mahanga, cyane ibikunze kurangwa n’umurongo udacira akari urutega u Rwanda, avuga ko ngo guverinoma y’u Rwanda itajya yemera abantu bayinenga ariyo mpamvu ababigerageje b’abanyamakuru bakumirirwa kure.

Kuri ibi, Sam Gody avuga ko atari ukuri, kuko Sundaram nk’umuntu wamaze igihe kinini mu Rwanda azi ukuri kw’ibintu byose kuko bajyaga babiganiraho bombi ndetse bakanabiganiriza abanyeshuri bigishaga kugira ngo batagenda buhumyi.

Ibimenyetso bigaragaza urwango rukomeye ku Rwanda

Muri uyu mushinga Internews/EU, ubusumbane mu mikorere ahanini bigendeye ku itangwa ry’imishahara nabyo ni kimwe mu bibazo byagaragaye bikanashimangira urwango Anjan Sundaram n’umugore we bari bafitiye u Rwanda.

Sam Gody wabaye muri ubwo buribwe yabisobanuye agira ati “Yatangaga [umugore wa Sundaram] umushahara agendeye ku bwenegihugu. Yavugaga ko azi muri twe Umuhutu cyangwa Umututsi, n’ubwo Abanyarwanda batakigira imyumvire ishingiye ku moko. Yagendaga kenshi mu mujyi wa Kigali kuri Moto, agakunda kuvuga ko iki gihugu cyuzuyemo abagome.”

Anjan Sundaram, ngo nk’umuntu wamaze imyaka irenga itatu mu Rwanda kandi abana n’itangazamakuru, azi neza ko ikibazo cy’abanyamakuru atari uguterwa ubwoba, n’ababufite ko ari bo babwiteramo.

Ahubwo ngo ikibazo gishingiye ku mikoro kuko ariyo atuma abantu bava mu itangazamakuru bagahitamo kujya kuba abavugizi b’ibigo, aho bazasanga umushahara uzabatunga.

Sundaram wavutse mu 1985 yavuye mu Rwanda mu Ukuboza 2013 ahamaze imyaka igera kuri itanu.

Sam Gody avuga ko Anjan Sundaram yanditse igitabo giharabika u Rwanda abizi neza kubera kwishakira amaronko kuko ngo ashaka kwereka bene wabo b’Abahinde ko ubukire butava mu bucuruzi gusa.

Umunyamakuru Anjan Sundaram wanditse igitabo Bad News: Last Journalists in a Dictatorship
2020-04-08
Editorial

IZINDI NKURU

U Buhinde: Abanyeshuri 3 ba kaminuza barimo Umunyarwanda batawe muri yombi n’igipolisi

U Buhinde: Abanyeshuri 3 ba kaminuza barimo Umunyarwanda batawe muri yombi n’igipolisi

Editorial 01 Oct 2017
Inyeshyamba za FLN zongeye kwiyahura zigaba agatero-shuma mu Rwanda, ebyiri zihasiga ubuzima.

Inyeshyamba za FLN zongeye kwiyahura zigaba agatero-shuma mu Rwanda, ebyiri zihasiga ubuzima.

Editorial 24 May 2021
Inkoni y’Umwana ishira Dondi Dondi : Abandi bapasiteri 3 ba Zion Temple basezeye kuri Apotre Gitwaza, amaherezo ni ayahe?

Inkoni y’Umwana ishira Dondi Dondi : Abandi bapasiteri 3 ba Zion Temple basezeye kuri Apotre Gitwaza, amaherezo ni ayahe?

Editorial 26 May 2017
Uganda: Ubuyobozi bw’agace ka Kisoro bwashyizeho bariyeri zo gushakisha abanyarwanda

Uganda: Ubuyobozi bw’agace ka Kisoro bwashyizeho bariyeri zo gushakisha abanyarwanda

Editorial 01 Mar 2019
U Buhinde: Abanyeshuri 3 ba kaminuza barimo Umunyarwanda batawe muri yombi n’igipolisi

U Buhinde: Abanyeshuri 3 ba kaminuza barimo Umunyarwanda batawe muri yombi n’igipolisi

Editorial 01 Oct 2017
Inyeshyamba za FLN zongeye kwiyahura zigaba agatero-shuma mu Rwanda, ebyiri zihasiga ubuzima.

Inyeshyamba za FLN zongeye kwiyahura zigaba agatero-shuma mu Rwanda, ebyiri zihasiga ubuzima.

Editorial 24 May 2021
Inkoni y’Umwana ishira Dondi Dondi : Abandi bapasiteri 3 ba Zion Temple basezeye kuri Apotre Gitwaza, amaherezo ni ayahe?

Inkoni y’Umwana ishira Dondi Dondi : Abandi bapasiteri 3 ba Zion Temple basezeye kuri Apotre Gitwaza, amaherezo ni ayahe?

Editorial 26 May 2017
Uganda: Ubuyobozi bw’agace ka Kisoro bwashyizeho bariyeri zo gushakisha abanyarwanda

Uganda: Ubuyobozi bw’agace ka Kisoro bwashyizeho bariyeri zo gushakisha abanyarwanda

Editorial 01 Mar 2019
U Buhinde: Abanyeshuri 3 ba kaminuza barimo Umunyarwanda batawe muri yombi n’igipolisi

U Buhinde: Abanyeshuri 3 ba kaminuza barimo Umunyarwanda batawe muri yombi n’igipolisi

Editorial 01 Oct 2017
Inyeshyamba za FLN zongeye kwiyahura zigaba agatero-shuma mu Rwanda, ebyiri zihasiga ubuzima.

Inyeshyamba za FLN zongeye kwiyahura zigaba agatero-shuma mu Rwanda, ebyiri zihasiga ubuzima.

Editorial 24 May 2021
prev
next

Igitekerezo kimwe

  1. Alex
    April 8, 202011:12 am -

    Iki kigiryi cy’umuhinde se cyasubiye guca inshuro mu buhinde uko u Rwanda ari urw’abanyarwanda n’inshuti zarwo arahunahuna iki ku Rwanda.

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024
Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

18 Jun 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru